Nyuma y’igihe kirekire hatabaho umunsi wagenewe umuganura mu buryo rusange mu gihugu, uyu mwaka noneho urateganyijwe, kandi ku rwego rw’igihugu uzaba ku itariki ya 1 Kanama. Mu Karere ka Huye na ho barateganya kuzizihiza uriya munsi ku itariki ya 1 Kanama nyine, nimugoroba.
Mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze hafunguwe Ikigo cy’Umuco cyitwa Open Land Rwanda gifasha Abanyarwanda n’Abanyamahanga kumenya uko Abanyarwanda bo ha mbere babagaho n’ibikoresho gakondo bakoreshaga.
Abakora umwuga w’ubugeni bo mu Karere ka Musanze bemeza ko umwuga wabo utanga mafaranga menshi kuko bashora make bakagurisha kuri menshi ariko ikibazo bagira ni isoko rito ry’ibihangano byabo.
Akimana Elyse w’imyaka 10 y’amavuko, avuga ko akunda kuvuza cyane ingoma ndetse ngo bibaye ngombwa yabihindura umwuga mu buzima bwe bwose.
Abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’umurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare bemeza ko umuco waharangagwa wo guterura wahacitse.
Aho umwami Mibambwe wa III Sentabyo yabaye i Mbilima na Matovu hagati yo mwaka wa 1741 na 1746, haracyagaragara bimwe mubiti yaba ibyari ku marembo n’ibindi byari uruzitiro.
Mu rwego rwo gufasha ba mukerarugendo basura akarere ka Nyanza bakurikiye ahantu ndangamateka y’u Rwanda aherereye ahitwa mu Rukali muri aka karere imwe mu ihoteri izwi ku zina rya “Dayenu” tariki 9/5/2014, yatashye inyubako igaragaza mu buryo bw’ibishushanyo ubukerarugendo bushingiye ku muco wagiye uranga abanyarwanda bo (…)
U Rwanda rwamaze gushyikiriza ikigo mpuzamahanga cy’umurage w’isi urutonde rw’ibanze (liste indicative) rw’umurage ndangamuco. Urwo rutonde rugizwe n’inzibutso za Jenoside enye ari zo Nyamata, Bisesero, Murambi na Gisozi.
Nyirabagenzi Elevaniya, umukecuru utuye mu mudugudu w’Akinyenyeri mu kagari ka Cyinzovu mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza ari mu bantu bakuze cyane mu Rwanda, kuko ngo yavutse umunsi umwe mbere y’uko intambara yitiriwe Rucunshu itangira.
Abigisha urubyiruko ibijyanye no kwirinda SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse n’inda zitateganyijwe, bababwira ko kwifata ari byo byiza, kuko ngo ubusugi ari ko gaciro k’umukobwa, n’ubumanzi bukaba ari ko gaciro k’umuhungu.
Ikinyarwanda hamwe n’izindi ndimi zo mu bihugu bikikije u Rwanda zigiye gushyrirwaho komisiyo zizaba zishinzwe gushyiraho igenamigambi ryo kuziteza imbere, mu rwego rwo guhangana no kugira ngo zidakendera.
Nubwo hari abagaya imyambarire y’abakobwa bavuga ko bambara ubusa bikaba n’intandaro yo gufatwa ku ngufu rimwe na rimwe, hari n’abavuga ko n’uko abahungu bambara bitari shyashya. Ku bw’iyi mpamvu rero, ngo ntihakwiye kugawa abakobwa gusa hatarebwe n’abahungu.
Bamwe mu bacuruza ibyo mu bukorikori n’ubugeni, baratangaza ko bahura n’ikibazo cy’uko Abanyarwanda babereka ko bakunze ibikorwa byabo ariko bakarenga bakagura ibinyamahanga kandi kenshi biba bitaruta ibyabo.
Urubyiruko rukora ibijyanye no kwerekana imideri mu itsinda ry’urubyiruko rya YCEG (Youth Challenge Entertainment Group) ryo mu karere ka Kayonza ruvuga ko iterambere rya rwo rikibangamiwe n’imyumvire y’ababyeyi n’abandi baturage muri rusange ikiri hasi ku bijyanye no kwerekana imideri.
Nubwo gutora Nyampinga w’u Rwanda bikorwa ahanini n’akanama nkemurampaka, ntibibagiwe guha amahirwe Abanyarwanda n’abanyamahanga baba mu Rwanda ndetse n’abandi bose bifuza kugira uruhare mu gutora Nyampinga w’u Rwanda 2014.
