Abaturage b’akarere ka Nyabihu batangaza ko ubwitange n’ubutwari ingabo z’u Rwanda zagaragaje mu kubohora u Rwanda bugikomeje muri iyi minsi ariko noneho bukaba bugaragara mu bikorwa bitandukanye bibohora Abanyarwanda ku ngoyi y’ubukene, uburwayi n’ibindi bibazo bitandukanye.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batangaza ko kuba mu Rwanda rwababyaye bibereka ko u Rwanda ari rwiza koko ngo kuko Abanyarwanda bakomeje kubereka urukundo rwa kivandimwe no kubafasha gutura neza.
Umucuruzi w’umunyarwanda, Jean Claude Gatoya Munyakazi, watsindiye miliyoni ijana na mirongo itanu n’esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda, mu gutegera imikino y’igikombe cy’isi kiri kubera mu gihugu cya Brazil ni we Munyarwanda wa mbere watsindiye amafaranga menshi mu gutegera imikino.
Abikorera bo mukarere ka Gicumbi barasabwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite mu karere kabo bityo bagaragaze uruhare rwabo mu iterambere ry’akarere. Ibi guverineri yabibasabye munama nyu ngurana bitekerezo yahuje abikorera n’ubuyobozi bw’inzego zitandukanye.
Yadufashije Jeanne ni umwana w’umukobwa wo mu murenge wa Shyorongi ho mu karere ka Rulindo akora ibintu bijyanye n’isuku ku bagore birimo guca inzara no kuzisiga, kudefiriza, koza ibirenge n’ibindi bijyanye n’isuku ku bagore.
Umugabo witwa Haguminshuti Dieudonnee yiyemeje gushora imari mu bworozi bw’inkoko zitanga inyama, aho amaze gushyiramo amafaranga agera kuri miliyoni maganatanu, kandi akaba agikomeje kwagura ibikorwa bye.
Ingengo y’imari y’akarere ka Kamonyi y’uyu mwaka dusoza wa 2013/2014 yatwaye asaga miliyari esheshatu na miliyoni 610 z’amafaranga y’u Rwanda; ariko mu ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2014/2015, harateganywa kuzakoreshwa asaga miliyari 10 na miliyoni 262.
Nyuma y’imyaka hafi ine urugomero rwa Rukarara ya 2 ruri kubakwa, kuri uyu wa kane tariki ya 26/06/2014 rwatashywe ku mugaragaro nyuma yo kumara amezi abiri rugeragezwa ngo harebwe ko rukora neza.
Abagore bibumbiye mu matsinda aterwa inkunga n’umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE tariki 25/06/2014 baremeye bagenzi ba bo baniyishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014/2015.
Ntivuguruzwa Eliab w’imyaka 25 y’amavuko ukorera imirimo y’ubucurizi mu isoko rya Ruhango, arasaba urubyiruko rwicaranye impamyabumenyi ngo rutegereje akazi, ko rukwiye guhindura imyumvire rukareba kure rugahanga imirimo.
Abagize matsinda “Ejo Heza” mu karere ka Gisagara, afashwa na Global Communities ibinyujije mu mushinga wayo USAID Ejo Heza, ku bufatanye na AEE ndetse n’akarere ka Gisagara, baratangaza ko aho bageze mu iterambere ntawe ugitegera amaboko abandi, ko bihaza.
Urwego ngenzuramikorere (RURA) rwahesheje ibihembo ibigo bifata neza abagenzi, ariko ngo ibi ntibihagije mu gihe abantu bagikererwa kugera iyo bajya; nk’uko Ministeri y’ibikorwaremezo (MININFRA) yijeje ko igiye kunoza uburyo ingendo rusange zikorwa.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rwibohoye, abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko muri iyi myaka 20 hari ingoyi nyinshi bigobotoye ugereranyije n’uko bari babayeho mbere yayo.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’Ikigo gishinzwe ibarurishamibare (NISR), byavuze ko abaturarwanda ngo bagenda barushaho kugera ku bukire, bitewe n’uko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2014, umusaruro w’imbere mu gihugu (GDP) wiyongereye kuri 7.4%, uruta kure ubwiyongere bw’abaturage buzamuka kuri 2.6%.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri ministeri y’ibikorwa remezo Emma Francoise Isumbingabo, arizeza ko uruganda rwa nyiramugengeri ruri kubakwa mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ruzaba rwuzuye bitarenze ukwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2014.
