Cardif City bakunze kwitwa ‘Blue Birds’ ikazatangira gukinamo mu mwaka w’imikino wa 2013/2014.
Inota rimwe bavanye imbere ya Burnley ryatumye Cardiff igira amanota 85 mu gihe Hull City iza ku mwanya wa kabiri ifite 78, bivuze ko mu mikino ibiri ya shampiyona isigaye n’iyo Cardiff yayitsindwa igikombe cyamaze kuba icyayo.

Igitego cya Cardiff cyatsinzwe na Craig Conway mu gice cya mbere, ariko Burnley irimo kurwana no kutamanuka mu cyiciro cya gatatu iza kucyishyura ku munota wa 90 umukino ugiye kurangira gitsinzwe na Edgar Davids.
Hull City na Watford ziri ku mwanya wa kabiri n’uwa gatatu, nazo mu gihe zakwitwara neza mu mikino ibiri ya shampiyina isigaye, nazo zazamukana na Cardiff mu cyiciro cya mbere.
Nyuma yo kuzamura ikipe ya Cardiff mu cyiciro cya mbere, umutoza wayo Malky Mackay yavuze ko bari barihaye intego yo kuzamuka kuva shampiyona igitangira, kandi icyatumye bayigeraho ni uko batigeze basuzugura ikipe iyo ariyo yose.

Ubusanzwe Cardif City FC ni ikipe yo muri Wales mu mujyi wa Cardiff, ariko ikaba ikinira muri shampiyona y’Ubwongereza.
Theoneste Nisingizwe
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|