Ikibazo cy’imyanda wasangaga inyanyagiye mu mujyi wa Nyamagabe bitewe n’uko ntaho yakusanyirizwaga ubu kiri mu nzira zo gukemuka burundu kubera uruganda rutunganya imyanda kandi rukanayibyaza umusaruro rwubatswe muri aka karere.
Umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka cumi n’ibiri witwa Marceline yatwawe n’uruzi rwa Mukungwa kuwa gatanu tariki ya 07/11/2014, icyumweru dusoje kikaba kirangiye umurambo we utaraboneka.
Frankie Joe, umunyarwanda umwe rukumbi wari usigaye mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA), nyuma y’uko mugenzi we Arthur Nkusi bari bajyanye guhagararira u Rwanda yasezerewe mu mpera z’icyumweru gishize, nawe yasezerewe.
Muri iki gihe mu mujyi wa Kigali gushyingura bisigaye bihenze cyane, aho kugeza ubu abakora akazi ko gushyingura mu irimbi rya Rusororo batangaza ko gushyingura ku buryo buciriritse bishobora gutwara amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 500 na miliyoni.
Abaturage batuye ku mupaka wa Gatuna uhuza igihugu cy’u Rwanda na Uganda barasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gushyira icyapa kinini kuri uwo mupaka kandi cyanditse mu ndimi zitandukanye ko kwinjiza amashashi mu Rwanda bitemewe.
Nyuma y’aho ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gitangiye amabwiriza ko umusoro uwo ariwo wose ugomba kugezwa kuri banki n’usora, bamwe mu basora barema isoko rya GAkenke bavuga ko ubwo buryo buri kudindiza imirimo yabo kubera gutonda umurongo kuri banki, bagasaba ko Leta yakwiga neza uburyo iki kibazo cyakemuka.
Mu rwego rwo gushyigikira gahunda yo kugaburira abana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) kugira ngo babashe gufatira amafunguro ya saa sita ku ishuri, ku bigo by’amashuri by’i Huye 35 byose birebwa n’iyi gahunda hakozwe umuganda wo guhinga imyaka izaherwaho mu kugaburira aba banyeshuri bagarutse ku (…)
Umunsi wa karindwi wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda usize ikipe ya APR FC na Rayon Sports zirushanwa inota rimwe nyuma yaho zombi zashoboye kwegukana intsinzi ya 2-0 kuri uyu wa gatandatu.
Umusore witwa Habimana Pascal uri mu kigero cy’imyaka 20, yafashwe avuye kwiba inkoko eshatu, ihene imwe n’igipfunyika cy’urumogi, mu ijoro ryo kuwa gatanu rishyira kuwa gatandatu tariki ya 08/11/2014 ahagana mu ma saha ya saa cyenda, ubwo irondo ryamuhagarikaga rigasanga afite ibyo byose rigahita rimushyikiriza abashinzwe (…)
Ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (Institute of Legal Practice and Development/ILPD) riherereye mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo ryashyiriyeho amahirwe abunganira abandi mu nkiko (Abavoka) bemererwa kujya biga mu mpera z’icyumweru amasomo arebana n’ubumenyi ngiro mu by’amategeko.
Kuva muri iki cyumweru dusoza, ubuyobozi na polisi mu karere ka Ngororero barimo gukurikirana abaturage bakubise abayobozi bo mu mirenge ya Hindiro na Muhanda. Aba baturage bakurikiranyweho kwigomeka kuri gahunda za Leta no gukubita abayobozi bari mu kazi kabo.
Abafite ubumuga, abagore ndetse n’urubyiruko bo mu karere ka Ngoma bazindukiye mu rugendo rwo kwamagana filimi iheruka kunyura ku murongo wa kabiri wa BBC, bavuga ko ifobya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ndetse ikaba inashaka gusubiza abanyarwanda inyuma.
