Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) kivuga ko umushinga wo kubaka umupaka umwe (One stop Border Post) rwagombaga guhuriraho na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) wadindijwe na RDC ivuga ko cyagize imbogamizi zo kubona ubutaka bwo kubakaho, mu gihe u Rwanda ruvuga ko rwarangije kwitegura (…)
Abacuruzi barema Isoko rya Rwagitima riherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, ngo basanga imisoro bacibwa ari myinshi kuko bacururiza ahantu hadasakaye nyamara ngo bagasoreshwa amafaranga angana n’ay’abacururiza ahasakaye basora.
Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Kayigi Aimable, arakangurira abasora kwirinda ababunganira mu misoro ba magendu n’abandi badakora kinyamwuga.
Abaturage bakoresha umuhanda Nyakinama-Vunga bahangayikishijwe no kwambuka umugezi wa Rubagabaga kuko bisaba kuvogera cyangwa guhekwa mu mugongo kuko nta kiraro kiriho, ndetse bikanabangamira ubuhahirane.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere gutwara bantu n’ibintu mu Rwanda (RTDA) buvuga ko bugiye gutangiza ibikorwa byo kubaka ibyambu ku kiyaga cya Kivu hagamijwe korohereza abakora ingendo zo mu mazi.
Abakozi bahawe akazi ko kwinjiza amakuru y’ibyiciro by’ubudehe muri mudasobwa mu Karere ka Kayonza barinubira kudahembwa kuko bamaze iminsi 20 bakora batarahembwa, kandi amasezerano bafitanye n’akarere avuga ko ku munsi wa 10 batangiye akazi bagomba guhabwa amafaranga y’iyo minsi kugira ngo abafashe kubaho.
Umunyamabanga mukuru muri ambasade ya Suwedi mu Rwanda ushinzwe iterambere n’ubukungu, Elina Scheja avuga ko yishimiye ibikorwa by’iterambere abaturage b’Akarere ka Nyamagabe bamaze kugeraho ndetse agashima urwego bimaze kugeraho rwo gushaka amasoko no gutanga akazi.
Minisitiri y’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba, atangaza ko itorero ry’abikorera mu Rwanda ryafashije Leta kubaka umucuruzi w’icyerekezo 2020, mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Nyamasheke asura imihanda inyuranye, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo, Dr Nzahabwanimana Aléxis, yasabye ko abagore bakora isuku ku mihanda no mu nkengero zayo bagomba kuba ari benshi nk’uko biteganywa n’amategeko kandi binakorwa no mu zindi nzego za leta.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga aratangaza ko abacuruzi bakwiye kubanza kugana inzego z’ubukemurampaka mu bucuruzi aho guhita birukira mu nkiko, kuko ari bwo buryo bwiza bwo kwihutisha ibisubizo bukanababikira ibanga ntibashyire ibibazo byabo ku karubanda.
Nyuma y’imyaka igera kuri itanu hatangijwe gahunda yo kuvugurura Umujyi wa Butare, hari ibyamaze kugerwaho abawutuye bafata nk’intambwe mu iterambere ry’akarere kabo.
Abacuruzi bo mu Ntara y’Uburengerazuba batangaza ko mu migiho bafite ari ukwishyira hamwe bagatangiza amasosiyete y’ubucuruzi akomeye kugira ngo babyaze umusaruro ikiyaga cya Kivu ndetse na Pariki y’igihugu ya Nyungwe bigaragara muri iyo ntara.
Abatuye mu Mirenge ya Musenyi na Shyara mu Karere ka Bugesera barasaba ko umuhanda uhuza iyo mirenge wakorwa vuba ukoroshya ubuhahirane kuko ubu budashoboka.
Bamwe bu bakiliya ba Duterimbere IFM Ltd bo mu Karere ka Huye baratangaza ko basanze kuba rwiyemezamirimo bigomba gutandukana no kuba nyir’urugo, bivuze ko iyo umuntu yiyemeje gukora imirimo imubyarira inyungu agomba gutandukanya amafaranga ava muri iyo mirimo n’ayo akoresha mu rugo, kugira ngo abashe kumenya niba yunguka (…)
Nyuma y’uko bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngororero batangaje ko batazi ikigega cya BDF (Business Development Fund), ndetse bakaba bataranagisobanuriwe, ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero hamwe n’abakozi b’icyo kigega barasaba abaturage kukigana kugira ngo bafashwe mu ishoramari.
