Apostle Arome Osayi wo muri Nigeria ukunzwe n’abatari bake, agiye kuza mu Rwanda mu giterane cy’ivugabutumwa cyatumiwemo Chryso Ndasingwa na Yves Ndanyuzwe, aba bakaba ari bamwe mu bahanzi bakunzwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Pasiteri Kayumba Fraterne umenyerewe mu bikorwa by’ivugabutumwa no mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana uzwi nka ‘Gospel’ yashyize hanze indirimbo ivuga ibigwi bya Perezida Paul Kagame.
Umuhanzi Sam Gakuba wamamaye mu muziki nka Samlo kuwa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, yakoze ubukwe n’umukunzi we Mutesi Betty, bari maranye imyaka umunani bakundana.
Umunyarwenya Fred Omondi, akaba murumuna w’icyamamare mu gusetsa, Eric Omondi yitabye Imana nyuma y’impanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa gatanu. Yaguye mu bitaro bya Mama Lucy aho yari yahise ajyanwa kwitabwaho.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, David Adedeji Adeleke OON uzwi nka Davido, yatangaje ko yishimiye icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa Recording Academy butegura ibihembo bya Grammy Awards ku kwagurira ibikorwa muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati.
Umuraperi akaba n’umuririmbyi wo muri Nigeria, Skales, yamaganye mugenzi we wamamaye muri Afrobeats, Wizkid nyuma yo gutangaza amagambo ataravuzweho rumwe ko injyana ya Hip-Hop yapfuye.
Polisi yo mu mujyi wa Kampala muri Uganda yatangaje ko yatangiye gukora iperereza ku birego by’ihohotera bishinjwa umuhanzi w’icyamamare muri icyo gihugu no mu Karere, Joseph Mayanja uzwi cyane ku izina rya Dr Jose Chameleone.
Icyamamare Celine Dion, yagaragaje ibibazo by’ubuzima afite bitewe n’indwara yitwa ‘Stiff Person Syndrome’. Iyo ikaba ari indwara idasanzwe ihungabanya cyane imikorere y’imitsi n’imikaya y’umubiri w’umuntu.
Gateka Esther Brianne, wamenyekanye mu kuvanga imiziki nka DJ Brianne, kuri iki Cyumweru tariki 09 Kamena 2024, yabatijwe yakira Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza we.
Inama y’ubuyobozi bwa Kaminuza ya Howard University ifite inkomoko ku mateka y’abirabura bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington DC, yambuye umuhanzi w’injyana ya hip-hop Sean "Diddy" Combs impamyabumemyi y’icyubahiro yari yaramugeneye mu 2014.
Umuhanzi Cyusa Ibrahim umaze kubaka izina mu muziki Gakondo yatangaje ko igitaramo cye yise Migabo, yahisemo kucyitirira Perezida Paul Kagame kubera ibyiza byinshi amaze kugeza ku gihugu.
Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kamena 2024, yatangaje ko yageze mu Bubiligi mu mujyi wa Bruxelles aho afite igitaramo ku itariki 8 Kamena.
Ibiyobyabwenge ni kimwe mu mpamvu zikomeye mu gutera uburwayi ndetse bikanakurura urupfu ku bantu baba babikoresha, iyo usanga barabaswe nabyo cyangwa se bagakoresha ibirengeje igipimo.
Umuhanzi wo muri Nigeria, Oladapo Oyebanjo, ufite izina rya stage "D’banj,” yatangaje ko urugendo rwe rw’umuziki amazemo imyaka 20 ibyo yagezeho byose bitari gushoboka iyo atagira Michael Ajereh, uzwi cyane ku izina rya Don Jazzy wamufashije akamuba hafi.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Patrick Okorie, uzwi cyane ku izina rya Patoranking yarangije mu ishuri ry’ubucuruzi rya Harvard.
Umuhanzi ukomoka muri Ghana, Livingstone Etse Satekla uzwi nka Stonebwoy yegukanye igihembo cy’Umuhanzi w’Umwaka muri Telecel Ghana Music Awards (TGMA).
Gukina filime ni umwe mu myuga benshi usanga bifuza kujyamo bitewe n’uko ari uruganda rw’imyidagaduro rurimo amafaranga menshi haba mu bihe byahise ndetse bikaba byararushijeho kuba akarusho muri iyi myaka ya vuba nyuma y’umwaduko w’ikoranabuhanga riteye imbere by’umwihariko mu bihugu byateye imbere mu kuzikina no (…)
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Chinedu Okoli, uzwi cyane ku izina rya Flavour N’abania, ari mugahinda nyuma y’uko se, Benjamin Onyemaechi Okoli yitabye Imana.
Itsinda ryakanyujijeho mu bihe byashize ry’abakobwa b’abahanzikazi bakomoka mugihugu cya Uganda, ryamamaye ku izina rya BLU 3, ryari rigizwe na Jackie Chandiru, Lilian Mbabazi, na Cindy Sanyu, riri kwitegura kongera kwihuza binyuze mu ndirimbo nshya bateguje abakunzi babo.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Abdallah Utumatwishima yasabye urubyiruko kwitabira imikino ya BAL izabera mu Rwanda guhera ku wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024 muri BK Arena.
Mu gihe habura iminsi mike ngo imikino ya kamarampaka (Playoffs) itangire mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2024), hatangajwe urutonde rw’abahanzi bazasusurutsa abakunzi b’umukino wa basketball, bazaba baturutse hirya no hino ku Isi baje gukurikira iyi mikino izatangira ku wa gatanu, tariki 24 Gicurasi.
Aya mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu muraperi w’Umunyamerika, Sean ‘Combs’ Diddy wamenyekanye nka P. Diddy, akorera ibikorwa by’ihohotera birimo gukubita uwahoze ari umukunzi we, Casandra “Cassie” Ventura, mu cyumba cya hoteli.
Nyuma y’uko Nyampinga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Noelia Voigt w’imyaka 24 y’amavuko, yeguye kuri uwo mwanya yari yatorewe mu 2023, yashyize hanze amakuru mashya yatumye asubiza ikamba, harimo itotezwa, ibikorwa by’ihohoterwa n’imikorere idahwitse.
Umuhanzi Birori Phénéas, ni we wahimbye indirimbo yitwa ‘Guhinga birananiye’ bamwe bari bazi ko yitwa ‘Indayi ndayi, ndayi, nda ti, ti, ti…’ ubwo yigaga muri Collège Officiel de Kigali (COK), ishuri ryari rifite Orchestre y’abanyeshuri baririmbye indirimbo zanyuze benshi mu gihe cyabo (1972 - 1978).
Umuraperi w’Umunya-Canada Aubrey Drake Graham uzwi nka Drake, ubuzima bwe buri mu kaga nyuma y’uko urugo rwe ruherereye i Toronto rurashweho n’umutu utaramenyekanye agakomeretsa mu buryo bukomeye ushinzwe umutekano we.
Vumilia Mfitimana, umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo zihimbaza Imana, usengera mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, yateguye igitaramo ‘Nyigisha Live Concert’ yitiriye indirimbo ye ‘Nyigisha’ iri mu zo yasohoye zakunzwe cyane.
Umuhanzi Tumaini Byinshi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Kanani’, avuga ko irimo ubutumwa bukumbuza abantu Ijuru.
Mutesi Aurore Kayibanda wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2012, agiye kongera gukorera ubukwe.
Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo umuhanzi Ndasingwa Jean Chrysostome uzwi nka Chryso Ndasingwa, umenyerewe mu ndirimbo zo kurwamya no guhimbaza Imana, ataramire abakunzi be mu gitaramo ‘Wahozeho’, gitegerejwe na benshi ku Cyumweru tariki 05 Gicurasi 2024 muri BK Arena.
Sarah wahoze akundana na Diamond Platnumz, yasobanuye uko inkuru y’urukundo rwabo yafashije Diamond kwandika indirimbo yatumye amenyekana, ndetse n’umuzingo we wa mbere.