Itsinda ry’abasenateri ryari rimaze iminsi 10 risura ibikorwaremezo by’Umujyi wa Muhanga n’ibyaro, riravuga ko n’ubwo iterambere rigenda ryiyongera mu Karere hagikenewe byinshi byo gushyirwamo imbaraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko bitarenze Nzeri 2015 abaturage b’Umurenge wa Mbuye bazaba batangiye gucana amashanyarazi bemerewe na Perezida Paul Kagame ubwo aheruka gusura Akarere ka Ruhango mu mwaka wa 2012.
Isangano ry’abagore baharanira amajyambere y’icyaro (Reseaux des Femmes) rigiye gutangiza umushinga witwa “TUSHIRIKI WOTE” mu Karere ka Rusizi ugamije kongerera ubushobozi abagore 100, by’umwihariko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka mu rwego rwo kubateza imbere.
Nyuma y’icyumweru intumwa za Sena zisura Akarere ka Rubavu mu kugenzura gahunda y’imiturire no kunoza umujyi, tariki ya 27 Gicurasi 2015, zagaragaje ko hakiri ikibazo mu myubakire no gutunganya Umujyi wa Gisenyi ufatwa nk’uwa kabiri nyuma ya Kigali.
Abahejwe n’amateka bo mu Mudugudu wa Gitara, Akagari ka Coko, Umurenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuva aho ubuyobozi butangiye kubategurira umushinga w’ububumbyi bwa kijyambere, basanga buzababyarira umusaruro kurusha ubwo bakoraga mbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko mu gihe abandi Banyarwanda badatuye ku birwa bahabwa inguzanyo n’ibigo by’imari bagatanga ingwate z’imitungo yabo, bo ngo hashize imyaka 2 barafatiwe ingamba n’ibigo by’imari bikorera muri ako karere.
Abanyamuryango 133 bagize Koperative “Tuzamurane” y’abahinzi b’inanasi bo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, barishimira iterambere bavuga ko bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 9 bahawe ubuzima gatozi bakaba bafite n’uruganda rwumisha inanasi aho ikiro kimwe kigura amadorari 15, (+10,000FRW).
Ikigo gishinzwe gutanga amasoko ya Leta (RPPA) kiratangaza ko idindira ry’imishinga myinshi mu Rwanda ridaturuka ku itangwa ry’amasoko ubwaryo, ahubwo ko rituruka ku bashinzwe gushyira mu bikorwa imishinga iba yatangiwe amasoko hakiyongeraho no gutinda gusohoka kw’ingeno y’imari.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yasabye inama y’abafatanyabikorwa mu guteza imbere umurimo ibera i Kigali kuva tariki 25-26 Gicurasi 2015 gushakira ibisubizo ikibazo cy’ubushomeri, bugeze aho gutuma abantu benshi bava muri Afurika bakomeje kurohama mu nyanja ya Meditarane, bazira kujya gushaka imirimo i Burayi.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza aravuga ko nyuma y’uko Umurenge wa Nkombo wo mu Karere ka Rusizi wari waribagiranye, ubu ugaragaza impinduka nyinshi zikomeye mu iterambere haba mu bikorwaremezo birimo amashuri, ibigo nderabuzima, amashanyarazi n’ibindi, ibyo kandi bikaba bigaragara no mu mibereho y’abaturage.
Abayobozi mu nzego zigira uruhare mu igenamigambi mu Rwanda bumvikanye ko bagiye gushyira mu igenamigambi bakora umuhigo wo guhanga imirimo mishya, kugira ngo gahunda yo guhanga imirimo mishya ibihumbi 200 buri mwaka igerweho.
Mu biganiro byahuje Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame n’urubyiruko rw’abanyarwanda baba mu mahanga, ibiganiro bibera i Dallas muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Perezida Kagame yarusabye kwigira ku iterambere ry’ibihugu rubamo na rwo rukazabasha kwiteza imbere no guteza imbere u Rwanda.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Gakenke, by’umwihariko abakunze kurema isoko ryo mu Murenge wa Kivuruga, bagiye gusubizwa nyuma y’igihe kinini basaba ko bakubakirwa isoko kuko bakoreraga ahantu hadasobanutse.
Umugore witwa Ndacyayisenga Pélagie ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto avuga ko kamufatiye runini kuko kamutungiye umuryango ndetse kakanamufasha kuwuteza imbere.
