Abasore batatu bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bateranye ibyuma barwanira umukobwa babiri barahagwa undi arwariye mu bitaro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwafashe icyemezo cyo guca amagare mu mujyi rwagati wa Nyamata mu rwego rwo kugabanya impanuka ayo magare yatezaga. Abanyonzi beretswe izindi nzira n’amaseta bazajya bakoresha kugira umwuga wabo wo gutwara abantu n’ibintu ukomeze.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ifite numero RAB 903 J yuzuye ibiti by’umushikiri bakunze kwitwa kabaruka.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera, imaze guta muri yombi abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umusaza witwa Baziga Paul w’imyaka 60.
Abana babiri bo mu mudugudu wa Nyamigende mu kagari ka Juru mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera bitabye Imana barohamye mu ruzi rw’Akagera, ubwo barimo kuroba amafi.
Mu mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Mbyo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Baziga Paul w’imyaka 60 wishwe n’abantu bataramenyekana barangije baramutwika.
Ntamugabumwe Faustin wo mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera avuga ko nyuma yo guhabwa amasomo mu gihe gito yo guhanga umurimo no kuwumbatira ndetse no kwibumbira mu matsinda y’ubufatanye mu kubitsa no kugurizanya, ubu amaze kugera mu rwego rwo guha bagenzi babo akazi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera burasaba abaturage bajya gushaka amazi mu biyaga ko bagomba kwitondera ingona zibamo kugirango zitabavutsa ubuzima bwabo.
Umugabo witwa Niyoyita Adam yafatiwe mu cyuho agerageza kwiba agasanduku gashyirwamo amafaranga y’inkunga yo gufasha ibikorwa bikorerwa ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera batashye ku mugaragaro inzu eshatu za SACCO zo mu mirenge ya Nyamata, Gashora na Musenyi, zubatswe ku nkunga y’abaturage n’akarere. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 19/07/2013.
Abaturage batuye akarere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bwabo ko bwabagoboka bugakorana n’ikigo gishinzwe amashanyarazi, amazi isuku n’isukura (EWSA) maze bagakemurirwa ikibazo bafite cyo kubura amazi.
Abanyeshuri bo mu bigo by’amashuri abanza byo mu kagari ka Shami na Kagasa mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera barahabwa ibiganiro bijyanye no kwirinda indwara zikomoka ku isuku nke, ibyo bikaba biterwa nuko muri ako gace hari imwe muri iyo miryango igaragaramo izo ndwara.
Ikigega cyitiriwe Gasore Serges cyateguye isiganwa ku maguru mu bana bakiri batoya bo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Umugore witwa Mushimiyimana Goreth afite ikibazo cyo kumenya aho akomoka nyuma y’uko umuryango we uhungiye muri Tanzaniya mu mwaka wa 1994 akaza guhunguka nyuma y’imyaka 19.
Umukecuru w’inshike witwa Mukaremera Marie Therese wo mu kagari ka Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera arishimira ko agiye kubona icumbi ryo kubamo nyuma y’uko ntaho yagiraga ahubwo yirirwaga asembera mu baturanyi be.
Abarimu bo mu karere ka Bugesera barishimira uburyo bashyiriweho bwo kwigisha ururimi rw’Ikinyarwanda hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefoni zigendandwa.
Urubyiruko rwo mu mujyi wa Nyamata rubifashijwemo n’ikigo cy’urubyiruko cya Bugesera rwahuriye mu marushanwa yo kwidagadura, hanaremerwa bamwe muri rwo bari barangije inyigisho z’imyuga y’ubudozi no gutunganya imisatsi.
Urubyiruko rutuye mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera rubabajwe cyane n’uko rwegeranye n’ikigo cyigisha imyuga ariko rukaba rutagifiteho uburenganzira bwo kuhiga bityo rukaba rusaba ko rwafashwa kuhiga.
Abayobozi ba za Farumasi z’uturere tugize u Rwanda tariki ya 29 Kamena 2013, boroje inka 2 umusaza n’umukecuru barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Koperative yo kubitsa no kuguriza Duterimbere-COPEDU Ltd, tariki 29/06/2013, yahaye abapfakazi inka eshanu zifite agaciro ka miliyoni hafi eshatu z’amafaranga y’u Rwanda bo mu Murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Masake Bernard utuye mu kagari ka Kanazi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, ari mu gahinda kenshi nyuma yaho bamwe mu nsoresore bamwadukiriye maze bakamukubita ndetse bagatera inka ye amabuye igakomereka.
Itsinda ry’abashashatsi ryakoze inyigo ku byateza imbere akarere ka Bugesera riratangaza ko muri ako karere hagaragara amahirwe menshi y’ubukungu, ku buryo aramutse yitaweho akabyazwa umusaruro yageza abaturage ku ntambwe ikataje y’ubukungu.
Abanyeshuri bo mu ishuri IPRC (Integrated Polytechnic Regional Center) ryahoze ryitwa ETO Kicukiro bateye inkunga y’imyenda n’inkweto zo kwambara abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Kanazi mu karere ka Bugesera.
Amarebe ntikikiri icyatsi gihangayikishije abaturage bo mu karere ka Bugesera baturiye ibiyaga kuko ubu ahubwo icyari ikibazo kuri ubu gisigaye ari igisubizo kuribo.
Umugabo witwa Ndimurwango Alphonse yatewe icyuma n’uwitwa Izagirukwayo amuhoye kuba yaranze ko acururiza kanyanga mu kabari ke kari mu gasantere ka Nkanika mu Mudugudu wa Karambo, Akagari ka Gakamba, Umurenge wa Mayange akarere ka Bugesera.
Abanyeshuri b’urwunge rw’amashuri rwa Ririma mu karere ka Bugesera barishimira amazi meza bagejejweho n’umushinga Water Breeze kuko ubundi mbere bavomaga amazi mabi y’ibiyaga, kandi bakaba bashoboraga no guhura n’impanuka zo kuribwa n’ingona ziba muri ibyo biyaga bajya gushaka amazi.
Ntarwanda Jean Baptiste utuye mu mudugudu wa Nyamata I mu kagari ka Nyamata-Ville mu murenge wa Nyamata ahangayikishijwe n’umwobo w’ubwiherero waridukiye mu marembo ye, ubu akaba atabona aho anyura ajya cyangwa ava mu rugo iwe.
Abaturage batuye mu gasanteri kitwa Rond Point ko mu Karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’akarere n’ubwa EWSA kubagezaho umuriro w’amashanyarazi kuko ari mu bizatuma babasha gutera imbere.
Abana bo mu karere ka Bugesera barasaba ababyeyi babo kubarinda ihohoterwa iryo ari ryo ryose n’imirimo ivunanye ikoreshwa abana. Ibyo byatangajwe kuwa 15/6/2013 mu kwizihiza umunsi wahariwe umwana w’Umunyafurika.
Imiryango 180 ituye mu Mudugudu w’Ubuhoro wubatswe n’Umuryango Benimpuhwe mu murenge wa Rilima, batangaza ko ubu batakwibarira mu bakene, kuko batagifite ikibazo cy’imiturire ndetse n’icy’ubuzima busanzwe.