Bugesera: Basabwe ko kwibohora kwiza ari ukugera ku iterambere rirambye

Mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 20 umunsi wo kwibohoza byabereye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, umuyobozi w’akarere Rwagaju Louis yasabye abaturage gushyira imbaraga mu gukorera hamwe, kugira ngo bagere ku iterambere rirambye.

Ibyo birori byabanjirijwe n’akarasisi kakozwe n’ingabo n’abakorera bo mu karere ka Bugesera, barimo ibigo bya Leta n’ibyigenga, amashyirahamwe atandukanye y’iterambere ry’abaturage.

Mu buhamya bwatanzwe na bamwe mu baturage bo muri aka karere, bose bagaragaje ko bamaze gukataza mu iterambere nyuma y’iyi myaka makumyabiri ishize, nk’uko Rusanganwa Charles yabitangaje.

Abanyeshuri bakoze akarasisi bishimira ibimaze kugeraho.
Abanyeshuri bakoze akarasisi bishimira ibimaze kugeraho.

Yagize ati “nkanjye w’umwarimu nsanga urwego rw’uburezi rwarageze kuri byinshi muri iyi mwaka 20, kuko abana basigaye biga bagatsinda ntihagire uvutswa amahirwe yo kwiga bitandukanye na mbere aho hari bamwe mu batsindaga ntibahabwe amahirwe yo kwiga kuko ari abatutsi”.

Uyu mugabo kandi yishimira umutekano ndetse n’iterambere rigerwaho n’abaturage muri rusange ndetse n’akarere dore ko kari karahejejwe inyuma.

Abaturage bavuze ko kuba umunsi nk’uyu wizihizwa bibibutsa aho bavuye n’ibyo bamaze kugeraho, bityo bagatekereza ku cyerekezo baganamo.

Abo mu bigo by'abikorera nabo bagaragaje ibyo bakora.
Abo mu bigo by’abikorera nabo bagaragaje ibyo bakora.

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, yasabye abaturage b’akarere ka Bugesera gushyira imbaraga mu gukorera hamwe, mu rwego rwo gusigasira ibyo bagezeho gukomeza gukataza mu iterambere rirambye.

Ati “buri wese nasubize amaso inyuma arebe ibyagenzweho maze abashe gufata ingamba zo gukomeza gukora kugirango agere ku iterambere kuko ari ko kwibohora nyako”.

Bamwe mu basirikare n'abapolisi bitabiriye icyo gikorwa.
Bamwe mu basirikare n’abapolisi bitabiriye icyo gikorwa.

Yanabasabye gushyira imbaraga mu gucunga umutekano bafatanyije n’inzego z’umutekano, bityo bikaba inshingano ya buri muturage.

Ibi birori by’umunsi wo kwibohora byanaranzwe n’imikino itandukanye, irimo iy’abakina umukino wa karate, imivugo n’indirimbo, aho umuhanzi Sergent Robert yasusurukije abari babyitabiriye ku buryo bushimishije.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka