Mukakalisa Margaret utuye mu kagari ka Nkoma, umurenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare arwariye mu bitaro bya CHUK nyuma yo gukurwamo amaso n’umugore yari acumbikiye mu ijoro rya tariki 15/08/2012 amuhora kumushinja amarozi.
Umubyeyi witwa Murekatete Mariya usanzwe azwiho kuba afite uburwayi bwo mu mutwe yatorotse ibitaro bya Nyanza aburirwa irengero nyuma yo kwibaruka uruhinja rw’umwana w’umuhungu.
Uretse kuba urusaku rwo mu byumba by’amasengesho rubangamira abaturage batuye hafi ya byo, ngo biranashoboka ko hari ababijyamo batajyanyweyo no gusenga ahubwo bagamije gusambana nk’uko bamwe mu bayobozi b’amadini n’amatorero mu murenge wa Mukarange babivuga.
Umukobwa w’imyaka 25 witwa Mwangaza Manyuku ukomoka mu karere ka Kicukiro yataye umwana we mu musarani wo muri gare ya Rusizi mu masaha ya saa sita z’amanwa tariki 15/08/2012.
Inama nkuru y’urubyiruko (NYC) yavuze ko izahana abahuzabikorwa b’inzego z’urubyiruko bo mu nzego z’ibanze badakorana inama n’inteko rusange mu duce batuyemo, kuko bituma imihigo itagerwaho uko bikwiye.
Nyuma y’iminsi ibiri inkongi y’umuriro itwitse ishyamba rya Nyungwe ku buso burenga hegitari imwe, ubuyobozi bwatunze agatoki abahigi ko baba aribo nyirabayazana w’iyi nkongi.
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) cyemeza ko ibarura rusange rya kane rifite gahunda ihamye kuri buri Muturarwanda, harimo no kugera ku bantu batagira ingo babarizwamo; nk’uko Juvenal Munyarugerero, umuhuzabikorwa wa NISR mu mujyi wa Kigali yabitangaje.
Umugabo wo mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yashyingiranywe n’abagore batatu kuzabana akaramata ndetse na pasiteri abiha umugisha.
Twahirwa Innocent wo mu kagari ka Kinini mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga yiyahuye yimanitse mu mugozi mu ijoro ryo ku wa 15/08/2012.
Bamwe mu batuye akarere ka Burera batangaza ko kuba abageni baho bajya gushyingirwa cyangwa gusezerana bagenda n’amaguru ari umuco wo muri ako gace kuko bituma abanyamuryango babo babashyigikira bakabaherekeza inzira yose babaririmbira.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibijyanwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB) kiratangaza ko gifite gahunda yo kongera umusaruro wa kawa n’amafaranga ayivamo, kibinyujije mu gukomeza guhugura abahinzi bayo.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wa Assomption, Kiriziya Gatorika yo muri Poland ifatanyije n’umuryango w’Abanyarwanda baba muri icyo gihugu mujyi witwa Lupca bateguye gahunda bise umunsi w’umwana w’umunyafurika.
Umuhanzi Antoine Christophe Agbepa Mumba uzwi ku izina rya Koffi Olomide yakatiwe igihano cy’amezi atatu y’insubikagifungo kuwa kane tariki 16/08/2012 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umutunganyiriza indirimbo (Producer).
Ubwumvikane buke hagati y’umugabo n’umugore bo mu Murenge wa Gakenke bwatumwe umugabo asiga buji mu cyumba cy’uruganiriro ajya kuryama maze itwika igice kimwe cy’igisenge cy’inzu mu ijoro tariki 16/08/2012 .
Isaie Songa na Mouhamed Mushimiyimana bakina mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya SEC bazerekeza mu Bubiligi gukora igeragezwa mu ikipe ya Royal Antwerp ku wa gatandatu tariki 18/08/2012.
Umugore witwa Nyirakaje Florida yatawe muri yombi na polisi mu karere ka Musanze akekwaho icyaha cyo kujugunya umwana w’iminsi ine mu bihuru.
Ihuriro ry’Abanyarwanda baba mu Bubiligi (DRB-Rugari asbl) rirategura imyigaragambyo mu mutuzo izaba kuri uyu wa gatandatu tariki 18/08/2012 igamijwe kwamagana ibikorwa bya kinyamaswa bakomeje gukorerwa n’Abanyekongo batuye icyo gihugu.
Abashakashatsi b’Abanyamerika ngo bavumbuye umuti ushobora guhagarika ikorwa ry’intanga ngabo. Uyu muti utanga icyizere ko wabafasha kuvumbura ibinini abagabo bakwifashisha mu kuringaniza urubyaro bitabaye ngombwa ko ruhagarikwa burundu.
Imanza zitiriwe Abanyabutare ziburanishirizwa mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) zimaze igihe kirenga imyaka 10 ziburanishwa zitararangizwa kubera ikibazo cyo guhindurwa mu rurimi rw’igifaransa abaregwa bumva.
Abaminisitiri b’ingabo hamwe n’izindi nzego z’umutekano z’ibihugu bihuriye mu karere k’ibiyaga bigari bari mu nama yiga ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Kongo basabye ko hakoreshwa ingabo zo mu bihugu by’Afurika mu kurinda umupaka w’u Rwanda na Kongo.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko amazu yerekana filimi zisobanuye mu Kinyarwanda na yo ari ibiyobyabwenge abantu badaha agaciro ngo batekereze ku ngaruka mbi bifite ku bana b’u Rwanda.
Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda, Kunio Hatanaka, arasaba ko inyigo y’inzu abagenzi bazajya baruhukiramo (road site station) yakwihutishwa kugira ngo amafaranga yo kuyubaka azaboneke vuba.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Amajyaruguru, kuwa kane tariki 16/08/2012 bashinze ishyirahamwe banahita batora abagize komite nyobozi y’iri shyirahamwe.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yakoze impanuka ku wa kane tariki 16/08/2012 saa cyenda n’igice z’igicamunsi igarama mu muhanda mu ikoni riri mu metero nkeya uvuye ku gasentere ka Base, umurenge wa Gashenyi umushoferi na kigingi barimo basohokamo ari bazima.
Abayobozi ba polisi y’u Rwanda n’iya Uganda bateraniye mu karere ka Musanze mu rwego rwo gushakira umuti urambye ibyaha ndengamipaka nk’ubujura bw’amamodoka, iyinjizwa rya kanyanga mu Rwanda, ubucuruzi bw’abantu n’ibindi.
Nyuma yo kubona ko ibihangano byinshi ku isi bituruka muri Afurika, u Rwanda rufite gahunda yo gushyiraho uburyo ibihangano bikomoka muri iki gihugu bizajya birindwa bikagirira ba nyirabyo akamaro.
Ikigega Leta y’u Rwanda yatangije cyiswe “Agaciro Development Fund” kigamije gufasha Abanyrwanda kwishakamo ibisubizo mu gihe abaterankunga batubahirije amasezerano y’ubufatanye; nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa.
Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Gatera James, yasuye abakiriya b’ishami ryayo rya Nyamasheke kuri uyu wa kane tariki 16/08/2012, mu rwego rwo kuganira nabo no kungurana ibitekerezo.
Niyomufasha Clarisse w’imyaka 18 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kaziba, akagali ka Gahombo, umurenge wa Kigoma, akarere ka Nyanza mu ijoro rya tariki 15/08/2012 yakubiswe umuhini na nyina umubyara amuziza kuba yatashye atinze.
Niyokwizerwa Solange w’imyaka 30 afungiye kuri station ya Polisi ya Kanjongo mu murenge wa Macuba akekwaho kuba yaragize uruhare mu rupfu rw’umugabo we witwa Gahamanyi Uziya w’imyaka 45 y’amavuko rwabaye tariki 15/08/2012 saa sita z’ijoro.
Bizimana Sehinja w’imyaka 22 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera nyuma yo gutabwa muri yombi yatorotse uburoko.
Mu gihe umuryango FPR-Inkotanyi usigaje iminsi mike ngo wizihize isabukuru y’imyaka 25 umaze ushinzwe, abagore n’abakobwa bo mu karere ka Karongi barishimira ko bahawe ijambo kandi bakanatera imbere muri byinshi.
