Umunyarwenya, ukomeye wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Harvey yavuze ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakwiye kubanza kwigirira imbabazi ubwabo kugira ngo bizabafashe gukomeza ubuzima kuko zidakwiye guhabwa gusa abakoze Jenoside.
Korali Hoziana yo muri ADEPR Nyarugenge, yateguye igitaramo cy’iminsi itatu cyiswe ‘Hoziana Gospel Celebration - Tugumane 2024’, kizaba gifite umwihariko wo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kristo bukagera kuri benshi.
Umuraperi w’icyamamare Aubrey Drake Graham (Drake), yahombye Amadorali 335,000 (asaga miliyoni 400 Frw) nyuma y’uko yari yayategeye Mike Tyson gutsinda ku mukino w’iteramakofi wamuhuje na Jake Paul.
Abaramyi barimo Diane Ella, Abid Cruz, Sutcliffe bahuje imbaraga na Niyo Bosco bakora indirimbo bise ‘UBU NDERA’, ikubiyemo ubutumwa bwo guhumuriza baremerewe n’ibyaha, babuze uwabaruhura iyo ngoyi bakegera Imana kuko ari yo itanga imbabazi ikaruhura abarushye.
Umuraperi Steven Munyurangabo uzwi cyane nka Siti True Karigombe, akaba umwe mu bamaze igihe kandi bahagaze neza muri njyana ya Hip Hop Nyarwanda, yashyize hanze Extended Play (EP) nshya yise ‘Ibyuya Byanjye’.
Ni nyuma y’uko amashusho agaragaza uuyu muhanzi w’icyamamare mu muziki ukomoka muri Tanzania, Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize ari mu rusengero apfukamye hasi, Umupasiteri arimo amusengera, akuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga.
Umuhanzikazi w’Umunyafurika y’Epfo, Tyla Laura Seethal, umaze kwamamara nka Tyla, yanditse amateka mu itangwa ry’ibihembo bya MTV Europe Music Awards (MTV EMAs 2024), byatangiwe mu Bwongereza.
Umuhanzi Paul Okoye uzwi nka Rudeboy, akaba n’umwe mu bari bagize itsinda rya P-Square ryakanyujijeho mu muziki wa Nigeria arashinja impanga ye Peter Okoye uzwi nka Mr. P. kumwiba indirimbo.
Ibi ni ibyashimangiriwe mu gitaramo ‘I Bweranganzo’ cya Chorale Christus Regnat, cyabaga ku nshuro ya Kabiri, ariko icy’uyu mwaka kikaba cyari gifite umwihariko wo gukusanya ubushobozi bwo gufasha abana baturuka mu miryango itishoboye bakababonera ifunguro ku ishuri.
Korali Christus Reignat, ikorera kuri Paruwasi Regina Pacis, igeze kure imyiteguro ya nyuma y’igitaramo ‘I Bweranganzo’, kigiye kuba ku nshuro ya Kabiri.
Icyamamare muri sinema y’Amerika, umushoramari n’umunyapolitiki, Arnold Schwarzenegger uzwi ku izina rya Komando, yemeje ko mu bakandida bahanganiye kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika, ashyigikiye Umudemukarate, Madamu Kamala Harris.
Gakwaya Celestin wamamaye nka Nkaka muri Sinema Nyarwanda, ari mu myiteguro ya nyuma yo kumurika filime ye nshya yise ‘Hell in Heaven’ izagaragaramo amasura y’abakinnyi bakomeye muri Sinema, ikazaba ishingiye ku byo abona mu rushako rw’iki gihe ndetse n’uburyo abantu bakwiye guhindura imyumvire.
Umuhanzikazi Shengero Aline Sano umaze kwamamara nka Alyn Sano, akaba umwe mu b’igitsinagore bahagaze neza, nyuma yo kugirira urugendo muri Kenya mu rwego rwo kumenyekanisha ibihangano bye, yahamije ko bitazarangirira aho kuko afitanye imishinga itandukanye n’abahanzi bo muri icyo gihugu.
Umuhanzikazi Celine Uwase yageneye ubutumwa abantu muri iki gihe bagaragara nk’abavuye mu nzira nziza bahozemo, ababwira ko bakwiye guhindura iyo myitwarire mibi bakava mu byaha, ahubwo bakarangwa n’imyitwarire myiza ishimwa n’Imana n’abantu.
