Umujyi wa Nyanza ni imwe mu mujyi isurwa n’abantu banyuranye barimo Abanyarwanda bo hagati mu gihugu na bamukerarugendo baturuka impande zose, bituma witwa igicumbi cy’umuco Nyarwanda ku ngeri zose.
Mu mezi atatu ari imbere hazatangira kubakwa inzu ndangamurage izerekana uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda rwo hambere. Iyi nzu izubakwa aho umugabekazi Radegonde Kankazi nyina w’umwami Mutara III Rudahigwa yari atuye mu mudugudu wa Nyarucyamu mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Shyogwe ho mu karere ka Muhanga.
Tariki 27/12/2011, kuri sitade Amahoro i Kigali habereye igitaramo cy’Indangamirwa gifite insanganyamatsiko igira iti “Amabyiruka adatatira umuco”.
Mu gihe umuco nyarwanda ugaragaza ko umusore cyangwa inkumi bagomba gushakana bakiri amasugi, bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Ngoma babona ko kuba isugi bitacyoroshye kandi ko bigenda bita agaciro kuko kuvuga ko uri isugi mu rungano iki gihe ufatwa nk’ikigwari cyangwa ko iwanyu baroga.
Daniella Rusamaza ni we wegukanye umwanya wa mbere mu bakobwa bahiga abandi mu bwiza (Nyampinga) mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE) mu mwaka wa 2011.
Intore zigizwe n’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga zirasabwa kuba umusemburo w’amahoro n’amajyambere mu Banyarwanda bose.
Bamwe mu bagabo batangaza ko abagore benshi aribo batuma abagabo babo babaca inyuma ngo kuko iyo bamaze gushaka bahindura imyitwarire. Aba bagabo bavuga ko abagore benshi iyo bamaze kugera mu ngo zabo bahinduka cyane, ugasanga bafashe indi sura.
Bamwe mu bakoresha telefone zigendanwa mu Rwanda bavuga ko kubeshya hakoreshejwe izi telefone bimaze kuba ingeso mu bantu benshi ; ibi bakaba bavuga ko babikora kugira ngo abo bahanye gahunda batarambirwa bakivumbura.
Mu Rwanda hadutse imvugo yitwa “gufata avance” ivuga gukora imibonano mpuzabitsina mbere y’uko abitegura kurushinga barushinga. Hari abavuga ko gufata avance ari byiza hagati y’abitegura kurushinga kuko bituma bamenyana bihagije abandi bakabirwanya ngo ni amahano.
Tariki 27/11/2011, umuryango w’abarokotse Jenoside bahoze ari abanyeshuri muri za kaminuza (GAERG), bizihirije umuganura i Nyanza ku gicumbi cy’umuco mu Rukari kwa Rudahigwa.
Kuva mu kwezi k’ukwakira 2011, abasore bane b’abanyarwanda ; Diogene Mwizerwa, Yves Kamuronsi, Martin Niwenshuti na Paul Rukesha bakorera ku rwibutso rwa Jenoside ku Gisozi bari mu kigo cya SHOAH gikorera Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kwiga uko babiba amateka mu buryo bugezweho.
Itorero Inyamibwa ry’umuryango w’abanyeshuri bacitse ku icumu bo muri kaminuza nkuru y’u Rwanda i Butare (AERG-UNR ) bashoje igikorwa cyo kwigisha amahoro mu gihugu cya Kenya babinyujije mu bikorwa ndangamuco ndetse n’imbyino gakondo berekaniraga mu iserukiramuco gakondo.
Umuhanzikazi wo mu Rwanda Tete Roca ntiyemeranya n’abavuga ko akora ibinyuranyije n’umuco Nyarwanda kugira ngo amenyekane bityo akomeze gutera imbere muri muzika. Ngo kuko ibyo akora byose mu buhanzi bwe abanza kugisha inama.
Bamwe mu bacitse ku icumu n’abagize uruhare mu kubicira ababo ndetse no kwangiza imitungo yabo bibumbiye mu ishyirahamwe “Ubwubatsi bw’amahoro” ryo mu murenge wa Mbazi mu karere ka Huye batangaza ko mbere y’uko bahurizwa muri iri shyirahamwe, bari bafitanye urwango rwari kuzabasubiza mu mateka mabi.
U Rwanda ni igihugu cyabaye mu ntambara, amacakubiri, ubwicanyi bwa hato na hato, nta mutekano, nta mahoro. Ibi bikaza gufata indi ntera muri genocide yakorewe abatutsi aho imbaraga z’urubyiruko zakoreshwaga mu gusenya igihugu no kwica abagituye aho gukora ngo rugiteze imbere, ariko ubu si ko biri.
Kugira ngo ugire amahoro kandi unayasangize abandi ni ibintu bigomba guturuka kuri wowe ku giti cyawe kuko ntawe utanga icyo adafite . Ibyo rero ntibyashoboka udafite ubupfura n’ubworoherane muri wowe kandi ukabigira ibyawe mu buzima bwawe bwa buri munsi.Ibi ni ibyatangajwe na Madamu Mukankubito Immaculée umuyobozi mukuru (…)