Hatangimana Evariste wo mu kagari ka Gihinga mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza avuga ko kumva amabwire ya nyina byatumye amara igihe kigera ku myaka itanu atumvikana n’umugore we.
Mu gihe intara y’Amajyaruguru yasabwaga abakobwa batatu bagomba kuyihagararira mu marushanwa ya nyuma ya Miss Rwanda 2014, abakobwa bane gusa nibo babashije kurushanwa, maze Isimbi Melissa yegukana umwanya wa mbere.
Bisanzwe bizwi ko abagore n’abakobwa baza ku isonga mu guhura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ariko n’abagbo ubwabo bagira uruhare mu kwihohotera kubera gukurikiza migenzo mibi yo mu muco nyarwanda batojwe bakiri bato.
Abakomoka mu muryango wa Rukara rwa Bishingwe batuye mu mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, basaba ko mu gace Rukara rwa Bishingwe akomokamo hakubakwa inzu cyangwa hagashyirwa ikindi kimenyetso kigaragaza amateka y’uyu mugabo.
Ubwo hatangizwaga itorero ry’urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye mu karere ka Rulindo, abitabiriye itorero beretswe filme irimo na bimwe mu byaranze amateka y’u Rwanda ndetse baranasobanurirwa bihagije.
Nk’umunyamakuru mperutse kugirana ikiganiro n’umugore umwe ntavuze, musabye kwivuga kugira ngo ntibeshya ku mazina ye n’icyo akora ntungurwa n’uko yatangiye yivuga ko agira ati: “ Nitwa madamu.. yongeraho amazina ye ndetse n’icyo ashinzwe mu bijyanye n’akazi”. Ibi byatumye nibaza niba ari ngombwa kwivuga mu ruhame cyangwa (…)
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe kongerera ubumenyi abakozi (RMI) kiri i Murambi ho mu karere ka Muhanga kiratangaza ko bashobora kuzakusanya amateka yo kuri uyu musozi wa Murambi akajya hamwe kuburyo yabungwabungwa ndetse akajya anakurura ba mukerarugendo.
Abana n’abantu bakuze bagihiga inyamaswa bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko guhiga nta musaruro bikigira uretse kubakiza inyamaswa zibangiriza zona imyaka, zikanica amatungo. Ngo izo nyamaswa bica bazishyira abantu bakora imiti, ariko bamwe mu baturage ntibashira amakenga iyo miti bakeka ko ari amarozi.
Muri College of Business and Economics (CEB) yahoze yitwa SFB (School of Finance and Banking) kuri uyu wa gatandatu tariki 02/11/2013 habaye igikorwa cyo gutora umukobwa uhiga abandi mu buranga, umwanya wa mbere wegukanywe na Ghislaine Samantha Uwase.
Kubera imyitwarire itari myiza yagiye igaragara kuri bamwe muri ba Nyampinga, hafashwe ingamba zo gushaka ikigo cyazajya gikurikirana imyitwarire yabo nyuma yo gutorwa.
Bamwe mu bakobwa babyariye iwabo ndetse n’abandi bantu batandukanye barasaba ko izina rihabwa abana babyarwa n’abakobwa batashatse ryahindurwa kuko babona harimo ipfobya.
Abanyarwanda muri rusange cyane cyane abo hambere bakunda kwita abana babo amazina bashingiye mu gihe barimo, umubano bafitanye n’abavandimwe, abaturanyi n’abo ubwabo bashaka kugira icyo babaningura cyangwa bababwira.
Abantu batandukanye bavuga ko ururimi rw’Ikinyarwanda rugenda ruteshwa agaciro n’abaruvuga, kuko usanga baruvangira n’indimi z’amahanga. Ibi ngo biterwa n’uko abatuye u Rwanda bose batarukuriyemo, bikaba byaba byiza abakiri bato barwigishijwe kuko ruri mu biranga umuco.
Bamwe mu Banyarwanda by’umwihariko abakuze bahamya ko uko u Rwanda rugenda rutera imbere ariko abanyagihugu bagenda bata umuco harimo no kuramukanya bigenda bita agaciro.
Abanyarwanda babarizwa muri Malaysia bagiye gutora Nyampinga nk’uko twabitangarijwe n’umwe mu Banyarwanda babayo uzwi ku mazina ya Esggy Shumbusho.