Uturere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, Ngoma na Kirehe two mu Ntara y’Uburasirazuba tumaze amasaha arenga 24 tutabona amashanyarazi.
Uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa ku isi (PAM) mu karere k’ibiyaga bigari no muri Afurika yo hagati, Valerie Guarnieri, yashimye uruhare abaturage bagira mu kwiteza imbere biciye mu mishinga ibafasha bakayibyaza umusaruro barwanya inzara n’ubukene.
Uruganda rukora Sima rwa CIMERWA rukorera i Rusizi mu Ntara y’Uburengerazuba rwamaze kwagura ibice byarwo bikora sima, ku buryo rugiye kuzajya rukora ikubye inshuro esheshatu iyo rwakoraga.
Umugabo witwa Ndayisenga François utuye mu Mudugudu wa Kivumu mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza aravuga ko ari mu bibazo by’akaga gakomeye bituruka ku mugabo yishingiye muri banki amwita inshuti magara ye, ariko yamara guhabwa inguzanyo akamutorokera mu gihugu cya Zambia.
U Rwanda ruratangaza ko ruzagurisha imifuka 14, 400 y’ikawa ku isosiyete y’abanyamerika icuruza ikawa ya Starbucks uyu mwaka wa 2015.
Ikigo mpuzamahanga cy’ivunjisha no kohererezanya amafaranga cyo muri Leta zunze ubumwe z’abarabu, UAE Exchange kivuga ko kigamije guteza imbere abacuruzi n’abandi bose bohererezanya amafaranga mu mahanga, ku giciro kibanogeye.
Rev. Past. Rwibasira Vincent wo mu Itorero Ryera Bethesida (Bethesda Holy Church) yanditse igitabo yise “Umukristo n’umusoro” kigaragaza ko abakirisito batitabira gahunda za Leta zirimo gutanga imisoro n’amahoro bahabanya no gushaka kw’Imana; ndetse bikaba byanabaviramo ingaruka z’ubukene no guta agakiza.
Dr Musafiri Papias, umuyobozi w’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ryigisha ubucuruzi n’ubukungu (College of Business and Economics), aratangaza ko abashakashakashatsi bagomba kugira uruhare mu iterambere ry’ibihugu byabo, bakanagira uruhare mu iterambere ry’akarere batuyemo muri rusange.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rwamagana bibumbiye muri Koperative “Abishyize hamwe” basana inkweto bagakora n’ibindi bikorwa by’ubukorikori, batangaza ko gutinyuka bagahanga umurimo byatumye babasha kwibeshaho neza mu miryango yabo ndetse bagahamya ko umuntu ufite ubumuga na we ashobora gukora imirimo imuteza imbere.
Bamwe mu barobyi n’abayobozi b’impuzamakoperative y’abarobyi mu Rwanda baratangaza ko kuba iri huriro ryabo ridatera imbere bituruka kuri bamwe muri bagenzi babo batitabira gutanga imisanzu yo kuriteza imbere kandi ari ryo ribakorera ubuvugizi.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho myiza y’abaturage, ku wa 29 Mata 2015, umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda wamurikiye abaturage umuyoboro w’amazi ureshya n’ibirometero 13 mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza.
Abakozi bashinzwe ibarurishamibare n’abashinzwe igenamigambi mu turere bavuga ko imibare yavuye mu ibarura ryakozwe mu w’2012 yakuyeho umuco wo gutekinika, kuko bakora ibikorwa bishingiye ku mibare y’ukuri.
Abagore 730 bacururizaga mu muhanda mu Mujyi wa Kigali biyemeje kuva mu muhanda bagakora ubucuruzi bw’umwuga.
Bamwe mu bacuruzi b’abagore bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umugore wumva afite ibitekerezo byo gucuruza adakwiye kubitinya, kuko abagore nabo bashobora gukora ubucuruzi kandi bukagenda neza.
Maga Kabera, umugore wo mu Kagari ka Barije mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare avuga ko yatangiye acuruza ijerekani imwe y’ubushera none ubu afite iduka ry’ibyuma by’imodoka rifite agaciro ka miliyoni 12.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka arasaba abanyarwanda by’umwihariko abikorera bo mu Karere ka Muhanga kugaragariza Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, icyo bazamufasha mu iterambere naramuka yemeye kongera kwiyamamariza indi Manda.
