Bamwe mu baturage b’umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare bavuga ko bacyokesha imyaka yabo kubera kutagira umuhanda n’amasoko bajyanamo umusaruro wabo,ariko ubuyobozi bubasaba guhunika imyaka byaba ngombwa bakaka inguzanyo muri Sacco y’umurenge ariko bakazagurisha badahenzwe.
Uretse kwikururira ubukene n’amakimbirane ya hato na hato ngo nta cyiza kiri mu gushaka abagore benshi; nk’uko byemezwa n’abaturage b’umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare batunze umugore urenze umwe kimwe n’abagore baharitswe.
Ubwo mu Rwanda hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe amakoperative, hashimwe amakoperative yaranzwe n’imikorere myiza kandi agashobora guteza abanyamuryango bayo imbere harimo Koperative FODECO (Force’s Development Cooperative) yabaye indashyikirwa mu makoperative akorera mu mujyi wa Kigali.
Biteganyijwe ko imirimo ya mbere yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo ya mbere rwubatse ku mugezi wa Nyabarongo mu murenge wa Mushishiro, hagati y’akarere ka Muhangana mu ntara y’Amajyepfo na Ngororero mu Burengerazuba ishobora kurangirana n’uku kwezi kwa Karindwi.
Ku muhada Rusizi-Kigali, mu birometero bike uvuye ku ishyamba rya Nyungwe ugera ku gasanteri aho bita ku Buhinga, haba hari urubyiruko rwinshi rukuruza imbuto zitandukanye ziganjemo imineke, amatunda, ibinyomoro , amacunga n’indimu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza buvuga ko mu mishinga ako karere kazakora mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2014/2015 harimo kuvugurura amasoko ashaje no kubaka andi mashya muri gahunda yo kwagura ahazajya haturuka imisoro yinjira muri ako karere.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Byumba mu karere ka Gicumbi barasaba ko bahabwa ibyuma bikonjesha biri muri iryo soko kugirango bajye babona aho babika imbuto n’imboga ndetse n’ibindi bicuruzwa bibasaba kubika kuri za firigo.
Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), Tushabe Richard yizeza abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru ko bagiye kunoza serivisi bahabwa bashaka inyubako yo kubika ibicuruzwa mu gihe bitegerejwe kumenyekanishwa.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo bafite impungenge ko bashobora kuzahura n’ikiza cy’inzara kubera izuba ryatse cyane muri ibi bihe imyaka ikarumba, ubuyobozi bw’aka karere ariko bwo buvuga ko nta byacitse yagaragara muri aka karere bitewe n’izuba.
Abaturage bo mu Murenge wa Gataraga ho mu Karere ka Musanze bafite ikibazo cy’amazi, barasaba ubuyobozi kubagoboka bakabona amazi meza kuko bakoresha ibiroha bavoma muri parike y’Ibirunga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu, Amazi, Isuku n’Isukura (EWSA) kiratangaza ko mu mpera z’ukwezi kwa Kanama uyu mwaka wa 2014, mu karere ka Rwamagana haba huzuye uruganda rw’amashanyarazi y’izuba ruzashobora gutanga ingufu zigera kuri Megawatt 8.5.
Mu rwego rwo kongera agaciro k’umusaruro w’abaturage, mu karere ka Ngororero biyemeje gukwirakwiza amasoko manini ahasanzwe hakorerwa ubucuruzi bw’imyaka no kubaka amasoko mato mato mu mirenge kugirango hagurishirizwe umusaruro w’abaturage kandi ku giciro kibaha inyungu.
Inama nkuru y’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Ntara y’Iburasirazuba, yateranye tariki ya 8/07/2014 mu karere ka Rwamagana, yasabye ko abikorera barushaho kuba inkingi ikomeye mu kubaka iterambere u Rwanda rwifuza kugeraho, bibahereyeho ubwabo.
Umugezi wa Nyabuvomo utandukanya akagari ka Kabagesera ko mu murenge wa Runda n’aka Murehe ko mu murenge wa Rukoma. Abaturage b’utwo tugari bamaze igihe kirekire bagorwa no kwambuka uwo mugezi kuko nta kiraro cyariho.
Kuri iyi sabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye, abaturage b’akarere ka Ngororero barivuga ibigwi by’intambwe bamaze gutera mu bukungu, aho bavuga ko kwibohora bizamura mu bukungu ari inyiturano nziza ku barwaniriye igihugu ndetse bamwe bakahasiga ubuzima abandi bakahamugarira.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) cyagaragarije abacuruzi bo mu turere twa Nyanza na Ruhango ko bimwe mu bibatera igihombo hazamo no kutamenya amategeko agenga umwuga wabo w’ubucuruzi.
