Urubyiruko rwiganjemo abakobwa bagera kuri 68, baturuka mu mirenge inyuranye y’akarere ka Huye, biyemeje kuzakora imirimo yo kudoda no gutunganya imisatsi ndetse n’inzara nk’uko babyigiye mu kigo cy’urubyiruko cyo mu Karere ka Huye (YEGO-Huye), hanyuma bakazibeshaho.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza rukomeje gukangurirwa ko kwihangira imirimo uko bikwiye ariyo nzira yo kurufasha kwiteza imbere hanifashishijwe ibigo by’imali byo kuzigama no gutanga inguzanyo.
Imiryango 20 yo mu murenge wa Kanzenze akarere ka Rubavu yashyikirijwe isakaro ry’amabati yo gusakara inzu bizamuriye nyuma yo kugaruka mu Rwanda bavuye mu buhunzi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, araburira abacuruzi bo mu Karere ka Musanze kugendera kure inguzanyo zitangwa n’abantu ku giti cyabo ku nyungu ziri hejuru cyane, bizwi nka “Banki Lambert” kuko bifite ingaruka zo kuba byateza umutekano muke hagati y’abacuruzi.
Ubwo kuri uyu wa 17 Kamena 2014 mu Karere ka Gakenke hatangizwaga ibikorwa by’icyumweru cyahariwe ingabo (Army Week), abaturage bishimiye uburyo ingabo za RDF zigira uruhare mu kwifatanya n’abaturage mu bikorwa bibafitiye akamaro.
Hamwe no kwitegura isabukuru ya 20 igihugu kibohowe, mu karere ka Nyamagabe hatangirijwe ibikorwa abasirikari bazafatanya n’abaturage muri gahunda ya “Army week” hashyirwa ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ivuriro riciriritse mu kagari ka Kiyumba mu murenge wa Cyanika.
Abanyamuryango ba AVEGA mu karere ka Ngoma baremeye abakecuru bashaje banabafasha kugera ku rwibutso rwa Jenoside ngo bibuke ababo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 kuko ngo batabashaga kuhigeza kubera gusaza.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baratangaza ko gahunda yo gutura ku mudugudu yabahinduriye ubuzima kuko babasha kugera ku byo batabonaga bagituye mu mibande ariko kandi bagasaba ko amashanyarazi yabagezwaho vuba.
Muri iki gihe cy’impeshyi, abakoresha umuhanda Ruyenzi-Gihara-Nkoto, bavuga ko babangamiwe no kuwugendamo, kuko kubera ko udakoze neza, urimo ivumbi n’imikuku myinshi. Ibi kandi bibangamiye n’abawuturiye kuko ivumbi ribasanga mu nzu rikabangiriza.
Nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye, akarere ka Ngororero kari karasigaye inyuma mu iterambere ahanini ku birebana n’ibikorwa remezo, ubu kamaze kugera kure mu kwiyubaka aho isura y’umujyi wa Ngororero igenda iba nziza umunsi ku munsi.
Ubwo yari mu nama y’ubucuruzi ihuza Ubuyapani na Afurika, ambasaderi Rugwabiza uyobora ikigo gishinzwe iterambere mu Rwanda RDB yabwiye abashoramari b’Abayapani ko mu mugambi bafite wo kugana Afurika bakwiye kuzagira icyicaro mu Rwanda kuko ngo rufite umutekano udacyemangwa rukanarwanya ruswa rutajenjetse.
Nyuma y’imyaka igera hafi kuri ibiri badacana kandi barahawe amashanyarazi, abatujwe mu mudugudu wa Kiyovu wo mu kagari ka Musumba mu murenge wa nyamirama wo mu karere ka Kayonza bemerewe n’ubuyobozi bw’akarere ko bazishyurirwa igice cy’amafaranga y’ifatabuguzi ry’amashanyarazi nabo bagashaka ikindi gice.
Abana b’imfubyi bibana bo mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze, Kuri uyu wa Kane tariki 12/06/2014 bashyikirijwe inzu eshanu zubatswe n’Umuryango FCYF (Fair Children/Youth Foundation) wita ku burezi bw’abana b’imfubyi n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.
Abayobozi bo mu nzego z’ibanze ndetse n’abikorera bo mu Ntara y’Iburasirazuba, barasabwa gushyigikira gahunda yo “Kwigira” bagakorera hamwe, bakabyaza umusaruro amahirwe bafite kugira ngo ubukungu n’iterambere by’igihugu bibashe gutera imbere, hadategerejwe ak’imuhana.