Abafana ba nyakwigendera Liam Payne waririmbaga mu itsinda rya One Direction, bavuze ko barakajwe cyane no kuba hateguwe ikiganiro kuri televiziyo kidasanzwe kivuga ku minsi ye ya nyuma, hatarashira n’iminsi yitabye Imana.
Umukinnyi wa film w’Umwongereza, Idris Elba yabwiye BBC ko afite gahunda yo kwimukira muri Afurika, akahamara imyaka 10 muri gahunda afite yo gushyigikira umwuga wo gukina film kuri uyu mugabane.
Umushumba Mukuru wa Noble Family Church ndetse na Women Foundation Ministries, Apostle Mignonne Kabera, agiye gukorera igiterane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igiterane mpuzamahanga kizwi ku izina rya ‘Connect Conference’.
Mu gihugu cya Uganda hari kubera igiterane gikomeye cyiswe ‘Miracle Gospel Celebration’ cyateguwe n’Umuvugabutumwa w’umunyamerika Dana Morey uheruka guhembura imitima y’Abanyarwanda mu biterane byabareye mu Bugesera, Nyagatare na Kirehe.
Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction, yitabye Imana ku myaka 31 muri Argentine nyuma y’uko ahanutse ku rubaraza rw’igorofa ya gatatu ya hoteli mu Mujyi wa Buenos Aires.
Joann Kelly uzwi nka Buku Abi, umukobwa w’umuririmbyi Robert Sylvester Kelly wamamaye nka R. Kelly, yatangaje inkuru yatunguye benshi ubwo yavugaga ko Se, yamukoreye ibikorwa by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina akiri muto.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, arashishikariza abahanzi kuzitabira inama ya ACCESS 2024 u Rwanda rugiye kwakira, kuko ari inama izabafasha kunguka ubumenyi bw’uburyo babyaza inyungu ibihangano byabo, cyane cyane muri iki gihe cy’iterambere ry’ikoranabuhanga.
Korari La Porte d’Or yo mu Ishuri ry’Abadiventisiti Ryisumbuye rya Karenge (KASS) riherereye mu Murenge wa karenge mu Karere ka Rwamagana igeze kure imyiteguro y’igitaramo cyo Gushima Imana no Kumurika Umuzingo (Alubumu) wa Gatatu w’Indirimbo z’Amashusho.
Mu bakurikiranye ibikorwa byo kwiyamamaza by’umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame, mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, byagorana kubona umuntu utarumvise indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’.
Urubanza rw’umuraperi Sean Combs uzwi nka Diddy ushinjwa guhohotera abagore barimo n’uwo bigeze gucudika (Cassie Ventura), no gucuruza urubyiruko mu mibonano mpuzabitsina rukomeje kugenda ruhindura isura.
Kid From Kigali, umwe mu basore b’abaraperi batanga icyizere muri muzika y’u Rwanda, yahuje imbaraga n’umuhanzi ukomeye mu njyana ya Rap muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Skilla Baby bashyira hanze indirimbo bise ‘Business’.
Umuhanzikazi Teta Cyuzuzo Liza (Lisaa) uhamya ko inzozi ze zibaye impamo, yiyongereye ku rutonde rw’abakobwa bakora umuziki, mu ruhando rw’imyidagaduro mu Rwanda, nyuma y’uko ashyize hanze indirimbo ye ya mbere yise ‘Forever’.
Umuhanzi ukomoka muri Afurika y’Epfo, wamamaye mu ndirimbo zihimbaza Imana, Solomon Molokoane uzwi cyane ku izina rya Solly Moholo, yitabye Imana afite imyaka 65.
Abatuye ndetse n’abagenderera Umujyi wa Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ku itariki ya 12-18 Ukwakira 2024, bazasusurutswa n’iserukiramuco rikomeye ry’umuco n’ubukerarugendo rigamije guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku muco.
Abantu bagera ku 120 batangaje ko bagiye kugeza ibirego byabo mu nkiko, barega umuhanzi Sean John Combs, uzwi nka P Diddy ihohotera rishingiye ku gitsina, gufata ku ngufu, no kubakoresha imibonano mpuzabitsina bigamije inyungu.
Umuhanzikazi ukomoka mu gihugu cya Uganda, Spice Diana, yatunguye benshi ubwo yatangazaga ko umwaka ushize icyamamare Diamond Platnumz, yanze ko bakora indirimbo (Collabo), nyuma y’uko amuhakaniye ko badashobora kuryamana.