Amavubi ashobora gukina umukino wa gicuti na Ireland

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnny McKinstry asanga kuba bakina n’igihugu cye cy’amavuko cya Ireland y’amajyaruguru ari ikintu cyashoboka mu minsi iri mbere.

Umutoza w’Amavubi aheruka kwandika ku rubuga rwe rwa twitter ashimiraga igihugu cye cy’amavuko cya Ireland y’amajyaruguru cyari kimaze gutsinda igihugu cya Finland, ndetse anagaragaza ko yifuza gukina n’icyo gihugu umukino wa gicuti.

Ubwo umunyamakuru wa Kigali Today yamubazaga amakuru arambuye kuri ayo magambo, Umutoza McKnstry yasubije ko baganiraga bisanzwe ariko akaba yifuza ko mu minsi iri imbere byose byazashoboka.

Ati “Ubwo najyaga i Londres naganiriye na Visi perezida wa FIFA yahoze ari na Perezida wa Federasiyo ya Ireland, twaraganiriye, twasanze bishoboka ariko n’iyo byaba ntabwo byahita biba ubu, byazaba mu minsi iri imbere”.

Mckinstry avuga ko gukina n'ikipe y'igihugu cya Irland y'Amajyaruguru bishoboka ariko mu gihe kiri imbere.
Mckinstry avuga ko gukina n’ikipe y’igihugu cya Irland y’Amajyaruguru bishoboka ariko mu gihe kiri imbere.

Ku wa kabiri tariki ya 31 Werurwe 2015 ku isaha ya saa sita n’iminota mirongo ine nibwo ikipe y’igihugu Amavubi yari igeze ku kibuga cy’indege i Kanombe ivuye gukina umukino wa Gicuti n’ikipe y’igihugu ya Zambia “Chipolopolo”, umukino wabereye kuri Heroes National Stadium warangiye ari ibitego bibiri bya Zambia ku busa bw’Amavubi.

Nyuma y’uyu mukino, umutoza Johnny McKinstry, aganira na Kigali Today, yatangaje ko agiye gukomeza gutegura iyi kipe y’igihugu aho mu byumweru bitatu agomba kongera guhura n’abakinnyi bagategura umukino ugomba kuzabahuza na Somalia mu mpera z’uku kwezi kwa kane, mu gushaka itike yo kwerekeza mu mikino Olempike izabera i Rio de Janeiro muri Brazil umwaka utaha.

McKinstry yagize ati “Nishimiye uko ikipe yitwaye ku mukino wa mbere dukinanye, ubu mu byumweru bitatu turaza kongera guhura dutegure umukino dufitanye na Somalia, tugomba kandi no kuguma kwitegura imikino ya CHAN tuzakira hano i Kigali”.

Ku rutonde ngarukakwezi kwa FIFA rwasohotse mu kwezi kwa gatatu, u Rwanda ruri ku mwanya wa 64 mu gihe igihugu cya Ireland y’amajyaruguru kibarizwa ku mwanya wa 43.

Andi mafoto ikipe igera i Kigali:

Bamwe mu bakinnyi b'Amavubi bari bagiye gukina na Chipolopolo muri zambia; Songa Isaie, Haruna Niyonzima, Yannick na Bakame basohoka mu kibuga cy'indege.
Bamwe mu bakinnyi b’Amavubi bari bagiye gukina na Chipolopolo muri zambia; Songa Isaie, Haruna Niyonzima, Yannick na Bakame basohoka mu kibuga cy’indege.
Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA yaje kwakira ikipe ivuye muri Zambia.
Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA yaje kwakira ikipe ivuye muri Zambia.
Perezida wa Ferwafa n'umuvugizi wayo ku kibuga cy'indege i Kanombe.
Perezida wa Ferwafa n’umuvugizi wayo ku kibuga cy’indege i Kanombe.
Mashami (wishima mu mutwe) hamwe na bamwe mu bakinnyi b'Amavubi.
Mashami (wishima mu mutwe) hamwe na bamwe mu bakinnyi b’Amavubi.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

AMAVUBI NAKOMEREZE AHO KUKO NTABWO ARIBYO TWARI TWITEGUYE WUMVISE ZAMBIA NAMAVUBI WAKUMVA IBITEGO BYISHI ARIKO BAKOMEZE MATCH ZAGISHUTI NYISHI.

MARTIN yanditse ku itariki ya: 8-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka