Urubyiruko rwibumbiye muri Koperative Terimbere Mucuruzi w’imboga n’imbuto ikorera mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke rurishimira ibikorwa by’iterambere rumaze kugeraho birimo n’isoko rwiyubakiye ruzajya rukoreramo kuko aho rwakoreraga hari hamaze kuba hato kandi hatajyanye n’igihe.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, abikorera bo muri aka karere ndetse n’abanyehuye bakorera i Kigali, ku wa 29 Werurwe 2015 hifujwe ko abafite imari bayishora mu bikorwa biteza imbere Akarere ka Huye.
Golden Tulip, isosiyete y’Abafaransa ifite amahoteli akomeye mu Bufaransa, kuri uyu wa 27 Werurwe 2015 yasinye amasezerano ayegurira gucunga La Palisse Hotel, iherereye mu Karere ka Bugesera
Inama njyanama y’Akarere ka Kayonza yateranye tariki 27 Werurwe 2015 yafashe icyemezo cy’uko inyubako ya SACCO ya Karambi yo mu Murenge wa Murundi ikomeza kubakwa, nyuma y’igihe kigera ku mezi ane yari imaze ihagaritswe.
Raporo y’imisoro n’amahoro y’Akarere ka Huye yo kuva mu mwaka wa 2011 kugeza mu wa 2014, igaragaza koKaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye ririmo akarere umwenda w’umusoro ku nyungu z’ubukode ungana na miliyoni 20, ibihumbi 92 n’amafaranga 535.
Sositeye y’ubwishingizi ya Prime Insurance yafunguye ishami ryayo rishya mu mujyi wa Rwamagana mu ntara y’Iburasirazuba, ishami rije gufasha abaturage gushinganisha ibyabo no gukomeza kubashishikariza akamaro ko kugira ubwishingizi.
“W” Initiative” ni gahunda igamije gufasha abari n’abategarugori gutinyuka kwizigama, kwihangira imirimo no kwaka inguzanyo ngo babashe gukomeza kwiteza imbere no gutegura ejo hazaza heza nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru w’iyi banki mu Rwanda Jean Claude Karayenzi, mu muhango wo kuyitangiza ku mugaragaro, wabaye kuri (…)
Umuyobozi ushinzwe abinjira n’abasohoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), NGOY MUKALAY Sixte arizeza abanyarwanda bakorera imirimo inyuranye muri RDC ko bagiye kuvugurura imikorere mibi irangwa ku mupaka wa Rusizi I.
Mu rwego rwo kwagura imikorere cyane cyane mu gutanga inguzanyo no guha serivisi abatari abanyamuryango, Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO HEZA Kamonyi, yagejeje ku banyamuryango ba yo umushinga wo guhinduka ikigo cy’imari, bahita bawemera.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM), François Kanimba aributsa abikorera bo mu Ntara y’Amajyaruguru ko Urwego rw’abikorera arirwo nkingi ya mwamba izatuma intego zitandukanye u Rwanda rwihaye, zirimo gahunda y’imbaturabukungu ndetse na gahunda yo guhanga imirimo zigerwaho.
Ikigo cy’u Rwanda gitwara abantu n’ibintu mu ndege (RwandAir) cyamaze gutumiza indege zo mu bwoko bwa Airbus A330 zizakoreshwa mu ngendo kigiye gutangira gukorera mu Burayi na Asia, zikaba ari ubwa mbere zizaba zigeze mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba.
Abikorera mu ntara y’amajyaruguru batangaza ko umwe mu mihigo bashyize imbere ari ugushishikariza bagenzi babo gukorana n’ibigo by’imari bakava ku ngeso yo gukorana na “Bank Lambert” igaragara kuri bamwe.
Nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Umujyi wa Kigali cyo kubaka ahantu hamwe imodoka zitwara abagenzi zizajya zibasanga ndetse zikanahabasiga, abagenzi barahamya ko bizafasha guca ubucucike bw’abagenzi ku mirongo, ndetse bikanabakiza izuba n’imvura byabiciraga ku mirongo bategereje amamodoka batazi igihe ari buzire.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu bakoraga ku ishuri ry’imyuga rya Rambo ryubakwaga mu Kagari ka Kiraga ku nkunga ya Bralirwa, bavuga ko bategereje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame igihe azagira mu Karere ka Rubavu kugira ngo abishyurize amafaranga bakoreye bakamburwa na rwiyemezamirimo, Twahirwa (…)
Abaturage bafite ibikorwa byangijwe ubwo hakorwaga umuyoboro w’amazi wa Migera ya III mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza bavuga ko bamaze umwaka bategereje ingurane y’ibyo bangirijwe ariko amaso yaheze mu kirere.
Imiyoboro y’amashanyarazi n’inyubako ziyakira mu Mujyi wa Kigali bigiye gusanwa no kubakwa hakoreshejwe inkunga yatanzwe n’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi (EU), kugira ngo Leta y’u Rwanda ikumire igihombo cy’amashanyarazi mu Mujyi wa Kigali kimaze kugera kuri 23%.
Abaturage bagera kuri 500 bari mu buzima bubi nyuma y’amezi arenga atandatu bakoze ku nyubako nshya z’ibitaro bya Kirehe ntibishyurwe, mu gihe mu kwezi k’Ukuboza bari bijejwe n’akarere ko bazageza tariki ya 01 Mutarama 2015 barishyuwe.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) baratangaza ko abacuruza serivisi mu Rwanda bihariye 57% (bingana na miliyari 5,389) by’umusaruro wose w’u Rwanda wo muri 2014 ngo ungana na tiriyari zirenga eshanu mu gihe muri 2013 ho ngo serivisi zari zinjije miliyari 4,864 (…)
Ubuyobozi bwa Koperative Umwalimu SACCO buravuga ko inguzayo ingana na Miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda yemerewe n’ikigo cy’Abaholandi cyitwa Oika Credit, izafasha abarimu kugera ku iterambere ryihuse ibunganira mu kunoza imishinga yabo.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza bafata itabi ry’igikamba n’ubugoro nk’imari ikomeye ibinjiriza amafaranga ikanabatungira imiryango.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali gukora ubucuruzi busukuye batanga imisoro nk’uko bayisabwa birinda kuba icyo yise “ibisambo”, kuko ari bwo bazaba bagaragaje umuco wo gukunda u Rwanda.
Isoko ry’amatungo ryubatswe mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu rimaze umwaka ridakora kubera ibiciro by’imisoro abacuruzi bavuga ko bitabanogeye bagahitamo kwigira mu isoko ry’amatungo rya Bigogwe mu Karere ka Nyabihu.
Abakoze imwe mu mirimo ijyanye n’iyubakwa ry’imihanda mishya yo mu Mujyi wa Huye baratangaza ko nyuma y’ubuvugizi bakorewe ubu bari guhabwa ibirarane by’imishahara yabo.
Abantu 20 baravuga ko bamaze umwaka n’igice bishyuza amafaranga bakoreye mu gukwirakwiza amashanyarazi mu Murenge wa Nyange wo mu Karere ka Ngororero ariko ntibishyurwe.
Bamwe mu bayobora Koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” baravuga ko guhomba kw’imishinga y’abaturage baba barasabye inguzanyo cyane cyane iyinganjemo iy’ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi, ari bimwe mu bituma koperative zamburwa.
Uhagaze Aléxis utuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma umaze imyaka 15 afite ubumuga, amaze gukura abafite ubumuga mu ngeso yo gusabiriza abigisha umwuga wo kudoda inkweto kuko yabonaga bimufitiye akamaro bimutungiye umugore n’abana umunani.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Bugesera, Munyanziza Zéphanie, n’ushinzwe akanama gatanga amasoko, Uzaribara Syrverie na Bimenyimana Martin, ushinzwe amasoko batawe muri yombi na polisi bashinjwa gutanga isoko ryo kubaka ibiro by’akarere bakariha utarishoboye.
Umucungamutungo w’Umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, Niyongabo Eric, ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Kirehe, akekwaho kwiba imisoro y’abaturage isaga ibihumbi 450 mu gihe cy’ukwezi kumwe yari amaze muri iyo mirimo.
Mu gihe harimo gutegurwa ibiganiro bizaba muri Mata 2015 hagati y’u Rwanda n’abashomari bo mu gihugu cya Pologne, bamwe muri abo bashoramali bageze mu Rwanda kuri wa 11 Werurwe basuye Akarere ka Rubavu bagaragaza inyota yo gushora imali mu buhinzi bwo mu Rwanda.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, n’intumwa ayoboye bageze ahitwa Sharm El Sheikh mu Misiri aho batumiwe na Perezida Abdel Fattah Al Sisi wa Misiri mu ihuriro rizitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Leta 110 ndetse n’abashoramari bakomeye 3,000.