Amavubi yasuye ahashyinguye intwari za Chipolopolo

Abakinnyi, abatoza ndetse n’abayobozi baherekeje ikipe y’igihugu Amavubi mu mukino wa Gicuti basuye ahashyinguye imibiri y’abakinnyi n’abayobozi b’ikipe ya Zambia baguye mu mpanuka y’indege yabaye mu mwaka w’1993.

Nyuma yo gutsindirwa ibitego bibiri ku busa muri Zambia mu mukino wa gicuti wahuje Amavubi n’ikipe y’igihugu ya Zambia “Chipolopolo”, itsinda ryari kumwe n’Amavubi ryasuye urwibutso rushyinguyemo imibiri y’abakinnyi n’abayobozi b’ikipe y’igihugu ya Zambia bahitanwe n’impanuka y’indege yabaye ubwo iyi kipe yerekezaga muri Senegal gukina umukino w’amajonjora y’igikombe cy’isi cyo mu mwaka w’1994.

Abakinnyi b'Amavubi basura ahashyinguye abakinnyi ba Chipolopolo bazize impanuka.
Abakinnyi b’Amavubi basura ahashyinguye abakinnyi ba Chipolopolo bazize impanuka.

Ku wa mbere tariki ya 30 Werurwe 2015, ikipe y’igihugu yabanje gukora imyitozo yari iyobowe n’umutoza mukuru Johnny McKinstry aho intego yari ukwigisha abakinnyi gukina bagumana umupira, ndetse no gufasha abakinnyi kuzasubira mu makipe yabo batarasubiye inyuma mu rwego rw’imikinire.

Nyuma y’iyo myitozo itsinda ryavuye mu Rwanda riyobowe na Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Nzamwita Vincent De Gaulle basuye aho iyi mibiri yashinguye mu Mujyi wa Lusaka hafi ya Stade Amavubi yatsindiwe ho ndetse yanitiriwe izo ntwari izwi ku izina rya National Heroes Stadium.

Perezida wa FERWAFA n'Amavubi basura imva z'abazize impanuka.
Perezida wa FERWAFA n’Amavubi basura imva z’abazize impanuka.

Biteganyijwe ko Amavubi agera i Kigali ku wa kabiri tariki ya 31 Werurwe 2015 ku isaha ya Saa sita n’iminota makumyabiri. Abakinnyi b’ikipe ya APR FC bazahita berekeza mu gihugu cya Misiri gukina umukino wo kwishyura n’ikipe ya National Al Ahly, aba Rayon Sports bakerekeza mu mwiherero wo kwitegura ikipe ya Zamalek, naho abandi bakerekeza mu makipe yabo mu kwitegura Shampiyona ikomeza ku wa gatandatu.

Abanyarwanda basobanurirwa amateka ku rwibutso rushyinguyemo intwari za Chipolopolo.
Abanyarwanda basobanurirwa amateka ku rwibutso rushyinguyemo intwari za Chipolopolo.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Aba nabo bagiye mubutembere

Eric yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka