Abahanzi biyise ibyamamare bya Nyamasheke (Nyamasheke all stars) bakoze indirimbo bashyize hamwe bayita “indongozi”. Aba bahanzi bavuga ko nta bundi buryo bafite bwo gushima ibyiza akarere kabo kamaze kugeraho atari ukubiririmba no babiratira abahandi batabizi.
Bamwe mu bafite insyo zisya imyaka muri centre ya Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bashinjanya kubangamirana mu bucuruzi, aho bamwe bavuga ko mugenzi wabo yanze ko bimukira ahandi kugira ngo agumane isoko wenyine.
Abaturage mu murenge wa Bushekeri bamaze iminsi bahangayikishijwe n’ahantu hacukurwa amabuye Abashinwa bifashisha mu gukora umuhanda uva i Rusizi ugana i Karongi kuko bibasenyera amazu bikabateza n’izindi mpanuka.
Mu gihe abaturage bakoze imirimo yo kubaka laboratoire ebyiri zo kwigishirizamo amasomo ngiro ku ishuli ryisumbuye rya SOPEM Rukomo bavuga ko bambuwe amafaranga bakoreye, ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutezimbere uburezi (REB) buvuga ko bitarenze impera z’uku kwezi iki kibazo kizaba cyavugutiwe umuti.
Gereza ya Nyanza izwi ku izina rya Mpanga ikaba iherereye mu karere ka Nyanza yasuwe n’Abanyamerika biganjemo Abayahudi barokotse Jenoside mu gihe Ubudage n’uburayi byari byigaruriwe na Adolphe Hitler.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye mu kigo cy’amashuri cya E.S.Gahunga giherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, mu ijoro rishyira tariki ya 03/04/2013 yafashwe n’abanyerondo amaze gukuramo inda y’amezi atanu maze bamushyikiriza Polisi y’u Rwanda ikorera muri uwo murenge.
Dunia Anathalie ufite ubumuga bwo kutabona ukomoka mu Murenge wa Remera ho mu Karere ka Musanze amaze imyaka ibiri acuruza imboga, inyanya n’ibijyanye na boutique, ibi bimubeshejeho kandi hari intambwe igaragara amaze gutera mu mibereho ye.
Kuri uyu wa kane tariki 3 Mata 2014, mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gashali habaye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarekane 296 zishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Abanyapolitiki baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nabo bazibukwa ukwabo kuko bazize kudashyigikira ibyakorwaga na politiki y’icyo gihe, nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali.
Mu rugendo rw’iminsi umunani abasirikare bakuru 21 bo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria bagirarira mu Rwanda, batangaza ko kuza kwigira mu Rwanda basanga hari byinshi bakunguka mu kwicyemurira ibibazo kurusha uko bajya hanze y’Afurika.
Ubwo Nyiributungane Papa Fransisiko yakiraga abepisikopi bo mu Rwanda bari mu rugendo i Vaticani kuri uyu wa kane tariki ya 03/04/2014, yabasabye gushyira imbere ubutumwa bukangurira Abakirisitu bo mu Rwanda ubwiyunge no koroherana. Papa Faransisiko yagize ati: “Ubwiyunge no komora ibikomere ni ikintu Kiliziya Gatolika yo mu (…)
Kuri uyu wa Kane taliki 03/04/2014, Banki y’Isi yashyikirije u Rwanda inkunga ingana na miliyoni mirongo itandatu z’amadorari ya Amerika (US $60M), hafi miliyari 42 z’amafaranga y’u Rwanda, azafasha mukubaka imihanda no kuvugurura ubuhinzi mu turere 4 tw’igihugu.
Kuri uyu wa kuri uyu wa 03 mata 2014 mu murenge wa Gakenke, inzu y’igikoni y’uwitwa Hakizimana utashatse kumenyekana amazina yombi kibasiwe n’inkongi y’umuriro bivugwa ko wabaye mwinshi mu gikoni mu gihe nta muntu wari uhari maze bikagera ku ntsinga z’amashanyarazi.
Abayobozi b’amatorero ya gikirisitu mu Rwanda bemeranyijwe ko kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi bizarangwa n’ibikorwa byihariye by’abakirisitu, harimo urugendo rwo kwibuka ruzava ahuntu hafite amateka yihariye, inama n’ibiganiro ndetse n’amasengesho, byose byahariwe gushima Imana.
Ishyaka Green Party ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda ryamaze kwemererwa kwinjira mu ihuriro ry’imitwe ya politiki ikorera mu Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 3/4/2014, nyuma yo kubisaba n’ubwo ryari ryabanje kunenga imikorere y’iri huriro.
Abacuruza ibiribwa bitandukanye mu murenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi barasaba ubuyobozi bw’akarere ko bwabarenganura kuko birukanwe aho bari basanzwe bakorera mu buryo bubatunguye kandi isoko rusange bakoreragamo mbere riracyari kubakwa.
Ubwo hakinwaga imikino ibanza ya ¼ cy’irangiza muri UEFA Champion’s League, tariki 01-02/04/2014, Barcelone ntiyabashije kuhatsindira iwayo Atletico Madrid binganya igitego 1-1, na Manchester United inganya na Bayern Munich igitego 1-1.
Habimana Theoneste w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro avuga ko mbere yemeraga Faustin Twagiramungu ndetse akajya agendana ifoto ye, ariko muri iyi minsi akaba amufata nk’ikigarasha kimwe n’abandi bose barwanya Leta y’u Rwanda nyuma yo kumenya amakuru ko Twagiramungu yatangaje ko yifatanyije na FDLR ku mugaragaro.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, atangiza itorero muri Kaminuza yigenga ya ULK ishami rya Gisenyi taliki 02/04/2014 yatangaje ko ULK ishimirwa kuba intangarugero mu gutangiza Kaminuza yigenga mu Rwanda bijyanye n’indangagaciro z’Ubunyarwanda.
Ibiyobyabwenge hamwe n’ibiti by’imishikiri byafashwe guhera mu mwaka ushize byangiririjwe mu ruhame rwigangjemo urubyiruko rw’abanyonzi n’abamotari mu rwego rwo kubakangurira kubirwanya no kubyirinda no kuba bavuga aho babibona.
Umusore w’imyaka 21 witwa Bazibaza yatawe muri yombi na polisi ku gicamunsi cyo kuwa kane tariki ya 02 Mata 2014, akekwaho gusambanya ku ngufu no kwambura umugore w’imyaka 43 mu ijoro ryo ku wa kabiri, tariki ya 01 Mata 2014.
Nyuma y’uko akarere ka Rubavu gakoresheje inyigo y’ahazubakwa urwibutso ruzimurirwamo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yari mu rwibutso rwangijwe n’amazi y’umugezi wa Sebeya, ubuyobozi bwa Diocesse ya Nyundo bwagaragaje ko ahakorewe inyigo atariho hatanzwe ahubwo bwereka akarere ahagomba kubakwa (…)
Kuri uyu wa gatatu tariki 2 Mata 2014, mu karere ka Gatsibo hatwitswe ibiti bizwi ku izina rya kabaruka, imishikiri cyangwa se imisheshe, ibi biti ubusanzwe bikaba bifatwa nk’ibiti bitemewe gutemwa nk’uburyo bwo kubungabunga ibidukikije.
Nyuma yo kubona ko urubyiruko rugwa mu bishuko rukishora mu mibonano mpuzabitsina bakiri bato, umuryango Imbuto Foundation yabateguriye amahugurwa ku buzima bw’imyororokere no kubigisha uburyo bakwirinda ibishuko bibagusha mu busambanyi bakiri bato kugirango birinde inda zitateguwe.
Nyuma yo gusura umupaka muto uhuza amujyi wa Gisenyi n’umujyi wa Goma taliki 2/04/2014, intumwa z’abadepite b’igihugu cy’Ubwongereza bari mu ruzinduko rw’iminsi 4 mu Rwanda batangaje ko FDLR ibangamiye u Rwanda n’akarere ruherereyemo.
Uburyo Inkeragutabara zasannye amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari rarasenyutse buratanga icyizere ko atazasenyuka vuba.
Abagabo batanu bafungiye ku ishami rya Polisi rya Kicukiro bakurikiranyweho uburiganya n’icyaha cy’ubujura, kuva kuri uyu wa gatatu tariki 2/4/2014. Bimwe mu byaha baregwa harimo kuriganya umugore bamugurishije zahabu itariyo.
Abayobozi b’uturere n’abandi bose bafite aho bahurira n’umutekano mu ntara y’amajyaruguru bakoze inama, bagaragaza ko ibiyobyabwenge biza ku isonga mu guhungabanya umutekano muri iyo ntara.
Abakora umwuga w’ubucungagereza barasabwa kurangwa n’umurava, ubushishozi n’ubunyangamugayo mu kazi kabo kugira ngo bashobore inshingano bafite zo gucunga imfungwa n’abagororwa ndetse no kubahuza n’imiryango yabo.
Nyampinga Kayibanda Mutesi Aurore biravugwa ko yatanze itike y’indege yo kujya kuvuriza mu gihugu cy’u Buhinde umwana uzwi ku izina rya Iranzi Ndahiro Isaac ufite uburwayi bwananiranye kuvurirwa hano mu Rwanda.
Nyuma yuko umugabo witwa Hora Sylivestre w’imyaka 31 y’amavuko, ukurikiranyweho kuba ariwe wivuganye Isimbi Uwase Shalom, atawe muri yombi afatiwe mu Karere ka Gatsibo, Kigali Today yaganiriye n’uwagize uruhare mu ifatwa ry’uwo mugizi wa nabi, aduha ubuhamya bw’uburyo byagenze.
Uwitwa Laëtitia Nyiraburende w’imyaka 20, utuye mu Mudugudu wa Murambi, akagari ka Kimuna, mu murenge wa Rusatira, birakekwa ko yaba yariyiciye umuhungu we Beni Hategekimana w’umwaka n’igice amugonyoje ijosi mu ijoro rishyira itariki ya 1/4/2014.
Chamangeni Zulu wo mu gihugu cya Malawi yatakaje ubugabo (igitsina) bwe bwariwe n’impyisi mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka nyuma y’uko umupfumu amubwiye ko agomba gutakaza ibice bw’umubiri kugira ngo indoto afite zo kuba umukire kabuhariwe azigereho.
Abahinzi bo mu murenge wa Kivuye, akarere ka Burera, barasabwa gufumbira imyaka yabo bakoresha cyane cyane ifumbire y’imborera ariko batibagiwe n’ifumbire mvaruganda kuko ari bwo ubutaka bwabo buzakomeza kubatunga.
Minisiteri y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (MINEAC), irahugura abahinzi n’aborozi bo mu Rwanda ku kongera ingufu bakongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi ku buryo uhaza u Rwanda ukanasagurira akarere.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’abibumbye (UN) bashyize hamwe amadolari y’Amerika asaga miliyoni 6.5 USD yo gushyigikira ibikorwa by’imiryango itagengwa na Leta (CSOs), kugirango ibashe gukurikirana ibikorwa bya Guverinoma, kuyigira inama ndetse no gusaba ko hari ibyakosorwa.
Kubera ikibazo cyo kutagira sitasiyo zihagije zicuruza ibikomoka kuri peteroli, bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke bahisemo kuyicuruza mu majerekani kandi ibyo bifatwa nko gucuruza magendu.
Luc Eymael ntabwo azatoza Rayon Sport ubwo izaba ikina na Marine FC ku wa gatandatu Ubwo ikipe ya Rayon Sport izaba ikina na Marine FC mu mukino w’umunsi wa 23 wa Turbo National Football League, ntabwo izaba ifite umutoza wayo Luc Eymael, kuko azaba yerekeje iwabo mu Bubiligi, gukemura ibibazo by’umuryango we.
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, umuryango “Survie” wateguye igikorwa kigamije guhamagarira igihugu cy’Ubufaransa kureka gukomeza gukingira ikibaba abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) rifatanyije n’umushinga witwa World Bicycle Relief, watangije gahunda yo gutanga amagare ku banyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu rwego rwo gutegura ahazaza h’umukino w’amagare mu Rwanda.
Umushinga USAID-Higa Ubeho ukorera mu karere ka Kayonza wigishije abaturage uburyo bakora umuti wica udukoko twibasira ibihingwa bifashishije urusenda.
Ubwo yitabiraga umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 9 bize ubudozi mu karere ka Rusizi ku nkunga y’umuryango Rwanda Aid, Ambasaderi William Gelling uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yavuze ko igihugu cy’ubwongereza cyishimira uburyo inkunga giha u Rwanda icungwa neza ikagera ku cyo yagenewe.
Abasirikare bakuru 21 bo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria bari mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda aho baje kwiga ibijyanye n’uburyo ibihugu by’akarere byishyira hamwe hagamijwe iterambere mu bukungu n’imibereho myiza y’abaturage.
Umugore w’imyaka 46 n’undi w’imyaka 37 bo mu karere ka Rubavu, tariki 31/03/2014 batawe muri yombi na polisi ikorera mu Karere ka Musanze ibafatanye utuduzeni 20 tw’inzoga yitwa Blue Skys itemewe mu Rwanda bagerageza kuyijyana kuyicururiza mu mujyi wa Rubavu.
Leta y’u Bushinwa ibinyujije muri ambasade yayo yateye u Rwanda inkunga ya miliyari 5,4 z’amafaranga y’u Rwanda. Amafaranga azakoreshwa mu kongera ubukungu no mu kugabanya ubukene.
Abadepite bagize komisiyo ya politiki, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo barasaba abaturage gutanga ibitekerezo bazifashisha mu mushinga w’itegeko rirebana n’imitungo, izungura n’impano mu bashakanye kuko bari gushaka uko itegeko ryari risanzweho ryavugururwa.
Ubwo ubuyobozi bw’umuryango wa RPF-Inkotanyi mu karere ka Rubavu bwamurikaga ibyo bagejeje ku baturage mu mwaka wa 2013, hagaragaye uwasigajwe inyuma n’amateka umaze kugera ku rwego rushimishije abikesha RPF-Inkotanyi.
Ku mugoroba wo ku wa mbere, tariki 31/03/2014 abanyeshuri, abamotari n’abayobozi batandukanye barimo umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe gahunda z’Iterambere (UNDP) bahuriye kuri Sitasiyo ya Muhoza, Akarere ka Musanze bakurikirana igikorwa cyo gusenya ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro ka miliyoni 3 (…)
Mu gihe mu Rwanda bitegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, bamwe mu bayirokotse bo mu karere ka Nyanza barasaba ko bafashwa kwifasha kubona uburyo bwo kwiyubaka mu buryo burambye.