Urugo rwa Prezida wa Repubulika, Paul Kagame, ruri mu rwibarujwe kuri uyu wa kane tariki ya 16/08/2012 ubwo igikorwa cy’ibarura rusange rya kane cyatangiraga mu gihugu hose, mu rwego rwo gutanga urugero ku bandi Banyarwanda bose.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Urubyiruko rikora ku Buhinzi (AJEMAC) mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi, bwatangiye guteza imbere ubuhinzi bw’urutoki binyuze muri gahunda bise macro propagation.
Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bakorera mu karere ka Kamonyi babangamirwa n’abagakora badafite ibyangombwa bita “inyeshyamba”. Batunga agatoki abayobozi ba koperative yabo ko babakingira ikibaba ngo badafatwa na polisi ikabahana.
Igikorwa cy’ibarura rya kane ry’abaturage batuye u Rwanda ryatangiye tariki 16/08/2012 ku rwego rw’akarere ka Nyanza ryahereye mu rugo rwa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari.
Abakozi b’akarere ka Rwamagana bakorera mu tugari barinubira ko ubuyobozi bw’akarere butabafata kimwe n’abakozi bagenzi babo bakorera mu mirenge no ku cyicaro cy’akarere.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Adolphe Bagabo uzwi ku izina rya Kamichi, kuri uyu wa kane tariki 16/08/2012 arashyira hanze indirimbo nshya yise “Byacitse” yakorewe muri Bridge Records.
Kuri uyu munsi ibarura rya kane ry’abaturage n’imiturire ryatangiye, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arizeza abakarani b’ibarura ko bazabasha gusohoza inshingano zabo muri iyo Ntara nta nkomyi.
Abakorera imirimo itandukanye muri gare ya Musanze babangamiwe n’ivumbi ryinshi rihari muri iki gihe cy’impeshyi ribahuma amaso ari nako ribinjira mu myanya y’ubuhumekero.
Umuhanzi wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Antoine Christophe Agbepa Mumba uzwi ku izina rya Koffi Olomide yatawe muri yombi tariki 15/08/2012 nyuma yo gukubita no gukomeretsa umutunganyiriza indirimbo (producer).
José Mourinho utoza Real Madrid, asanga atagikwiye gukomeza kwitwa akazina “the special one” bivuze umuntu udasanzwe, ahubwo ko akwiye kwitwa “the only one” bisobanuye umuntu wihariye bitewe n’uko amateka yakoze nta wundi urayageraho.
Nyuma y’ubujura bwo gucukura inzu z’ubucuruzi bumaze iminsi bwibasiye abacuruzi, umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nemba, Niyitegeka Prosper, yibwe ipikipiki yo mu bwoko bwa Yamaha AG 100 ubwo yari mu nama ku biro by’akarere ka Gakenke.
Uwamariya Vestine utuye mu murenge wa Kibungo mu akarere ka Ngoma ufite imyaka 28 n’abana batatu avuga ko kuba yarasanze ataranduye SIDA kandi yari amaze imyaka 12 akora umwuga w’uburaya agomba guhita abireka.
Radiyo Huguka ikorera mu karere ka Muhanga yatewe n’abantu bataramenyekana saa munani z’ijoro rishyira tariki 15/08/2012.
Abana bari mu cyigero cy’imyaka irindwi kugeza kuri 15 bagiye kwitoramo abazabahagararira mu nama y’igihugu y’abana mu gihe cy’imyaka itatu, mu matora ateganyijwe gutangira tariki 16 kugeza kuri 22/08/2012.
Umukecuru witwa Mukamusoni Tasiyana utuye mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi amaze imyaka ibiri mu manza n’umugabo we bapha ububuharike.
Abagenzacyaha n’abashinjacyaha bo mu ifasi y’ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Rusizi na Nyamasheke basanga hari byinshi igitabo gishya cy’amategeko ahana mu Rwanda kije gukemura kuko hari ibyaha byakorwaga hakabura itegeko ribihana.
Ibikorwa byo gushishikariza abantu umunsi wahariwe ubutabazi ku isi (World Humanitarian Day Campaign) bimaze kugera ku bantu barenga miliyoni 100 bari biyemejwe. Kugera tariki 19/08/2012 ngo bazaba bageze kuri miliyari imwe.
Abahinzi b’ingano bo mu mirenge ya Mukura mu karere ka Rutsiro, na Rugabano mu karere ka Karongi barateganya gusarura toni 276 z’ingano. Ikilo kimwe cy’ingano bakazakigurisha amafaranga 480.