Mu myaka ibiri mubazi zikoresha ikoranabuhanga (Electronic Billing Machines/EBM) zimaze zitangiye gukoreshwa mu Rwanda, zatangiye kugira akamaro ku gihugu kuko zahise zizamura imisoro Ikigo k’Igihugu gishinzwe imisoro (RRA) cyakiraga ho 5%.
Abaturage batuye mu Karere ka Nyamasheke cyane cyane abibumbiye mu mashyirahamwe, mu matsinda cyangwa se mu makoperative atandukanye, barasabwa gutera intambwe bakamenya uburyo bw’imicungire y’ibyo babamo, bagasezera gukora ntacyo bunguka kigaragara.
Urubyiruko rw’abakarani bibumbiye muri koperative “Abakunda umurimo” iterura imizigo mu Mujyi wa Kayonza bavuga ko akazi ka bo kabafashije kugera kuri byinshi n’ubwo bamwe bagafata nk’akazi gasuzuguritse.
Abakozi 56 bari mu nzego za Leta mu Ntara y’Amajyaruguru bambuye Koperative Umurenge SACCO zinyuranye ngo ntibazahembwa muri uku kwezi kwa Gatanu kuko umushahara wabo uzafatirwa wishyure ku nguzanyo barimo.
Umushinga wo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ukomeje kudindira, mu gihe nyamara ubwo wamurikirwaga abaturage mu mwaka w’2013, bizezwaga ko uzashyirwa mu bikorwa bidatinze.
Mu mpera z’icyumweru gishize, imirimo yo kubaka gare ndetse n’isoko rigezweho mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru yaratangijwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara baravuga ko ubucuruzi bumaze gutera imbere, kubera impunzi z’Abanyekongo zahatujwe, gusa bakanavuga ko bafite ikibazo cy’uko ibiribwa birushaho kuba bike kubera ubwinshi bwabo.
Umuyobozi wa Hoteri Sprendid, imwe rukumbi iri mu Mujyi wa Muhanga, avuga ko impamvu Muhanga idatera imbere mu by’amahoteri biterwa no kuba ibiciro leta igenera abajya muri za misiyo (Mission) birimo ubusumbane ku buryo bigoye gutinyuka gukorera misiyo i Muhanga.
Ba rwiyemezamirimo n’abakozi barebwa n’amasoko ya Leta bo mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, basobanuriwe itegeko rishya rigenga ayo masoko, mu rwego rwo gukumira ibibazo bya hato na hato bishobora kuvuka iyo hatabayeho kuyubahiriza.
Abashoramari umunani bo mu Ntara ya Manisa yo muri Turukiya bishimiye iterambere n’amahirwe mu ishoramari bigaragara mu Ntara y’Iburasirazuba, by’umwihariko mu buhinzi n’ubworozi ngo ku buryo byabahaye icyizere cyo kuzahashora imari yabo.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro, Rwanda Revenue Authority/RRA cyatangaje ko inzoga bakunze kwita suruduwire (sealed well) n’izindi nkayo, zigiye kurushaho guhenda nk’uko bigenda ku bindi bicuruzwa bisoreshwa by’umwihariko, mu rwego rwo gukumira kwangirika k’ubuzima bw’abaturage.
Itsinda ry’abashoramari umunani baturuka mu gihugu cya Turukiya bagiriye urugendo mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa 15 Gicurasi 2015 bagamije kureba aho bashora imari.
Ikigo cy’Igihugu cy’ Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyaburiye abajyanama b’abacuruzi mu bijyanye no gusora, ko abazafatwa bafatanyije n’abacuruzi kwanga gutanga imisoro ya Leta, bazahanwa kimwe nk’abo bagiriye inama.
Bamwe mu bakora ku nyubako y’ibiro by’Akarere ka Kamonyi biri kubakwa i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, tariki 14 Gicurasi 2015, bahagaritse akazi kuko bategereje guhembwa bagaheba, bakaba bafite impungenge ko inyubako nimurikirwa ubuyobozi Rwiyemezamirimo ubakoresha azigendera bakabura ubishyura.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bibumbiye mu mashyirahamwe atubura imigano ndetse akanayibyaza umusaruro, batangaza ko icyo gihingwa cyatumye bikura mu bukene ubu bakaba bagana iterambere.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete, aratangaza ko Banki y’Isi ariwe muterankunga uyoboye abandi mu gufasha u Rwanda kugera ku iterambere rirambye.