Bamwe mu ba korera mu masoko atandukanye mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro batanga iri hejuru ugereranyije n’amafaranga binjiza, abandi bakanavuga ko n’amasoko bakoreramo atubakiye badakwiye gusora kimwe, bityo bagasaba ko imisoro yagabanywa.
Akarere ka Kayonza gaherutse kwishyura umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi [EU] Miliyoni zigera ku 133 z’amafaranga y’u Rwanda kari karahawe n’uwo muryango nk’inkunga.
Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, agendereye Akarere ka Huye Tariki ya 12 Mata 2015 akaganira n’abikorera ku cyakorwa kugira ngo barusheho guteza imbere akarere kabo, baravuga ko biteguye kwishyira hamwe bakagera ku bikorwa bibateza imbere ndetse binateza imbere abanyehuye muri rusange.
Abaturage b’Umurenge wa Murama mu Karere ka Kayonza bavuga ko kuba bataragerwaho n’amashanyarazi bikiri imbogamizi ku iterambere rya bo.
Abanyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kugurizanya “Sacco Abanzumugayo” yo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza biyujurije inyubako igezweho yubatswe mu mutungo bwite w’iyo Sacco nyuma y’imyaka itanu imaze itangiye gukora.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko abaregwa gukora amakosa yo kwiha amafaranga yagenewe abakene azwi nka VIUP, batangiye kuyishyura, nyuma y’uko bigaragariye ko hari abaturage bagiye bayahabwa ariko ntibayakoreshe icyo yagenewe abandi bayozi nabo bakayiguriza.
Nyuma y’imyaka ibiri gare yo mu Mujyi wa Butare itangiye kubakwa, ku itariki ya 9 Mata 2015 yatangiye gukoreshwa.
Bamwe mu bakozi b’Akarere ka Nyamasheke bandikiye ubuyobozi bw’akarere babusaba kurenganurwa nyuma y’uko basanze umushahara wabo waramaze kugabanurwa nyuma y’ivugururwa ry’inzego z’imirimo riherutse mu Karere ka Nyamasheke.
Abacuruzi bakorera mu Isoko rya Kibangu ryo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara bavuga ko kuba isoko bakoreramo ritubakiye bituma izuba n’imvura byangiza ibicuruzwa byabo bakaba basaba kubakirwa isoko risakaye.
Ingo 400 zo mu Murenge wa Shyara mu Karere ka Bugesera zimaze kubona umuriro w’amashanyarazi ku ngo zikabakaba ibihumbi bine.
Global Civic Sharing Rwanda, umushinga w’abanyakoreya ukorera mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi, washoje amahugurwa y’iminsi itanu yari ahuriyemo abayobora ibimina by’ubwisungane mu kwivuza, amahugurwa yari agamije kuberaka uko bateza imbere ibimina bayobora.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda muri gahunda yayo y’umurimo unoze yashyizeho abajyanama mu by’ubucuruzi bafasha by’umwihariko abagore n’urubyiruko mu gutegura imishinga yo gusaba inguzanyo mu bigo by’imari. Ngo ibi bizafasha gukangurira Abanyarwanda gukora ubucuruzi byunganire Leta guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka.
Abacuruza inyama mu isoko rya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe baravuga ko babuze abakiriya, bagakeka ko biterwa no kuba ari ku wa Gatanu Mutagatifu.
Abarema isoko rya Nkoto riherereye mu Kagari ka Sheri ho mu Murenge wa Rugarika bibaza impamvu ritubakiye ntirigire n’ubwiherero,kandi rimaze igihe ryinjiza amafaranga ava mu misoro y’abaricururizamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwafashe icyemezo cy’uko abarimu bazajya bahembwa mbere y’abandi bakozi b’akarere.