Tihabyona Jean de Dieu, umuyobozi w’akarere ka Kirehe w’agateganyo yavuze ko umwanya yahawe wo kuyobora akarere ka Kirehe by’agateganyo ari inshingano zikomeye ariko ngo afite ubushobozi bwo kuzazuzuza neza.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF) yarangije gushyira hanze abakinnyi bazatoranywamo uwahize abandi ku mugabane wa Afurika muri uyu mwaka wa 2014.
Mu mukabwu wakozwe n’inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango tariki ya 07/11/2014, zataye muri yombi uwitwa Hakizimana Jean Claude w’imyaka 23 na Nsekanabo Vénuste w’imyaka 48, bafite ingunguru yuzuye ibiyobyabwenge by’ibikwangari bifite litiro 620.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ari urugendo rugikomeza kandi buri muntu wese akwiye gukora uko ashoboye kugira ngo itazima, kuko ibitse ipfundo ry’Ubunyarwanda bwari bwarabuze mu Banyarwanda.
Ubugenzuzi bwa Minisiteri ifite mu nshingano gucyura impunzi no gukumira ibiza (MIDIMAR), bwakozwe ku wa Gatanu, tariki 7/11/2014, mu karere ka Rwamagana bugamije kureba niba inyubako zihurirwamo n’abantu benshi zifite ubwirinzi bujyanye n’inkongi z’umuriro, bwasanze inyubako zirimo n’icyicaro cy’Intara y’Iburasirazuba (…)
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 7/11/2014 nibwo hatangijwe igikorwa cyo gushyira ibirango (plaque) ku mato yose akorera mu kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kuyamenya no gufasha guca akajagari karangaga amato menshi yakoreraga mu kiyaga cya Kivu.
Mu ijoro ryo ku wa kane tariki ya 06/11/2014 abashinzwe kurinda ikiyaga cya Kivu bo mu Rwanda barashwe n’abasirikare bo muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Kongo, umwe mu bashinzwe kurinda i Kivu aburirwa irengero, mu gihe abandi babashije kwibira mu mazi bakabasha gucika abari babakurikiye.
Umugabo witwa Gasigwa Pierre ukomoka mu Mudugudu wa Gisheke mu Kagari ka Nyarusange, Umurenge wa Kirimbi wo mu Karere ka Nyamasheke, utunzwe no gukora no gucuranga iningiri, avuga ko n’ubwo yatangiye uyu mwuga afite imyaka 7 y’amavuko ubu akaba afite 45, abikora kubera kubura akandi kazi yakora dore ko muri iyo myaka yose (…)
Bamwe mu bacuruzi bo mu karere ka Rusizi baravuga ko guhura n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) bakaganira bibafasha gusobanukirwa neza gahunda y’imikorere n’imikoranire hagati yabo n’icyo kigo, bikabarinda kutubahiriza igihe cyo gusora kuko hari igihe bacibwa amande biturutse ku kudasobanukirwa neza uburyo (…)
Abakozi n’abayobozi ba Ecobank bagendereye abatishoboye barwariye ku bitaro bya Akamabuye mu karere Bugesera, babagenera ubufasha butandukanye burimo ubwisungane mu buvuzi “mitweli” n’imiti ya malariya bifite agaciro ka miliyoni umunani z’Amanyarwanda.
Abatuye akarere ka Nyagatare bakoze urugendo rwo kwamagana BBC na filime iherutse gutambutsa yuzuyemo ubutumwa bwo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bari bafite ubutumwa buvuga ko “umwanzi ntaho azaca Abanyarwanda bafatanije bunze ubumwe kandi baharanira iterambere ryabo n’igihugu muri rusange.”
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) Mugiraneza Jean Bosco aratangaza ko igerageza ry’urugomero rwa Nyabarongo rigenda neza kandi ko rigaragaza ko ingufu zari ziteganyijwe gutangwa zishobora kuboneka.
Théodore Habimana, umuyobozi ushinzwe amahugurwa mu kigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), avuga ko abize iby’ubuhinzi ubworozi n’amashyamba (EAV) mu mashuri yisumbuye, bagomba gukomereza amasomo yabo muri IPRC kugira ngo bongere ubumenyi mu myuga baba bize, bityo babashe gufasha Abaturarwanda.
Abagize ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Rusizi baravuga ko amatsinda y’ubumwe n’ubwiyunge yashyizweho agamije guhuza abakoze Jenoside n’abayikorewe muri aka Karere, yatumye bose bitera indi ntabwe nziza mumibanire yabo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imikino ihuza amakipe y’ibihugu yo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba n’iyo hagati (CECAFA) ntigikinwe muri uyu mwaka, nyuma yaho habuze igihugu cyiyakira.
Umuryango GVTC (Greater Virunga Transboundary Collaboration) ushinzwe guhanahana amakuru ku bihugu bitatu bikora kuri Pariki y’Ibirunga urasabwa kujya ihuza abaturiye iyi pariki batuye mu biguhugu bitatu biyikoraho, kugira ngo basangire ubunararibonye mu kubungabunga pariki.
Abacuruza za resitora n’utubari mu karere ka Rwamagana barasabwa kwita ku isuku mu buryo budasubirwaho, kugira ngo ubucuruzi bwabo butere imbere ariko n’ubuzima bw’abaturage bafata amafunguro yabo budahumanye.
Abanyamakuru batandukanye bo mu Rwanda bahuguwe ku ruhare rwabo rwo kurengera ibidukikije bifashishije itangazamakuru nka kimwe mu byagira uruhare guhindura imyumvire y’abantu bakigaragaho ibikorwa byo kwangiza ibidukikije.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi umwongeleza Stephen Constantine, yarangije gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 26 azifashisha ku mukino wa gicuti iyi kipe ifitanye na Marooc tariki 14/11/2014, ariko ntihagaragaraho abakinnyi nka Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike basanzwe bamenyerewe cyane muri iyi kipe.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko ku bufatanye n’abaturage bo muri ako karere barwanyije abacuruza ikiyobyabwenge cya kanyanga, bazwi ku izina ry’abarembetsi ngo kuburyo abamaze kubireka babarirwa ku kigero cya 85%
Gushyira dodani mu muhanda wo mu isantere y’ubucuruzi ya Gasarenda byagabanije ivumbi imodoka zateraga abaturage n’ibicuruzwa byabo, binagabanya impanuka zahaberaga bitewe n’ubwinshi bw’abagana isentere ya Gasarenda ariko ntabyapa bizigaragaza bihari bikaba bishobora guteza impanuka.
Abahinzi bo mu ntara y’Iburasirazuba barasabwa kurushaho guhinga igihingwa cya Soya kuko umusaruro bakweza wose ufite isoko rikomeye ry’Uruganda “Mount Meru Soyco” ruri mu karere ka Kayonza, rukaba rukora amavuta muri iki gihingwa cya Soya.
Itsinda rigizwe n’abantu baturutse muri Banki y’isi ryagendereye akarere ka Gakenke mu rwego rwo kwirebera uruhare rw’abaturage bagira mu bibakore, nyuma y’uko aka karere kagaragaje ubuhanga mu gukoresha no gucunga wa leta nk’uko byagaragajwe na rapro y’Umuvunyi.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere mu Rwanda (RGB) n’abaterankunga bo mu muryango w’Abibumbye (UN) basabye imiryango itagengwa na Leta yahawe inkunga yatsindiye mu busabe yakoze, kurengera abaturage ishinzwe, kubafasha kuzamura imyumvire, kugira uruhare mu bibakorerwa bigenwa na Leta hamwe no guteza imbere imishinga ibabyarira (…)
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Nyanza basaba ubuyobozi kubavaniraho ikimoteri kiri hagati y’inzu zabo bavuga ko umunuko igiturukamo uherekejwe n’amasazi bibangamiye n’abakiriya baza babagana.
Guhera mu ntangiriro z’icyumweru gitaha Abanyarwanda baratangira gukoreha interineti igezweho ku rwego rw’isi mu kunyaruka ya 4G LTE, itegerejweho kwihutisha imirimo yakorwaga no korohereza urubyiruko kwihangira udushya.
Ministeri y’Ingabo (MINADEF) yagaragaje ko ingabo u Rwanda rwohereza mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye ku isi zitwaza ibikoresho, birimo n’indege za kajugujgu zirimo koherezwa muri Sudani y’Epfo.
Mbarubukeye Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko ari mu maboko ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango akurikiranyweho guha umupolisi rushwa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 135 nyuma y’uko afatanywe ikiyobyabwenge cy’urumugi mu nzu iwe.
Ahagana saa sita zo kuri uyu wa Gatanu tariki 07/11/2014, umukomvayeri witwa Mutoka agonzwe n’ipikipiki n’ikamyo imbere y’Ibitaro bya Ruhengeri mu Mujyi rwagati wa Musanze ahita yitaba Imana.
Nyuma y’uko imiryango 20 yarangwaga n’amakimbirane mu ngo yo mu Murenge wa Mwendo, Akarere ka Ruhango iherewe amahugurwa y’imibanire myiza n’urugaga nyarwanda rw’ababana na Virus itera SIDA (RRP+), ubu iyi miryango ibanye neza ikaba igeze ku rwego rwo kwigisha abandi kubana mu mahoro.
Abacuruzi b’itabi mu isoko rya Ngororero (biganjemo abakuze kuko bose bari hejuru y’imyaka 55) ngo basanga abavuga ko itabi ari ribi bitiranya amoko yaryo kuko irihingwa mu Rwanda nta kibazo ngo ryatera urinywa.
Bamwe mu bayobozi b’imirenge yo mu karere ka Rusizi baravuga ko abagize DASSO bivanga bakirirwa bajya mubaturage gukemura ibibazo bitari mu nshingano zabo bagata akazi kabo bwite ko gucunga umutekano.
Hashize ukwezi kose umuturage witwa Ntamuturano Reverien wo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaraburiwe irengero we n’urugo rwe rwose, intandaro yo kubura kw’abo baturage ngo ni uko uwo mugabo yahigwaga n’abaturage bashaka kumwica bamuziza ko abaroga akabateza inzuki zikabakura mu mirima bagiye guhinga.
Ubwo yasuraga ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu murenge wa Rukoma, tariki 6/11/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo Kamere, Evode Imena, yasabye abakozi bo mu birombe gukora cyane bakongera umusaruro kugira ngo bagere ku iterambere.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar aratangaza ko hafashwe ingamba ko inka izajya yibwa abaraye irondo iryo joro bose bazajya bafatanya kuyishyura mu rwego rwo gukumira ubwo bujura.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball y’abatarengeje imyaka 23 kuri uyu wa gatanu iratangira imikino y’igikombe cya Afurika kiri kubera muri Misiri. Iyi mikino kandi niyo izamenyekaniramo amakipe y’Afurika abiri azitabira igikombe cy’isi kizabera muri Brazil.
Ubuyobozi bwa Fan Club y’ikipe y’igihugu Amavubi buratangaza ko kugeza n’ubu butari bwamenya irengero ry’amafaranga ibihumbi 200 bivugwa ko yanyerejwe na bamwe mu bayobozi mu gihe ibihano bwari bwasabiye bamwe mu bafana bayo bitubahirijwe.
Jean Damascène Nkurikiyinka, utuye mu kagari ka Bwenda mu murenge wa Muhondo mu karere ka Gakenke, arasaba kwishurwa amafaranga asaga ibihumbi 400 y’ikawa yahaye uruganda rwa Muhondo Coffee Company Ltd hagati y’ukwezi kwa kane n’ukwa gatandatu muri uyu mwaka wa 2014.