Iyahoze yitwa SFB yatoye Nyampinga w’umwaka 2013-2014

Muri College of Business and Economics (CEB) yahoze yitwa SFB (School of Finance and Banking) kuri uyu wa gatandatu tariki 02/11/2013 habaye igikorwa cyo gutora umukobwa uhiga abandi mu buranga, umwanya wa mbere wegukanywe na Ghislaine Samantha Uwase.

Fabiola Fernandes Akazuba yabaye igisonga cya mbere, Amandine Isimbi aba igisonga cya kabiri na Miss Photogenic (Nyampinga mu kwifotoza).

Amanda Melissa yatorewe uburanga na kuba yari afite gaseko karenze abandi, Olga Bahizi Uwase yabaye Miss Congeniality (Nyampinga ubana neza na bagenzi be) Arlette Irakoze yabaye Miss Popularity (Nyampinga w’icyamamare wakunzwe akanatorwa cyane na bose).

Nyaminga wa CBE 2013-14 yahawe ibihumbi 100, bourse y’umwaka n’icumbi ry’ubuntu, n’ibindi bihembo byatanzwe SULFO Rwanda na Simba Supermarket. Abandi nabo babonye amafaranga n’ibindi bihembo bitandukanye.

Abahaniraga kuvamo Nyampinga wa CEB 2013-2014.
Abahaniraga kuvamo Nyampinga wa CEB 2013-2014.
Nyampinga wa M.K.U na ba nyampinga ba SFB b'umwaka ushize.
Nyampinga wa M.K.U na ba nyampinga ba SFB b’umwaka ushize.
Dr. Papias Musafiri, Umuyobozi wa, College of Business and Economics (iburyo) atanga igihembo kuri Miss CBE, Ghislaine Samantha.
Dr. Papias Musafiri, Umuyobozi wa, College of Business and Economics (iburyo) atanga igihembo kuri Miss CBE, Ghislaine Samantha.

Daniel Sabiiti

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Nanga ko bwambara ubusa puuuuu.

ivubi yanditse ku itariki ya: 20-12-2013  →  Musubize

gutora miss bikurikiz ik?

umuhoza yanditse ku itariki ya: 14-12-2013  →  Musubize

ni byiza ariko ntitugaheruke tubatora bajye bakora bigaragaze!

bernard yanditse ku itariki ya: 5-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka