Uwitwa Bakundinka Jean Nepo utuye mu Murenge wa Kageyo mu Kagari ka Nyagisozi mu Mudugudu wa Rukira mu Karere ka Gatsibo ari mu maboko y’inzego z’ubutabera akaba akurikiranyweho kwica Ntawuhigimana Diogene wabuze mu kwezi kwa Gatandatu muri 2016.
Ubuyobozi n’inzego z’umutekano bukomeje guhiga bukware udutsiko twiyise Abarembetsi bakomeje kunyura mu nzira zitemeye batunda ibiyobyabwenge bakura mu gihugu cya Uganda, aho kuva muri Werurwe 2020 abagera kuri 4,334 bashyizwe mu kato nyuma yo gufatwa batunda ibiyobyabwenge na magendu.
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Ukwakira 2020, Polisi y’u Rwanda yerekanye abagabo n’abasore umunani batera sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri peteroli (essence na mazut) nijoro, bakiba amafaranga n’ibindi bikoresho.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abasore batanu bakekwaho kwica Nsengayire Anicet, wiciwe mu Mudugudu wa Cyugamo, Akagari ka Gako mu Murenge wa Masaka w’Akarere ka Kicukiro.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyabihu, ku Cyumweru tariki 04 Ukwakira 2020, yataye muri yombi umugabo witwa Yotam Segahutu, afatanwa litiro 1000 z’inzoga itujuje ubuziranenge izwi ku izina rya ‘Dunda Ubwonko’.
Twahirwa Laurent w’imyaka 40 y’amavuko wari uhagarariye Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) mu turere twa Karongi na Rutsiro yitabye Imana akubiswe n’inkuba.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe Niyomugisha Issa na Ufitinema Jacques bakekwaho guhohotera abakobwa babiri bo mu Karere ka Gicumbi, mu Murenge wa Byumba.
Abasirikare bagize itsinda ry’Ingabo zo mu Karere zishinzwe kugenzura ibibazo bibera ku mipaka (Expanded Joint Verification Mechanism-EJVM), kuri uyu wa 5 Ukwakira 2020, baje i Nyaruguru kureba ingabo 19 za RED Tabara ziherutse gufatirwa kubutaka bw’u Rwanda.
Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko ku itariki 29 Nzeri 2020, abarwanyi cumi n’icyenda (19) b’Abarundi biyitaga ko bari mu mutwe witwaje intwaro wa ‘Red Tabara’ bambutse bava mu Burundi berekeza mu karere k’u Rwanda.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu batatu bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwangiza ibikorwa remezo.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko Polisi ishima umubare munini w’abaturarwanda wumva ukanakurikiza amabwiriza, ariko aboneraho no kunenga abagaragara barenze ku mabwiriza bakora ibitemewe ndetse bakanakoresha amayeri atandukanye.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Rubavu yatangaje ko biturutse ku makuru yamenyekanye ku bufatanye n’abaturage, mu Murenge wa Rubavu, mu Karere ka Rubavu, abitwa Ngarambe Francis na Nsanzamahoro Innocent bari mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko basanganywe inoti 11 z’amadolari ya Amerika z’impimbano.
Umunyamabanga Nshigwabikorwa w’Umurenge wa Matimba Akwasibwe Eric avuga ko imvura ivanzemo umuyaga n’urubura yaguye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nzeri 2020 yangije ibintu bitandukanye.
Mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 25 Nzeri 2020 harimo umwanzuro wemerera abakora umurimo wo gutwara abagenzi ku magare (Abanyonzi) gusubukura imirimo yabo. Ni nyuma y’igihe kirekire bari barahagarikiwe imirimo yabo yo gutwara abagenzi ahubwo bagatwara imitwaro gusa nka zimwe mu ngamba zo kurwanya (…)
Inyubako zigera kuri 70 zo mu Mujyi wa Kigali zitanga serivisi z’amaresitora n’utubari ndetse n’amazu acuruza amacumbi (Motels) mu mpera z’iki cyumweru zimwe zarafunzwe izindi zicibwa amande kubera kurenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.
Abatuye mu Mudugudu wa Gakoro mu Kagari ka Rwambogo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze bafite impungenge z’ingaruka zikomeje guterwa n’uruganda rutunganya amabuye rukorera mu mudugudu wabo.
Ku bufatanye n’abaturage, Polisi ikorera mu turere twa Rutsiro na Nyabihu yashoboye kugarura imifuka 25 ya sima yari yibwe ahubakwa ibikorwa remezo bya Leta.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwafunze uwitwa Nyirahanyurwishaka Alphonsine ukurikiranyweho icyaha cyo gukomeretsa byateye urupfu aho yamennye amazi ashyushye ku mugabo we n’umwana wabo w’umwaka umwe n’amezi ane, umwana bikamuviramo urupfu.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi rikomeje ibikorwa byo kurwanya uburobyi bukorerwa mu kiyaga cya Kivu ndetse n’ibindi byaha bibera muri iki kiyaga.
Umugore witwa Nyiraminani Julienne wo mu Mudugudu wa Cyiha, Akagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, arakekwaho gufatanya n’abana be batatu bagatemagura umugabo we Habineza Francois, ari na we se w’abo bana kugeza apfuye.
Hashize ukwezi inkongi z’umuriro zibasira igice cy’uburengerazuba bwa Amerika. Ahadutse izo nkongi, abantu bashinzwe kuzimya umuriro bagaragaza umunaniro ukabije n’umuhangayiko baterwa no kuba ari bake bakanakomwa mu nkokora n’ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Inka yatanzwe muri Girinka ihabwa Byukusenge Marie Gaudence wo mu Mudugudu wa Nyarubuye mu Kagari ka Sahara mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, bayisanze mu kiraro cyayo abantu batahise bamenyekana bayitemye mu mutwe.
Ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze, ku cyumweru tariki ya 20 Nzeri 2020 Polisi yakoze igikorwa cyo kurwanya ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bikorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Mukura, mu Kagari ka Kagano mu midugudu ya Kazizi na Gakeri.
Byabereye mu murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango kuri uyu wa 20 Nzeri 2020 ubwo Moto ifite Plaque RF 996 C yari itwawe n’uwitwa Mbarushimana Joseph w’imyaka 26 y’amavuko, ukomoka Karere ka Nyanza yagwirwaga n’igiti batemaga ku muhanda, ibiti byatemwaga ku muhanda mu murenge wa Kabagari.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe uwitwa Ngendonziza Gilbert wagaragaye ku ifoto yaziritse umwana kuri moto.
Mu ijoro rya tariki ya 17 Nzeri 2020, inzego z’umutekano zikorera mu Murenge wa Kiyombe mu Karere ka Nyagatare, zafashe uwitwa Mugisha Juma w’imyaka 20, afite umufuka wuzuyemo amasashe ibihumbi bibiri aje kuyacuruza mu Rwanda.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 18 Nzeri 2020, i Karama mu Murenge wa Ruhashya hafatiwe umugabo ukekwaho ubujura, barebye basanga ni Isaac Banyangiriki wari warabuze ngo afungirwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Muri Sudani hafatiwe ikinyabutabire cya "Nitrate d’Ammonium" cyashoboraga guturika kikarimbura umurwa mukuru wose wa Kharthoum.
Mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 17 Nzeri 2020, imodoka yo mu bwoko bwa Land Cruiser yinjiye mu rugo rw’umuturage igonga abagore babiri hakomereka umwe wajyanwe mu bitaro.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bakomeje gushyingura abahitanwa n’ibiyobyabwenge, aho mu mezi umunani ashize abantu 28 muri ako karere bishwe n’ibiyobyabwenge.