Kuri ubu nyuma y’umunsi wa 3 wa shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya APR FC iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda imikino yayo yose imaze gukina n’amanota 9/9.
Ni nyuma y’aho ikipe ya APR ibifashijwemo na Mubumbyi Barnabé ndetse na Iranzi Jean Claude itsinze Etincelles y’i Rubavu 2-0 kuri Sitade Regional I Nyamirambo.
Ikipe ya Police na Rayon Sport zinganya amanota n’ibitego ziza ku mwanya wa 2 aho buri yose ifite amanota 7 ikaba izigamye ibitego 6, ku rutonde Rayon Sport ikaba iya gatatu hakurikijwe inyuguti itangira amazina yazo.
Kuri uyu wa 28, ikipe ya APR FC izahura na Marines kuri Stade Umuganda I Gisenyi,mu gihe ikipe ya Rayon Sport nayo izajya I Gisenyi ku munsi ukurikiyeho igacakirana n’ikipe ya Etincelles.Police FC yo ikazakina na AS Kigali ku Kicukiro,kuri uyu wa kabiri.
Safari Viateur
National Football League
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
ndabona man city irikumbesha umutoza wayo apang ikipe nabi kwicyaza milna na kolarov aha.