Abacuruzi bikorera ku giti cyabo bo mu Karere ka Gakenke barasabwa kutaba ba nyamwigendaho ahubwo bagafatanyiriza hamwe n’inzego z’ubuyobozi kugirango ibikorwa by’iterambere birusheho kugenda neza kandi vuba.
Abaturage bakabakaba 300 barasaba guhabwa ingurane y’imitungo yabo yangijwe n’imirimo y’umushinga SOGEA wari ugamije gukwirakwiza amazi meza mu karere ka Bugesera, mu gihe abandi basaga ibihumbi bine bo bayahawe mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.
Kuri uyu wa Gatatu taliki 11/6/2014, U Rwanda nicyo gihugu cya mbere muri Afurika cyasinyanye amasezerano y’umubano n’igihugu cya Israel.
Mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’akarere ka Burera mu bijyanye n’ubukerarugendo hafashwe umwanzuro ko abikorera baguze ibibanza ku biyaga bya Burera na Ruhondo bakaba baratinze kubibyaza umusaruro bagiye kubyamburwa bigahabwa abandi babifitiye ubushobozi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burifuza ko inyubako nyinshi zitatanye mu mujyi w’ako karere zagabanuka kuko imihanda ihuza ibice by’umujyi ihenda kuyishyiramo kaburimbo. Ibi ariko ngo ntibikuyeho gutuza abaturage no kuvugurura uyu mujyi.
Abasore n’inkumi bo mu karere ka Gisagara baravuga ko kugirango bagere ku iterambere bitaboroheye kubera ko nta masambu bagira cyangwa indi mitungo ishobora gufatwaho ingwate igihe basaba inguzanyo zabafasha kwizamura kandi aricyo amabanki abasaba.
Mu rwego rwo gukomeza gufasha abaturage kugira imibereho myiza banywa amata kandi banonera umusaruro kubera ifumbire, tariki 2-8 Kamena 2014 ni icyumweru Akarere ka Karongi kahariye gahunda ya Gira inka “Gira inka week”.
Abunganira abasora muri Gasutamo basaga 200, bahawe impamyabumenyi zabo ziri ku rwego rw’Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba nyuma y’amasomo bahawe mu byiciro 7 byari bimaze hafi imyaka 3 bahugurwa.
Kimwe mu bibazo bihangayikishije ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero ni icy’imihanda yo muri aka karere ikorwa nabi ntikoreshwe ibyo yagenewe kandi yatanzweho akayabo k’ingengo y’imari.
Bamwe mu bacungamutungo b’imirenge SACCO bavuga ko ibyo bigo b’imari bifite inyungu nyinshi byavana mu ihuriro ry’ibigo by’imari (Association of Microfinance Institutions in Rwanda, AMIR) biramutse biryinjiyemo.
Abaturage bo mu murenge wa Kagano bageneye inkunga abirukanwe muri Tanzaniya bagiye gutuzwa mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, ibintu bifite agaciro gasaga ibihumbi 800.
Abahoze ari abarwanyi muri FDLR n’abagore babo bakomoka mu turere twa Nyanza, Ruhango, Muhanga na Kamonyi bahuguriwe ku kwihangira imirimo banasabwa kugira uruhare mu gushishikariza bagenzi babo bakiri mu mashyamba ya Kongo gutaha ku neza bakaza gufatanya n’abandi kubaka igihugu.
Ibigo by’imari birimo imirenge SACCO n’umwarimu SACCO birasabwa kuba umunyamuryango w’ihuriro ry’ibigo by’imari mu Rwanda (Association of Microfinance Institutions in Rwanda/AMIR) mu rwego rwo kurushaho kugira imbaraga no gutera imbere.
Nyuma y’imyaka itanu umushinga VUP (Vision 2020 Umurenge Program), umaze ukorera mu karere ka Ngororero, umaze kugeza ku batuye akarere akayabo ka miliyari 3 na miliyoni 57 mu nkingi eshatu uwo mushinga ukoramo, arizo guha akazi abaturage, kuguriza imishinga iciriritse no gutanga inkunga y’ingoboka ku batishoboye.
Abasirikare n’abaturage batuye mu karere ka Nyamasheke barafatanya mu kubakira incike zarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bagafatanya gusana imihanda no gusibura imirwanyasuri mu murenge wa Gihombo.
Imihigo y’Akarere ka Nyanza yahizwe mu mwaka wa 2013-2014 ngo yeshejwe ku gipimo cya 95% nk’uko isuzuma ryakozwe n’Intara y’Amajyepfo ryabigaragaje ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 3/06/2014.