Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Murunda, tariki ya 22 Ukwakira 2020, yafashe Ndayambaje w’imyaka 26 na Munyakinyaga Samuel w’imyaka 33, bombi bafatanwa amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 42 y’amiganano.
Mu rukerera rwo ku itariki 25 Ugushyingo 2020, uwitwa Mugabo wo mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, biravugwa ko yabyutse agiye mu bwiherero asanganirwa n’amaraso, arebye abona ni ay’inka ye imaze gutemwa.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba CIP Hamdun Twizeyimana arasaba abaturage kudakinisha icyuma cyose babonye kandi batakizi. Abitangaje nyuma y’aho ku wa Gatanu tariki 23 Ukwakira 2020 inzego z’umutekano zikuye gerenade mu rwuri rwa Munyandamutsa Alphonse wo mu Mudugudu wa Mirama ya mbere, Akagari ka (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rufatanyije n’izindi nzego mu Karere ka Rusizi rwafashe abagabo 10 bakekwaho gusambanya abangavu bakabatera inda.
Polisi y’u Rwanda yeretse abanyamakuru abantu batatu barimo umucuruzi wafatiwe mu cyuho acuruza magendu ziganjemo amavuta yo kwisiga arimo na ‘mugorogo’ zaciwe n’amasabune, byose bifite agaciro ka miliyoni nye z’amafaranga y’u Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko rwafunze Ntitenguha Arnaud, ukurikiranyweho gukoresha inyandiko mpibano akiba amabati afite agaciro ka 29,000,000 Rwf mu ruganda rwitwa TEMBO, ruherereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.
Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukwakira 2020, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu bane bakurikiranyweho gukora impushya z’impimbano zo gutwara ibinyabiziga. Abafashwe ni Bora Adam w’imyaka 25, Kalinijabo Francois w’imyaka 36, Murenzi Hamdun w’imyaka 45 na Uzamukunda Philomene ufite imyaka 45 (uyu yiyitaga (…)
Mu gihe abamotari bakorera mu Karere ka Musanze bakomeje kugaragaza impungenge z’uburyo umutungo wabo ucunzwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyamaze kuvumbura ko hari umuyobozi wa koperative yabo wanyereje amafaranga asaga miliyoni ebyiri.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Nzeyimana Eddy Palatin, umukozi mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) ukurikiranyweho kwaka no kwakira ruswa mu mirimo yari ashinzwe yo kugenzura imirimo y’ubwubatsi bw’imihanda.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cya Sudani kigomba kubanza kwishyura miliyoni 335 z’Amadolari ya Amerika kugira ngo cyemererwe kuvavanwa ku rutonde rw’abashyigikira iterabwoba.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Ukwakira 2020 umuyobozi mukuru wa Polisi ya Zambia n’intumwa ayoboye basuye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda. Uru ruzinduko ruzamara icyumweru rugamije gushimangira ubufatanye buri hagati ya Polisi zombi mu rwego rwo gufatanyiriza hamwe kubungabunga umutekano w’abaturage.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba butangaza ko umuturage yarashwe nyuma yo gufatanwa urumogi udupfunyika 400 yari avanye muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu ku Cyumweru tariki ya 18 Ukwakira 2020 yafashe uwitwa Sibomana Joseph w’imyaka 25, uvugwaho kuba yaramburaga abaturage amafaranga yifashishije igiti yabaje agiha ishusho imeze nk’imbunda.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyabihu yafashe uwitwa Nsanzimana Protais w’imyaka 38, akora inzoga zitujuje ubuziranenge. Yafatiwe mu Murenge wa Rugera mu Kagari ka Nyarutembe mu Mudugudu wa Kibere. Uwo mugabo yafashwe tariki ya 15 Ukwakira 2020.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Ukwakira 2020, rwafashe Nshimiyimana Emmanuel washakishwaga n’Ubugenzacyaha kubera icyaha akekwaho cyo kwica umugore we agahita atoroka.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatantaje ko rwafashe Ndayishimiye Samuel, Ntaganda Jean na Gisubizo Emmanuel, bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Karwera Peruth, ubwicanyi bakoze tariki ya 16/10/2020 bamuziza ko ngo yaroze umugore w’umwe muri bo.
Umukozi w’Umurenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro wari ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage (ASOC) witwa Hakizimana Vedaste yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukwakira 2020 azize impanuka ya moto yari atwaye.
Mu rwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge bikunze kugaragara mu Karere ka Rubavu, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abaturage ikomeje ibikorwa byo kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu cyane cyane muri aka Karere ka Rubavu.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe Nshimiyimana Jean Claude na Nshimiyimana Fils bakurikiranyweho icyaha cy‘ubwambuzi bushukana bakoreye mu Karere ka Nyagatare babeshya ko bagurisha imashini ikora Amadolari.
Polisi ikorera mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Rugarama ku wa Kabiri tariki ya 12 Ukwakira 2020 yafashe umuturage witwa Habimana Jean Damascene w’imyaka 40 wakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge. Abapolisi basanze yari afite igisa nk’uruganda akora ikinyobwa cyitwa ‘Akeza k’Ibimera’.
Muri Nigeria, Polisi yashyizeho umutwe mushya w’abapolisi barwanya abajura, bakaba basimbuye abakoraga ako kazi bahagaritswe bashinjwa guhohotera abaturage.
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 13, harimo abamotari umunani bakurikiranyweho guhindura ibirango bya moto, ndetse n’abandi batanu bakekwaho ibyaha by’uburiganya, kwiyitirira icyo batari cyo, gushimuta no gufunga umuntu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwtangaje ko rushakisha umugabo witwa Nshimiyimana Emmanuel, ukekwaho kwica umugore we mu Murenge wa Rukumberi, Akarere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba.
Umugore witwa Muhawenimana Claudine wo mu Kagari ka Bukiro, Umurenge wa Murundi mu Karere ka Karongi, arakekwaho kwica umugabo we Kamegeri Joseph amuteye ibuye. Ibyo byabaye mu ijoro ryakeye ku Cyumweru tariki 11 Ukwakira 2020.
Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Murama mu Kagari ka Rusave, tariki ya 08 Ukwakira 2020 yafashe Musafiri Dickson w’imyaka 33, abapolisi bamufatana amadolari ya Amerika ibihumbi bine na magana arindwi (4,700 $).
Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, umaze iminsi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yiyemeje kuhaboneka cyane muri iyi minsi kugira ngo arangize ibibazo by’umutekano muke biharangwa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Werurwe 2020, Umuryango w’Abibumbye wambitse imidali abapolisi b’u Rwanda 159 bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo. Iyi midali bayambitswe mu rwego rwo kubashimira akazi keza bakora muri kiriya gihugu kandi bakagakorana umurava n’ubunyamwuga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, Habineza Longin, avuga ko gucika kw’ikiraro cya Kabuga bitahagaritse ubuhahirane hagati y’abaturage b’Umurenge wa Karama n’uwa Tabagwe.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, batanze amahugurwa ku butabazi bw’ibanze, banatanga ibikoresho by’ubutabazi bw’ibanze ku bapolisi bo muri icyo gihugu.
Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 08 Ukwakira 2020, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yaganirije abapolisi 176 bitegura kujya mu gihugu cya Sudani y’Epfo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bugamije kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.