Abakorera ubucuruzi mu isoko rya Rusumo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, barasaba kwimurwa bagashakirwa ahandi bakorera, ngo kuko aho bakorera ubu hatagira ubwiherero.
Umuyobozi wa RwandAir, Chance Ndagano avuga ko u Rwanda ruzungukira byinshi mu nama ihuza ibigo by’indege bya Afurika (AFRAA) izabera mu Rwanda mu mpera z’uyu mwaka.
Abaturage barema isoko rya Gasogororo ryo mu Karere ka Kayonza bavuga ko batarebanye neza n’abarituriye kubera kwanga kubugamisha mu gihe cy’imvura.
Intumwa z’u Rwanda na Congo barangije ibiganiro byari bigamije kureba uko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya umupaka bakoroherezwa.
Abakunda kurimba, bambara imyenda myiza itari caguwa bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Burera hagiye gutangira uruganda rukora imyenda y’ubwoko butandukanye.
Abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Karongi basabwe gutangira gutekereza kuri ejo hazaza habo, bashora imari mu mishinga ibabyarira inyungu.
Mu mwaka wa 2015, mu Rwanda hakozwe ubushakashatsi ku mibereho y’abaturage mu ngo bwiswe (EICV IV).
Abacuruzi 15 bitabira gutanga imisoro neza bo mu Ntara y’Iburengerazuba bahawe ibihembo bashishikariza n’abandi bacuruzi gutanga imisoro nk’uko bisabwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi bavuga ko isoko ry’imboga n’imbuto bubakiwe bazaribyaza umusaruro kuko mbere batararyubakirwa bacururizaga hanze.
Ku bufatanye bw’Akarere ka Rwamagana, n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abagenzi RFTC, mu Karere ka Rwamagana hatangiye kubakwa Gare nshya, izatwara akayabo ka 789,124,162 Frw.
Abakunzi b’ikigage cyaba igisembuye cyangwa ikidasembuye bakiguraga batizeye neza isuku yacyo bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Kamonyi hagiye kubakwa uruganda rugitunganya.
Ku bufatanye na Sosiyete y’Abashinwa yitwa Huajian Group, mu Rwanda hagiye gutangizwa uruganda rukora inkweto, amasakoshi, mudasobwa, telefone, ndetse n’ ibindi bikoresho bitandukanye.
Umuyobozi mushya wa Banki y’Abaturage (BPR) Maurice K.Toroitich arizeza abagana iyo banki serivisi inoze no kubafasha gukabya inzozi zabo.
Ugereranije abantu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 n’irya 2016, bigaragara ko uyu mwaka abitabiriye biyongereye.
Bamwe mu rubyiruko bo muri AERG/GAERG bafite imishinga ibyara inyungu bakora,barushanijwe kuyisobanura, abatsinze bemererwa inguzanyo itungukirwa.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Nzeli 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyazamutse.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2017) ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, abantu baritabira cyane kugura gaz n’amashyiga yayo ya kizungu kuko ibiciro byagabanijwe.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) rwatangaje ko imurikagurisha ryaberaga mu Rwanda "Expo2017" rizarangira ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Nzeri 2017.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko igiye gusubira mu masezerano Afurika ifitanye n’Amerika (AGOA), kugira ngo habeho guca imyenda ya caguwa nta bihano bifatiwe u Rwanda.
Umuceri w’u Rwanda muri Expo 2017 urimo kwitabirwa cyane n’abaguzi kuko uri ku giciro cyo kurangura k’uwigereye ku ruganda.
Ahamurikirwa ikawa y’u Rwanda muri Expo 2017 uhasanga abantu biganjemo Abanyarwanda bayigura, ari abayitahana cyangwa abanyweraho bakavuga ko bayikunze.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho muri Kirehe bahamya ko nyuma y’imyaka ibiri bimuriwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicaca ubuzima bwabo bwahindutse.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) ikangurira abaturage kwitabira gufunguza konti zitandukanye zibungukira nibura 5% buri mwaka, kugira ngo bagere ku iterambere bifuza.
Abanyarwanda bakorera cyangwa bifuza gukorera ubucuruzi muri Tanzania baracyahura n’ibibazo bitandukanye bibaca intege mu kazi kabo bakifuza ko byahinduka.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yasabye abamurika ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kongera ubwiza n’ubuziranenge, abagira inama yo kurebera kuri bamwe mu banyamahanga baje kumurika ibyo bakora.
Iribagiza Azela utuye mu Murenge wa Mwendo muri Ruhango ahamya ko igihingwa cya Geranium kuva yagihinga kimaze kumwinjiriza imari itubutse yamufashije kwikura mu bukene.
Dieudonné Twahirwa uhinga urusenda akanarugemura mu mahanga, avuga ko uyu mwaka ashobora kuzinjiza miliyoni 46RWf, nyuma yo kubona isoko mu mahanga.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruvuga ko Expo 2017 ifitiye udushya abazayisura ku buryo bashobora kuhakura ubwenge bwabafasha kuba abanyemari na bo.
Urebye uburyo avuga atuje kandi yicishije bugufi ntibyakorohera kumenya ko Jean Niyotwagira, umusore w’Umunyarwanda wo mu kigero cy’imyaka nka 29 ari umwe mu baherwe u Rwanda rutegereje mu myaka mike iri imbere.
Umushinga w’Abasuwisi witwa ‘Skat Consulting’ ugiye gutangira kubaka mu Rwanda inzu zo guturamo zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 6RWf na 15RWf.