Umuyobozi w’umuryango w’ibihugu by’uburayi mu Rwanda atangaza ko batajya baterwa impungenge n’amafaranga baha u Rwanda kubera icyizere rumaze kubabakamo.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Byimana Abdullah Munyemana ari afunze guhera tariki 10/11/2015, akurikiranyweho ibyaha 3 birimo no kunyereza umutungo wa Leta.
Ubuyobozi bwa Living Water International, buravuga bwishimira uko igikorwa cyo kwegereza abaturage amazi meza kirimo kugenda mu karere ka Ruhango.
Amashyirahamwe y’abagore bahinga ikawa bavuga ko iki gihingwa iyo cyitaweho gitanga umusaruro ku buryo cyageza ubukire ku bagihinga.
Abarema isoko rya Kabarondo mu karere ka Kayonza barinubira imisoro bavuga ko itemewe basoreshwa na rwiyemezamirimo usoresha muri iryo soko.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora irasaba abayobozi b’uturere,imirenge,njyanama n’inzego z’umutekano kuzagira uruhare mu gutuma amatora ateganijwe mu mwaka wa 2016 agenda neza.
Abaturage bo mu Kagari ka Ruragwe mu Murenge wa Rubengera muri Karongi bavuga ko baterwa ubwoba n’abajura bafata bakababwira ko nibabivuga bazabica.
Abarimu bo muri zone ya Congo-Nil mu karere ka Rutsiro batangaza ko bamaze kumenya imikoreshereze y’umushahara bahembwa ku buryo ubabeshaho.
Amakusanyirizo yo mu Karere ka Kamonyi ngo ahangayikishwa n’abagemura amata atanyujijwemo ngo apimwe ubuziranenge kuko iyo apfuye byitirirwa aborozi bose bo mu karere.
Mu karere ka Nyanza igikorwa cyo gutangiza ukwezi k’urubyiruko cyagarutse ahanini ku bishuko abakobwa bahura nabyo bakangurirwa kunanira ababashuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasaba abubaka, cyane cyane inzu zihurirwamo n’abantu benshi kuzirikana abafite ubumuga bakabasigira inzira zabugenewe.
Abenshi mu basore bo mu Karere ka Burera basigaye bashaka abagore batarubaka inzu bikaba ngombwa ko bajya kubatungira mu bikoni by’iwabo.
Ntasoni Collete, umugore ukorera mu Gakiriro ka Mayange mu karere ka Bugesera, watinyutse gukora ububaji yinjiza ibihumbi 300Frw ku kwezi.
Mu Karere ka Karongi hari umwana wanditse kuri ba se babiri, nyuma y’uko nyina abayaranye n’uwo batashakanaye.
Umukobwa witwa Germaine Mukanyandwi wiga kuri G.S. Nyarunyinya, kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2015 yakoreye ibizamini bya Leta kuri Poste de Santé.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2015 bwasabye abaturage bo mu Murenge wa Gisozi , kuba maso kugira ngo ibyo bakoze bidasenyuka.
Abatuye Akarere ka Ngoma barataka guhenda kw’ibitoki bavuga ko byikubye gatatu kubera umuyaga waguye nabi ukagusha insina.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burahumuriza abatuye mu Mujyi wa Kayonza bubabwira ko mu minsi mikuru isoza umwaka ikibazo cy’amazi kizaba cyarakemutse.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, John Habimana Kayijuka gufungwa ukwezi by’agateganyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko mu bihugu bya Congo n’u Burundi hakiri ababiba amacakuburi mu bihugu by’ibiyaga bigari bagamije kubayobya.
Impanuka ya moto igonze ikamyo ikibirindura mu muhanda muri iki gitondo, yateje akavuyo muri kaburimbo yo ku muhanda ugana Kinamba - Nyabugogo.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu,umutoza mushya w’ikipe ya Rayon Sports Ivan Minneart nibwo yari asesekaye ku kibuga cy’indege i Kanombe aje gusimbura David Donadei
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagre mu Rwanda ryongereye amasezerano ryari rifitanye na Skol,aho yongereweho imyaka itatu kuri uyu wa kane
Umunyeshuri witwa Mukasekuru Charlotte ufite imyaka 30 yageze mu kigo cya College Amis des Enfants aho yagombaga gukorera ikizami cya Leta afatwa n’ibise ahita ajya kwa muganga arabyara, ariko akomeza gukora ibizamini.
Umuherwe wo muri Hong Kong mu Bushinwa yaguriye umukobwa we impeta ya diyama mu cyamunara kuri miliyoni 48 z’amadorari.
Mu mwaka wa 2009, mu Rwanda hari ibibazo by’abana bigera ku 1000 ariko ubu ngo ntibigeze kuri 200 gusa.
Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga yasabye inzego zose kuwa 12/11/2015, kudasigara inyuma mu ikoranabuhanga Leta irimo guteza imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko abayobozi b’inzego z’ibanze bagize uruhare mu makosa yagaragaye muri gahunda ya “Gira inka” bagiye kuzakurikiranwa.
Nyuma yo kubyara abana 20 ku bagore 2 Banganshaka byamukururiye amakimbirane mu muryango n’abana yabyaye ntibakundana kubera ko badahuje ba nyina.
Bamwe mu bakiriya ba BK mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bananiwe kwishyura inguzanyo bitewe no kuba barazibahaye mu buryo budakwiye.
Ku bufatanye na Startimes,Rayon Sports igiye gukoresha irushanwa rizahuza amakipe atanu yo mu Rwanda,n’andi atatu yo hanze mu mpera z’Ugushyingo
Umuyobozi w’Akarere wungirije mu karere ka Nyamasheke asanga Leta yica abaturage bayo ikabaryanisha nta kindi kiyishyiraho uretse shitani.
Federasiyo y’amakoperative y’abahinzi b’ibirayi mu Rwanda igiye gushyiraho ikigega cya miliyoni 200 kizafasha mu gukemura ikibazo cy’imbuto y’ibirayi ku bahinzi.
Uwahoze ayobora ingabo za Loni zabungabungaga amahoro mu Rwanda 1994 Lt Gen Dallaire yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo
Ambasaderi w’umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi (EU), kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2015 yasuye umuhanda w’ibitaka Rugarama-Mwogo-Nkungu watunganyijwe ku nkunga ys EU.
Abahahira mu masoko yo muri Kamonyi baratangaza ko ibiribwa by’ibanze bikenerwa n’umuturage mu buzima bwa buri munsi byiyongereye ku biciro.
Abarinzi b’igihango bo mu Murenge wa Nyarusange muri Muhanga, batangaza ko kwihanganira ibibazo no kureba kure ari byo byabaranze.
Perezida Paul Kagame wari witabiriye inama yiga ku iterambere rya Afrika yaberaga muri Maroc, yashyikirijwe igihembo cyo kwimakaza amahoro na demokarasi.
Indashyikirwa mu bumwe n’ubwiyunge zo mu Karere ka Rwamagana zirasaba abaturage kwimakaza ubumuntu kugira ngo ubwiyunge bwuzuye bugerweho.
Umuyobozi wa Banki y’isi mu Rwanda Sameh Waaba, aratangaza ko mu mezi ane isoko ryo kubaka imihanda mu Mujyi wa Muhanga riraba ryatanzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, batangiye kubaka igicumbi cy’intwari cy’abana b’i Nyange bakazaharuhukira bose.
Abaganga n’abaforomo bo ku Bitaro bya Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza batawe muri yombi bakekwaho kugira uburangare mu kazi bikavamo urupfu.
Umuryango wo mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara uherutse kubyara impanga eshatu uravuga ko nta bushobozi ufite bwo kurera abo bana, ukaba usaba ubufasha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buravuga ko inyubako nshya akarere kari kubaka izagabanya ubucucike bw’abakozi mu biro bwabangamiraga imitangire ya serivisi.
Koffi Olomidé, umuhanzi wo muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo, avuga ko nyuma yo gukora umuziki yifuza kuba Perezida wa Afurika.