Nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Zambia ibitego bibiri ku busa ,u Rwanda rwaje kwisanga ku mwanya wa 74 ku rutonde ngarukakwezi rukorwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), rwasohotse kuri uyu 9 Mata 2015.
Uru rutonde rukaba rusohotse nyuma y’aho Amavubi ku rutonde rw’ukwezi gushize yazaga ku mwanya wa 64, umwanya mwiza mu mateka y’u Rwanda.

Mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri, aho rubanzirizwa na Uganda iri ku mwanya wa 72 ku rwego rw’isi, hakaza Tanzaniya ya 107 ku isi, Kenya ikaba iya 117 ku isi n’ u Burundi buri ku mwanya wa 123 ku isi bukaba bwarazamutseho imyanya itatu.
Ibihugu icumi bya mbere muri Afrika (N’umwanya bariho Ku isi)
1 Algérie
23 Côte d’Ivoire
26 Ghana
30 Tunisie
36 Sénégal
37 Cap-Vert
41 Guinée
45 Nigeria
48 Cameroun
49 Congo-Brazzaville

Ibihugu 10 bya mbere ku isi
1 Ubudage
2 Argentine
3 Ububiligi
4 Colombia
5 Brésil
6 Ubuholandi
7 Portugal
8 Uruguay
9 Ubusuwisi
10 Espagne
Sammy IMANISHIMWE
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|