Guverineri wa BR John Rwangombwa, yabitangaje mu gutangaza ku mugaragaro Politiki y’ifaranga n’uko ubukungu buhagaze, tariki 27/8/2015.
Yagize ati “Dukurikije abo ducuruzanya nabo, aho dukura ibintu hanze ifaranga ryabo ryaragabanutse cyane. Mu magambo make mu rwego rw’imari duhagaze neza.”
Guverineri Rwangombwa yagaragaje ko mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 2015, ubukungu bw’igihugu bwazamutse ugereranyije n’umwaka ushize aho bwari bazamutseho 6,5.
Ubukungu bwazamutse bitewe n’uko umusaruro uva mu mirimo y’ubucuruzi, mu nganda, muri serivisi no mu buhinzi wiyongereye.
Icyegeranyo cyamuritswe kigaragaza ko umusaruro w’ubucuruzi wazamutse ku kigereranyo cya 15,0% mu gihe mu mwaka ushize wari wazamutseho 14%. Muri Serivisi wazamutseho 8,0%, mu nganda 7,0% naho mu buhinzi uzamukaho 4,0%.
Ikindi kigaragaza izamuka ry’ubukungu, ni uburyo ibigo by’imari n’amabanki byongereye ubwizigame n’umubare w’inguzanyo.
Hatanzwe inguzanyo nshya zigera kuri miliyari 360,8 z’amafaranga y’u Rwanda; zikaba zarazamutseho 10,8% ugereranyije n’umwaka ushize ahari hatanzwe miliyari 325,7 z’amafaranga y’ u Rwanda.
Cyakoze, Guverineri Rwangombwa, avuga ko ubukungu bw’igihugu bwazamutse bitewe n’ingamba zafashwe zo kwirinda ko ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro (inflation), ku buryo bukabije. Ugereranyije n’igihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2014, ryari ryataye agaciro ku kigereranyo cya 2,6% ariko ubu ryagataye kuri 1,5%.
Ugereranyije n’idorali ry’Amerika, ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku kigereranyo cya 3,6% muri Kamena 2015, bigera kuri 4,2% muri Nyakanga 2015.
Ariko ibindi bihugu ayabo yataye agaciro kurushaho. Idolari ry’Amerika ryazamutseho 7,1% ku ishiringi rya Kenya; rizamukaho 14,4% ku ishiringi rya Tanzaniya na 15,3% ugereranyije n’ishiringi rya Uganda.
Banki Nkuru y’u Rwanda, iratanga ikizere ko cy’uko izakomeza kubungabunga agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda, ku buryo umwaka wa 2015 uzarangira ubukungu bwarazamutse kuri 6,5% nk’uko byateganyijwe.
Marie Josee Uwiringira
Ibitekerezo ( 8 )
Ohereza igitekerezo
|
Haba ukuri nyako kwivujisha amafaranga yurwanda nayo hanze yurwanda namarundi bigashoboka? muburyobwiza nokuritwebwe bohasi
ubukungu nibyiza kuba bwarazamutse. ariko nanone bitewe nuko ibikenerwa byinshi tubikura mu mahanga hakwiye kwiga uburyo ifaranga ritakomeza guta agaciro. kuko biriya bihugu tuvuga Kenya, Uganda byo ifaranga niyo ritaye agaciro byibuze bafite byinshi batajya gushakira mumahanga ngo bagure amadevises. murakoze
Guverineri narebe uko yakwita kugaciro kifaranga kugirango dushobore kwihahira kumasoko mpuzamahanga,kuzamuka kubukungu imbere mugihugu byo biragaragara iriko ubukungu ntibusaranganijwe neza kukigero gishimishije.
Ubwo bukungu bwaba bwarazamuwe niki? ko mubigarara n’amaso ntacyo tubona.
Hakwiye gufatwa imbaga zihagije mukureba igishoboka cyose tutazasubira inyuma,Minister Rwangombwa yabisobanuye neza ariko abantu bakwiye kumenya ko Leta ya america kubera ko isigaye ikoresha amavuta yibikiye ibyo bituma batasohora amadolari menshyi asohoka bityo bigatuma ayabo agira agaciro ayabandi akagwa hasi.twizere ko hari ukwiga ingamba shya nka EAC members.
Thanks Minister kubisobanuron watuhaye kuko byatukuye mukihirahiro kubera nta makuru twari dufite ahagije ubu tugiye kwongera imbara kubyo dusora mumahanga.
waw ni byiza sana kuzamuka ry ubukungu bw u Rwanda
ababishinzwe bakomeze badukurikiranire neza maze ubukungu bukomeze buzamuke n’ifaranga naryo rizamuke amata abyare amavuta