Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Bosenibamwe Aime yabibasabye mu nama yamuhuje n’abikorera muri aka karere, kuri uyu wa gatanu tariki 28 Kanama 2015.

Yabasabye abikorera guhuza imbaraga bagashyira hamwe, bakabasha kubaka inyubako z’amazu agezweho ndetse ajyanye n’ikerekezo.
Yibukije abikorera ko gukorera hamwe, gukorana na za banki ko ari imwe mu nzira izabafasha kubaka izi nyubako zigezweho. Abizeza ko ubuyobozi buzabafasha mu nzira zose zishoboka kugirango batangire kubishyira mu bikorwa.
Muri iri vugurura ry’umujyi abikorera baboneyeho gusaba ubuyobozi, kubafasha gukora ingendoshuri mu tundi duce tw’u Rwanda twabashije kugera kuri iyi gahunda yo kubaka amazu y’ubucuruzi yo mu rwego rwo hejuru.
Bavuga ko bo nta bumenyi bafite bwo guhita babitangira, nk’uko byavuzwe na Mukiza Epaphrose umwe mubikorera bo mu karere ka Gicumbi.

Mvuyekure Alexandre umuyobozi w’akarere ka Gicumbi yemereye abacuruzi ko ingendoshuri zizatangira muri uku kwezi kwa cyenda kugirango nabo biborohere guhita batangira kubaka aya mazu.
Abacuruzi basabwe kwibumbira hamwe bakagira amafaranga batanga aho buri munyamuryango umugabane shingiro we ari miriyoni imwe, abamaze gutanga umusanzu wabo baka banga na 27 gusa.
Ubuyobozi bw’aka karere bukaba bwaramaze kubaha ikibanza cy’aho bazashyira inyubako zabo igihe bazaba batangiye kuzubaka.
Iyi gahunda iramutse ishyizwe mu bikorwa ikaba yizeweho guhindura isura y’umujyi wa Byumba ukirangwa n’amazu ashaje.
Ernestine Musanabera
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
uruhare rw’abikorera rurabasaba gukorera hamwe nabandi banyarwanda tukubaka igihugu buri wese yisangamo kandi kimubereye