Umushoramari Karyabwite Pierre ushaka kubaka uruganda rw’icyayi mu murenge wa Karambi aho bita mu Gatare avuga ko akomeje kubangamirwa n’Umuhanda Kivugiza -Hanika wakozwe nabi n’akarere ka Nyamasheke akaba agiye kumara imyaka ibiri ataratangira kubaka uruganda rw’icyayi yemeye kubaka muri ako gace.
Abari mu nzego z’ubuyobozi bw’urubyiruko mu karere ka Kayonza ngo bagiye gushyiraho uburyo bwo guhanahana amakuru bwitwa “Kayonza Network”, bukazatuma urubyiruko kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere rusangira amakuru y’ibijyanye n’iterambere.
Inama Njyanama idasanzwe y’Akarere ka Kirehe yemeje ingengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015 imaze kuyikorera ubugororangingo ingana na miliyari 9,221,216,881 izakoreshwa mu bikorwa bitandukanye by’ iterambere ry’aka karere.
Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2014-2015, ingengo y’imari y’akarere ka Huye izaba miliyari 12, miriyoni 641, ibihumbi 33 n’amafaranga 152. Iyi ngengo y’imari yatowe n’inama njyanama isanzwe y’aka karere ku itariki ya 20/6/2014.
Intambwe iracyari ndende ku rubyiruko rwize amashuri yisumbuye na za Kaminuza mu bijyanye no kwihangira umurimo, kuko abenshi muri bo bagisuzugura imirimo iciriritse bagakomeza kwibwira ko bazahabwa akazi na Leta.
Abaturage bo mu Murenge wa Gashaki bashima imikorere n’imyitwarire y’ingabo z’igihugu aho zifatanya n’abaturage mu bikorwa by’iterambere, bishimangira ko bafite inyota yo guteza imbere igihugu n’Abanyarwanda muri rusange.
Ubucukuzi bw’imicanga ni umwe mu mirimo ibasha guha amafaranga abaturage b’akarere ka Kamonyi, kuko usanga mu masambu ya bamwe no mu migezi itandukanye havamo umucanga kandi ugaha akazi abantu benshi.
Urubyiruko rwiganjemo abakobwa bagera kuri 68, baturuka mu mirenge inyuranye y’akarere ka Huye, biyemeje kuzakora imirimo yo kudoda no gutunganya imisatsi ndetse n’inzara nk’uko babyigiye mu kigo cy’urubyiruko cyo mu Karere ka Huye (YEGO-Huye), hanyuma bakazibeshaho.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza rukomeje gukangurirwa ko kwihangira imirimo uko bikwiye ariyo nzira yo kurufasha kwiteza imbere hanifashishijwe ibigo by’imali byo kuzigama no gutanga inguzanyo.
Imiryango 20 yo mu murenge wa Kanzenze akarere ka Rubavu yashyikirijwe isakaro ry’amabati yo gusakara inzu bizamuriye nyuma yo kugaruka mu Rwanda bavuye mu buhunzi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, araburira abacuruzi bo mu Karere ka Musanze kugendera kure inguzanyo zitangwa n’abantu ku giti cyabo ku nyungu ziri hejuru cyane, bizwi nka “Banki Lambert” kuko bifite ingaruka zo kuba byateza umutekano muke hagati y’abacuruzi.
Ubwo kuri uyu wa 17 Kamena 2014 mu Karere ka Gakenke hatangizwaga ibikorwa by’icyumweru cyahariwe ingabo (Army Week), abaturage bishimiye uburyo ingabo za RDF zigira uruhare mu kwifatanya n’abaturage mu bikorwa bibafitiye akamaro.
Hamwe no kwitegura isabukuru ya 20 igihugu kibohowe, mu karere ka Nyamagabe hatangirijwe ibikorwa abasirikari bazafatanya n’abaturage muri gahunda ya “Army week” hashyirwa ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ivuriro riciriritse mu kagari ka Kiyumba mu murenge wa Cyanika.
Abanyamuryango ba AVEGA mu karere ka Ngoma baremeye abakecuru bashaje banabafasha kugera ku rwibutso rwa Jenoside ngo bibuke ababo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 kuko ngo batabashaga kuhigeza kubera gusaza.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baratangaza ko gahunda yo gutura ku mudugudu yabahinduriye ubuzima kuko babasha kugera ku byo batabonaga bagituye mu mibande ariko kandi bagasaba ko amashanyarazi yabagezwaho vuba.