Abikorera bo mu Karere ka Burera bavuga ko mu kwaka inguzanyo mu ma banki hari bamwe bakwa ruswa kugira ngo amadosiye yabo yo kwaka inguzanyo yihutishwe.
Mu rugendo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Franҫois Kanimba yagiriye mu Karere ka Kirehe ku wa 24 Mata 2015 asura ahagiye kubakwa isoko mpuzamahanga ryambukiranya imipaka rya Rusumo, yavuze ko isoko rigiye kubakwa rizafasha abacuruzi barituriye kubonera ibicuruzwa hafi.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu ntara y’Amajyepfo, ruravuga ko mu myaka ibiri rutangije gahunda ya Saving Group, kuri ubu rumaze kwizigamira amafaranga akabakaba muri miliyoni 24.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza ntibwishimiye ko ibikorwa by’umuganda bikorwa buri mpera z’ukwezi bibarirwa agaciro gahanitse ariko ugasanga mu by’ukuri nta cyakozwe kigaragara ugereranyije n’ibyavuzwe.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Nyarusange bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo kwibumbira muri Koperative “Twisungane babyeyi” bahereye ku gishoro cy’amafaranga 50 buri muntu, none ubu bakaba bageze ku mutungo wa miliyoni eshanu.
Abikorera bo mu Karere ka Gatsibo barasabwa kugira uruhare mu iterambere ry’Akarere ndetse n’iry’Igihugu muri rusange, ibi bikaba byagerwaho mu gihe barushaho kwishyira hamwe bagahuza imbaraga.
Abikorera bo mu Karere ka Burera batangaza ko babangamiwe n’amwe mu mabanki atinda kubaha inguzanyo baba basabye cyangwa ntibanayihabwe bigatuma bagwa mu gihombo kandi baba batanze ibisabwa byose.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) kivuga ko umushinga wo kubaka umupaka umwe (One stop Border Post) rwagombaga guhuriraho na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) wadindijwe na RDC ivuga ko cyagize imbogamizi zo kubona ubutaka bwo kubakaho, mu gihe u Rwanda ruvuga ko rwarangije kwitegura (…)
Abacuruzi barema Isoko rya Rwagitima riherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, ngo basanga imisoro bacibwa ari myinshi kuko bacururiza ahantu hadasakaye nyamara ngo bagasoreshwa amafaranga angana n’ay’abacururiza ahasakaye basora.
Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Kayigi Aimable, arakangurira abasora kwirinda ababunganira mu misoro ba magendu n’abandi badakora kinyamwuga.
Abaturage bakoresha umuhanda Nyakinama-Vunga bahangayikishijwe no kwambuka umugezi wa Rubagabaga kuko bisaba kuvogera cyangwa guhekwa mu mugongo kuko nta kiraro kiriho, ndetse bikanabangamira ubuhahirane.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere gutwara bantu n’ibintu mu Rwanda (RTDA) buvuga ko bugiye gutangiza ibikorwa byo kubaka ibyambu ku kiyaga cya Kivu hagamijwe korohereza abakora ingendo zo mu mazi.
Abakozi bahawe akazi ko kwinjiza amakuru y’ibyiciro by’ubudehe muri mudasobwa mu Karere ka Kayonza barinubira kudahembwa kuko bamaze iminsi 20 bakora batarahembwa, kandi amasezerano bafitanye n’akarere avuga ko ku munsi wa 10 batangiye akazi bagomba guhabwa amafaranga y’iyo minsi kugira ngo abafashe kubaho.
Umunyamabanga mukuru muri ambasade ya Suwedi mu Rwanda ushinzwe iterambere n’ubukungu, Elina Scheja avuga ko yishimiye ibikorwa by’iterambere abaturage b’Akarere ka Nyamagabe bamaze kugeraho ndetse agashima urwego bimaze kugeraho rwo gushaka amasoko no gutanga akazi.