Amashami y’umuryango w’abibumbye (UN) akorera mu Rwanda, yahaye Leta inkunga ya miliyoni 28 z’amadolari ya Amerika ni ukuvuga asaga miliyari 19 z’amafaranga y’u Rwanda yo gutanga ubumenyi bwashoboza urubyiruko n’abagore kwihangira imishinga cyangwa guteza imbere iyo bafite.
Bamwe mu bacukuzi b’amabuye y’agaciro bakorera muri koperative KOMIKAGI mu karere ka Gakenke barishimira ko uburyo bacukuramo amabuye y’agaciro bimaze kubateza imbere bitandukanye na mbere ubwo bucukuzi bwakorwaga mu buryo bw’akajagari hakaboneka umusaruro udashimishije.
Mukabarinda Marie Paul, umugore wo mu karere ka Nyamagabe, aratangaza ko nyuma y’uko u Rwanda rubohowe abagore bagahabwa ijambo byamuhaye urubuga rwo gukora akiteza imbere, akaba amaze kugera ku ntera ishimishije atari kugeraho iyo rutabohorwa.
Mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 20 umunsi wo kwibohoza byabereye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, umuyobozi w’akarere Rwagaju Louis yasabye abaturage gushyira imbaraga mu gukorera hamwe, kugira ngo bagere ku iterambere rirambye.
NIBAN WINE Company Ltd ni sosiyete ikorera mu karere ka Rutsiro ahitwa mu Gisiza igizwe ahanini n’urubyiruko ikaba yarazanye agashya ko gukora inzoga n’umutobe mu bisheke mu rwego rwo gushaka igisubizo ku rutoki rwari rumaze gucika biturutse ku ndwara ya kirabiranya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko bwihaye gahunda ko umwaka wa 2018 uzasanga nta muturage wo muri ako karere uzaba agikennye ku buryo yaba agikeneye kwishyurirwa iby’ibanze nkenerwa kugira ngo ashobore kubaho.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Abanyarwanda bibohoye ubutegetsi bwababibyemo amacakubiri, agasozwa na Jenoside yakorewe Abatutsi, Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kamonyi baratangaza ko Leta y’Ubumwe iyobowe na FPR Inkotanyi yababohoye ku kunenwa bakorerwaga n’ibindi byiciro by’Abanyarwanda.
Isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryagombaga kubakwa mu mwaka wa 2014 ariko ntibize gushoboka biturutse ku mushoramari wahagaritse umushinga waryo, ubu noneho ngo rizubakwa mu mafaranga agaragara mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015.
Inkeragutabara 20 zirishimira ko zijihije umunsi wo kwiboro ku nshuro ya 20 zifite icyo zimaze kwigezaho mu rwego rw’iterambere. Ibi zabitangaje tariki ya 03/04/2014, ubwo zari zimaze kuremerwa inka na Koperative y’Inkeragutabara “Imbere Heza” ikorera mu karere ka Ruhango.
Ntirumenyerwa Yozefu uzwi ku izina rya Rwamahina arashimira umuturage witwa Nsengimana Pascal wamugiriye impuhwe nyuma yo kubona uburyo yari abayeho mu bukene, akamwubakira inzu akayimuha ku buntu hamwe n’ubutaka buyikikije.
Nyuma y’uko bimuwe mu isoko basanzwe bakoreramo kugira ngo ryubakwe mu buryo bugezweho, abacuruzi bakorera mu isoko rya Kabacuzi riri mu mujyi wa Nyamagabe baratangaza ko basabwa amafaranga arenze ayo bari basanzwe bishyura, bagasaba ko yagabanywa kugira ngo babashe kubona inyungu.
Abaturage batuye mu duce twa Bigogwe twegereye ibirunga nka Basumba, Kabatezi, Vuga n’utundi barizezwa ko ibibazo byo kutagira umuriro, imihanda ndetse n’amazi ahagije bafite bigiye gukemuka vuba.
Urubyiruko 210 rwo mu Karere ka Gakenke rwahuguwe mu myuga itandukanye irimo ububaji, ubudozi, ubwogoshi no gusudira rwahawe ibikoresho bizajya bibafasha mubyo bahuguwemo ariko runibutswa ko rugomba guharanira kwishyura iryo deni bahawe ngo rizagere no ku bandi.
Mu muganda ngarukakwezi wo kuwa 29 Kamena wabereye mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Muhororo, Minisitiri Mitari Protais yifatanyije n’abaturage mu guhanga umuhanda uzareshya na kilometero14 hakaba hamaze gukorwa izigera ku munani.