Ubuyobozi bw’itorero ry’abapentekote mu Rwanda (ADEPR) buratangaza ko amakimbirane yigeze kuranga iryo torero mu myaka yashize atazongera kubaho kuko hafashwe ingamba mu kuyakumira, zirimo kwimakaza imiyoborere myiza.
Abaturage bo mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera ku mugoroba wo kuwa 07/06/2013 bakoze urugendo rugana ku gishanga gikikije Akagera mu rwego rwo kwibuka Abatutsi biciwe muri icyo gishanga, abandi bakarohwa mu mugezi w’Akagera mu gihe cya Jenoside.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rweru mu karere ka Bugesera buratangaza ko ikibazo cy’urugomo giterwa n’intaragahanga cyahagurukiwe n’inzego z’umutekano, ku buryo hari icyizere ko nta muturage uzongera guhohoterwa n’abo banyarugomo.
Imibiri y’abantu umunani bishwe muri Jenoside yabonetse mu cyobo kiri hafi y’umupaka wa Nemba uhuza igihugu cy’u Rwanda n’u Burundi mu ishyamba rya Gako mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha imyuga cyitiriwe Nelson Mendela kiri mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yakubise abanyeshuri babiri b’abakobwa bibaviramo guhungabana none ubu bivuriza mu kigo nderabuzima cya Ntarama.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’ababaruramari mu Rwanda (iCPAR) gifatanije n’ikigo gishinzwe guteza imbere imari n’imigabane (Capital Market Authority ) n’ Isoko ry’imari n’imigabane (Rwanda Stock Exchange) basuye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mudugudu wa Kamabuye mu karere ka bugesera.
Mu muhango wo kwibuka abahoze ari abashumba n’abavugabutumwa b’itorero ry’Abangirikani ba Diyosezi ya Kigali bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Guverineri w’intara y’i Burasirazuba Uwamariya Odette yasabye buri wese guharanira kudahutaza ikiremwa cy’Imana kuko yaremye muntu mu ishusho yayo.
Bamwe mu bageni bo mu karere ka Bugesera bavuga ko bategekwa kuzana inyemezabuguzi z’ibishyingiranwa aba batahanye ku mugabo kugirango harebwe agaciro bifite kuko iyo umugabo asanze nta bintu azanye bifatika ahita asubizwayo.
Mu baturage 2500 bakoranye n’umushinga Ibyiringiro wakoraga ibikorwa bitandukanye by’iterambere mu karere ka Bugesera, 60% babashije kuva mu bukene, bisunga ibimina bivuguruye bagura amasambu, amatungo, bibonera amacumbi, abandi barihira abana babo amashuri.
Hasize imyaka irindwi abaturage bo mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera batarahabwa ingurane z’imyka yabo yangijwe igihe umushinga wa SOGEA SATOM wakwirakwizaga amazi mu ngo muri uyo murenge.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Muyobokimana Jean Pierre w’imyaka 34, nyuma yo gukekwaho kwica umuturanyi we witwa Mukambora Dancilla w’imyaka 60 amukubise umuhini w’isuka mu mutwe.
Umuryango TWUNGUBUMWE uri mu bikorwa byo guhuza abarokotse Jenoside yakorewe abatusi yabaye mu Rwanda mu 1994 n’abayigizemo uruhare bemeye icyaha bagafungurwa bo mu karere ka Bugesera.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 2918 bo mu karere ka Bugesera nibo bavuwe n’inzobere z’abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda bya Kanombe mu gihe hari hateganyijwe kuvurwa 826.
Mu mukwabo wakorewe mu kagari ka Nyabivumu, umurenge wa Nyamata, tariki 17/05/2013, hafashwe abantu 24 bakekwaho gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge ndetse n’ubujura. Abo bose ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata.
Umushinga PASAB wa Caritas Rwanda ushinzwe guhangana n’ikibazo cy’ibiribwa mu karere ka Bugesera wahagurukiye gushyigikira gahunda ya Girinka Munyarwanda, utanga inka 60 z’icyororo ku baturage bo mu mirenge 14 igize akarere ka Bugesera.
Abagize ihuriro ry’Abafatanyabikorwa b’akarere (DJAF) ka Bugesera baratangaza ko bagiye kuzajya bamurika ibikorwa byabo mu mirenge bakoreramo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo kwegereza abaturage ibikorwa bibakorerwa.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, arasaba ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera kongera imbaraga mu gukangurira abaturage kugana ibigo by’imari, kuko umubare w’ababyitabira ukuri muto muri uwo murenge.
Ndagijimana Theophile w’imyaka 40 y’amavuko ukomoka mu Mudugudu wa Cyantwari, Akagari ka Bushenyi, Umurenge wa Mareba ho mu Karere ka Bugesera yishe umwana we Uzabakiriho Emmanuel w’imyaka 19 nyuma yo kumukubita igiti mu mutwe ahita atoroka.
Abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda ku bufatanye n’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) barimo kuvura abarokotse bo mu karere ka Bugesera bafite uburwayi butandukanye burimo n’ubudakira.
Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biga mu Ishuri rikuru Umutara Polytechnique n’ishuri ry’ubuforomo akorera mu karere ka Nyagatare, bibumbiye mu muryango AERG, hamwe na bagenzi babo batari uri uwo muryango na bamwe mu barezi babo, kuwa 04/05/2013 basuye inzibutso za Jenoside za Ntarama na Nyamata mu karere ka (…)
Polisi y’u Rwanda yashyikirije abana b’imfubyi za Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mudugudu w’Amizero wo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera inkunga y’amadorali y’Amerika ibihumbi 14 bagenewe na Polisi y’igihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Karibata Agnes, arahumuriza abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera, ko Leta izabunganira mu kurandura urufunzo ruri muri icyo gishanga kugira ngo bazabashe kugihingamo umuceri.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Gasana Emmanuel, hamwe n’umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, tariki 02/05/2013, bashyize umukono ku masezerano agamije ubufatanye mu bintu byinshi bitandukanye.
Mu gitondo cya tariki 30/4/2013 abagororwa babiri bo muri gereza ya Rilima batorotse ubwo bari bagiye guhinga mu mirima y’iyo gereza bari bafungiyemo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera buratangaza bugiye gusana urwibutso rwa Ntarama n’urwa Nyamata zose ziri muri ako karere kugirango imibiri ihashyinguye idakomeza kwangirika.
Nyuma yuko ikibuga cy’umupira cya Nyamata cyakinirwagaho n’ikipe ya Bugesera FC gifungiwe bigatuma iyo kipe ijya gukinira i Kigali, ubu muri ako karere harimo kubakwa ikibuga cy’umupira gishya giciriritse kuburyo kizaba cyuzuye bitarenze amezi atatu.
Mu muganda rusage wo kuri uyu wa 27/04/2013 abakozi b’ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) bifatanyije n’abanyeshuri, abakozi ndetse n’abaturage baturiye ikigo cya Technical Secondary School Nyamata ryahoze ryitwa ETO gutunganya ahazubwakwa inyubako nshya z’icyo kigo.
Kuri sitatiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye abagabo 4 barimo n’umwarimu wo mu ishuri ribanza rya Nyabaguma mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera, bakekwaho kwiba impombo z’amazi za EWSA ariko zitagikoreshwa.
Umukorerabushake w’ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) yashinze isomero ry’ibitabo ndetse n’inzu ikinirwamo imikino itandukanye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.