Rutsiro: ASOC w’Umurenge wa Gihango yitabye Imana azize impanuka

Umukozi w’Umurenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro wari ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage (ASOC) witwa Hakizimana Vedaste yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukwakira 2020 azize impanuka ya moto yari atwaye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihango, Uwamariya Clemence, yabwiye Kigali Today ko uwo mukozi yakoze imanuka mu gitondo ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo.

Hakizimana ngo yari mu muhanda kuri moto ava i Rubengera muri Karongi yerekeza muri Rutsiro, ageze mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro agonga ipoto y’amashanyarazi.

Yahise ajyanwa kwa muganga i Congo Nil mu murenge wa Gihango muri Rutsiro ariko ahita ashiramo umwuka.

Biteganyijwe ko ashyingurwa kuri uyu wa Gatandatu muri Ngororero aho umuryango we uherereye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Uyu ASOC HAKIZIMANA VEDASTE twakundaga kwita Papa Franc Imana imuhe iruhuko ridashira

Rugambwa Deo yanditse ku itariki ya: 17-10-2020  →  Musubize

Mbega inkuru ibabaje weee!!!!!

Gusa twe nk’abana b’abantu nta kindi twakora, Imana ikomeze kuba hafi y’abasigaye ari abo mu muryango we ndetse n’abo bakoranaga ibakomeze, ibahe imbaraga zo kurushaho gushikama.

Ibi bitwereka ko tugomba kurushaho kwiyuzuza n’Imana yacu dutandukana n’ikibi dusingira icyiza maze ubwo Christ azaba agarutse tuzagororerwe ubugingo buhoraho. Ndabubifurije mwese!

Jean de Dieu HABYARIMANA yanditse ku itariki ya: 17-10-2020  →  Musubize

Iyi ni inkuru ibabaje cyane.

Imana ikomeze abasigaye baba abo mu muryango we ndetse n’abo bakoranaga.

Ibi bitwereka ko tugomba guhora twiteguye tugahora twiyuzuza n’Uwiteka dutandukana n’ikibi duharanira icyiza muri ubu buzima maze inyiturano tukazayihabwa na Christ ubwo azaba agarutse kugororera buri wese ibikwiriye ibyo yakoze.

Mbifurije mwese kuzagororerwa UBUGINGO BUHORAHO!

Jean de Dieu HABYARIMANA yanditse ku itariki ya: 17-10-2020  →  Musubize

Yoooo! Birababaje disi! Ariko ntakundi kuko buri were afite umunsi we WO gupfa ndetse n’icyo azazira.
Twihanganishije umuryango wee.
Ntirumenyerwa rwo kabura uko rwigira!!!!!

Felix Nsenga yanditse ku itariki ya: 17-10-2020  →  Musubize

Yooo?. nukuri. imanimwakire. mubayo Kandi. abaturage buwomurenge. bihanganepe.?Twifatanyijenabomukababaro.?

Nsabayezu yanditse ku itariki ya: 16-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka