Ruhango: Ngo kumenya gusoma, kwandika no kubara bakuze bizabafasha mu iterambere

Abantu 138 bize gusoma, kwandika no kubara bakuze babifashijwemo n’itorero ADEPER Byimana bashyikirijwe impamyabushobozi tariki ya 01 Mata 2015, bavuga ko bagiye kugana inzira y’iterambere kuko kutamenya gusoma no kwandika byari inzitizi kuri bo.

Mukagasana Epiphanie w’imyaka 67 y’amavuko, avuga ko kutamenya gusoma, kwandika no kubara byatumaga hari gahunda za Leta nyinshi zigamije iterambere atajyaga amenya, bityo ntamenye icyerekezo cye.

Mukagasana ati “nk’ubu najyaga ahantu, nkayoboza kuko ntabashaga kwisomera ibyapa, ariko ubu ndizera ko nta hantu najya ngo mpayoberwe”.

Abize bakuze bahawe impamyabushobozi.
Abize bakuze bahawe impamyabushobozi.

Ntamugabumwe Paul w’imyaka 36 we avuga ko ubu icyo agiye gukora ari ugashaka ibitabo by’amategeko y’umuhanda akabisoma ubundi agashakisha uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, kuko byari byaramunaniye kubera kutamenya gusoma no kwandika.

Pasteur Theogene Dukuzumuremyi ushinzwe gahunda y’abiga gusoma no kwandika muri ADEPER, avuga ko bagifite imbogamizi z’abantu bakinangira kwitabira amasomero, agasaba inzego z’ibanze kubafasha bagakora ubukangurambaga mu baturage bakagana amasomero bakigishwa, bityo intego ya Perezida y’icyerekezo 2020 ikabasha kugerwaho.

Abayobozi batandukanye basabye abakuze kudaterwa ipfunwe no kugana amasomero.
Abayobozi batandukanye basabye abakuze kudaterwa ipfunwe no kugana amasomero.

Uyu muyobozi agaragaza imbogamizi bagihura nazo zirimo kuba batagira agahimbazamusyi k’abakorerabushake, agasaba ubuyobozi kubaba hafi kugira ngo iki gikorwa gikomeze guhabwa imbaraga, kuko umusaruro ukivamo ari ingirakamaro ku gihugu.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mugeni Jolie Germaine, yashimiye abafashe icyemezo cyo kugana amasomero, abasaba kubabera abavugizi bagatinyura abandi kugana amasomero, kuko akenshi kutiga kwabo atari bo baba barabigizemo uruhare.

Abashyikirijwe impamyabushobozi ngo bagiye kuzibyaza umusaruro.
Abashyikirijwe impamyabushobozi ngo bagiye kuzibyaza umusaruro.

Itorero ADEPER mu Rwanda ryatangije gahunda yo kwiga gusoma, kwandika no kubara ku bakuze guhera mu mwaka wa 1940, ariko biza gufata imbaraga mu mwaka 1999. Kugeza ubu ADEPER imaze kwigisha abakuze basaga ibihumbi 700 mu gihugu.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ibi ni byiza rwose

Muzehe yanditse ku itariki ya: 2-04-2015  →  Musubize

abagize amahirwe yo kugera mu ishuli nabo birabareba, dukwiye gutanga umusanzu wacu mu gukangurira abatazi gusoma kwandika no kubara kwitabira amasomero.

Tubatinyure be kwitinya! twagize amahirwe yo kugira politiki nziza y’uburezi kuri bose, kandi n’abayishyira mu bikorwa babikora neza.

Kera iyo umwana yarenzaga imyaka itandatu adatangiye ishuli, byabaga birangiye iteka ryoseee!!niho havuye umubare munini w’abatazi Gusoma. none ubu n’ufite imyaka 95 aremererwa kujya mu ishuli...!!!!!

muvunyi jean claude yanditse ku itariki ya: 2-04-2015  →  Musubize

gusoma no kwandika bituma igihugu gitera imbere cyane, twese tubikangukire

karangwa yanditse ku itariki ya: 2-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka