Abacuruzi n’abaguzi bo mu Karere ka Musanze baratangaza ko kuba igiciro cy’ibikomoka kuri Peterori cyaragabanutse ntacyo byamariye abaturage kuko bitatumye ibiciro by’ibicuruzwa bimanuka, ahubwo ngo hari bimwe na bimwe byazamutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwatangiye kuganira n’abanyonzi bo mu Karere ka Musanze 3200 kugira ngo babyutse koperative CVM (Cooperative Velos de Musanze) yasenyutse, nyuma y’uko abanyonzi bagumutse bashinja ubuyobozi imicungire mibi y’umutungo.
Abacungamutungo ba za Koperative Umurenge SACCO zo mu Karere ka Ruhango baravuga ko baterwa ibihombo n’idindira na bamwe mu bayobozi bafata inguzanyo ntibazigarure.
Bamwe mu bashinzwe gutanga amasoko mu bigo binyuranye byo mu Karere ka Nyabihu baravuga ko bajyaga bakora amakosa mu mitangire y’amasoko kubera ubumenyi buke.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo batangaza ko bagambiriye kwishyira hamwe kugira ngo bayizamure ive mu bukene, dore ko ari yo ikennye cyane kurusha izindi mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa Cogebank bwatangaje ko abanyamigabane bayo biyemeje kongera umubare w’imigabane ku nyungu ku gishoro ungana na miliyari 7,3 z’amafaranga y’u Rwanda. Iki gishoro kikaba kiyongereye ugereranyije n’imigabane ihwanye na miliyari 5,1 yari isanganywe.
Cooperative Umwalimu SACCO iratangaza ko igiye gutangiza uburyo bushya bwo guha abanyamuryango bayo inguzanyo biciye mu mishinga yabo bwite bazajya bakora ibyara inyungu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko Hoteli imwe rukumbi igiye kuzura muri aka karere izatuma abashoramari bajya kuhakorera, kuko ngo bakomeje kugira imbogamizi zo kubura aho barara.
Abaturage 120 bakoraga ibikorwa by’isuku mu muhanda SONATUBE-NEMBA unyura mu Turere twa Bugesera na Kicukiro barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kubakurikiranira amafaranga bakoreye mu mwaka wa 2012 batishyuwe.
Tuyambaze Céléstin utuye mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe atanga ubuhamya bw’ukuntu yafashe utwe twose akajya muri Uganda bamubeshye ko hari ubuzima bwiza kurusha mu Rwanda, akamara ukwezi kumwe nta n’ijana asigaranye akigira inama yo kugaruka iwabo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe bakomeje gutaka ubukene batewe na bimwe mu bigo by’imari byafunze imiryango, ababigize baburirwa irengero na n’ubu abaturage bakaba baheze mu gihirahiro bibaza uko bazabona amafaranga yabo.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoresheje y’imari n’umutungo by’igihugu mu nteko ishinga amategeko (PAC ), bagiriye inama ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera kuzajya bubanza gushishoza kuri rwiyemeza mirimo bagiye guha isoko.
Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), John Rwangombwa atangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bushobora kuzazamuka hejuru ya 7% muri uyu mwaka wa 2014-2015 nubwo bateganyaga ko bwakwiyongera ku gipimo cya 6%.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kaniga, Jerome Ngendabanga, n’abandi bakozi ba leta bakoreraga muri aka karere bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi bakurikiranyweho imikoreshereze y’amafaranga agenewe imishinga yo gufasha abatishoboye (VUP) mu nyungu zabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame aratangaza ko niba nta gikozwe amazi ya Nyabarongo avanze n’ibitaka byinshi ashobora kugira ingaruka mbi ku rugomero rw’amashanyarazi rumaze kuzura.
Abaturage basaga 500 bo mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango baravuga ko bamaze amezi atatu batarahembwa amafaranga bakoreye muri VUP, bakavuga ko babayeho nabi kuko bataye imirimo yabo yababeshagaho n’amafaranga baje gukorera ntibayabone.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iratangaza ko ibiciro by’ibikomoka kuri peterori nka Lisansi na Mazutu, byagabanirijwe ibiciro, biva ku mafaranga y’u Rwanda 845 bigera kuri 810 by’igiciro fatizo.
Abapfakajwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, barishimira aho bagera mu iterambere nyuma y’akaga bahuye nako, bagashimira umuryango Femmes Développement wabegereye ukabafasha kwivana mu bukene.
Abakoresha ikiraro cya Rwagitugusa gihuza Uturere twa Ngoma na Kirehe baravuga ko kuba cyarangiritse bibangamiye ubuhahirane n’imigenderanire, kuko giteza ibibazo ibinyabiziga bihaca.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) bafatanye umucuruzi wo mu Mujyi wa Musanze witwa Ndagijimana Céléstin inzoga zihenze za magendu yishyiriragaho ikirango cy’uko zasoze (tax stamp) kugira ngo hatazagira umutahura ko anyereza imisoro ya Leta.
Kuba abarezi ari bamwe mu bakozi ba Leta bahembwa amafaranga makeye ugereranyije n’abandi ndetse n’ibiciro ku masoko ngo bituma babaho mu buzima bugoranye kandi bikaba byagira ingaruka ku bo bigisha bityo bakaba basaba ko Leta yabashyiriraho ihahiro ryihariye rijyanye n’ubushobozi bwabo.
Nyuma y’igihe kinini abarema isoko rya Rusumo riri mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero basaba ko bakubakirwa isoko rya kijyambere, ubu imirimo yo kuryubaka yamaze gutangira.
Abacuruzi bamaze umwaka bimuwe mu isoko ryo ku Kamonyi bakazanwa mu isoko ry’Ababikira b’ababernardine riri Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge; barataka igihombo baterwa no kutabona abaguzi kuko iryo soko bimuriwemo riherereye inyuma y’amazu y’ubucuruzi kandi akaba nta cyapa imodoka zihagararaho kiri ku muhanda.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) gifatanyije na leta y’u Rwanda cyatangiye kubakira abakozi bafite ubushobozi buciriritse amazu 609, mu rwego rwo gufasha igihugu kugera ku cyerekezo cyihaye cyo gufasha abakorera mu Mujyi wa Kigali kubona aho gutura.
Bamwe mu bikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakorera mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umwanya bahabwa wo kugaragaza ibikorwa byabo mu ruhame ari ingenzi kuri bo, kuko utuma bunguka abakiriya bashya.
Abakoresha umuhanda uva mu Mujyi wa Kabarondo ujya muri Pariki y’Akagera bishimiye kuba ugiye gusanwa kuko wari warangiritse ku buryo watezaga ibibazo birimo no guhuhura bamwe mu barwayi bajyaga kwivuriza ku bitaro bya Rwinkwavu, nk’uko babivuze ubwo hatangizwaga imirimo yo gusana uwo muhanda tariki 24/02/2015.
Ubuyobozi bw‘Akarere ka Ngororero buvuga ko bwiyemeje kwishyuza ku ngufu abantu ku giti cyabo cyangwa amatsinda y’abantu yahawe inguzanyo muri VUP ariko ntibayakoreshe ibyo bayasabiye ndetse bamwe bakaba nta n’ibikorwa bayakozemo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buratangaza ko guhera kuri uyu wa kabiri ya 24 Gashyantare 2015, isoko ritangira kurema kabiri mu cyumweru, rikazajya rirema buri wa wa kabiri na buri wa Gatanu.
Bamwe mu bacuruza urwagwa mu Mirenge ya Mimuli na Nyagatare yo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko batakibona abakiriya, ahanini bitewe n’uko igiciro cy’ibigori kiri hasi bityo abaturage bagurisha umusaruro wabo ntibasengere.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) igaragaza ko umucuruzi ubereye u Rwanda ari umucuruzi ukunda igihugu cye, agakora ubucuruzi bwemewe n’amategeko kandi agatanga imisoro uko bikwiye ntawe ubimuhatiye.