Mu Nkambi ya Nyagatare yakira impunzi by’agateganyo iri mu Karere ka Rusizi, ku wa 14 Mata 2015, hageze abanyarwanda 28 batahutse bava muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze gutera intambwe ishimishije biyubaka, nyuma y’ibibazo binyuranye basigiwe na Jenoside.
Sinangumuryango Moïse na Ndagijimana Jean Bosco bo mu Karere ka Nyabihu bagize ubutwari bukomeye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ntibita ku ngaruka zababaho ahubwo bitangira kurokora Abatutsi bahigwaga kugeza bambukije abasaga 16 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze guharaika umukinnyi wayo Sina Jerome nyuma y’igihe atagaragara mu myitozo y’iyi kipe yiteguraga umukino ugomba kuyihuza na Etincelles mu mukino w’ikirarane.
Hitimana Samuel umugabo utuye mu Mudugudu wa Muhororo, Akagari ka Remera mu Murenge wa Kabagali ho mu Karere ka Ruhango ahamya ko kubera gukunda Perezida Paul Kagame, byatumye abyara umwana amwita amazina ye kandi akaba azamukurikirana kugira ngo azavemo umwana w’ingirakamaro.
Umukecuru Karuhimbi Zura w’imyaka 106 y’amavuko, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kurokora abatutsi bahigwaga mu mwaka 1994, kuko we ubwo yirokoreye abasaga 100 yifashishije gutera ubwoba abashakaga ku bica.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baravuga ko uko iminsi igenda ishira ariko barushaho kwiyubaka no kwiteza imbere.
Mu buhamya n’ibiganiro byatanzwe mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu midugudu yose, ababikurikiye basaba ko urubyiruko rusobanukirwa n’amateka y’u Rwanda kuko ari rwo rufite inshingano zo kubaka igihugu mu minsi iri imbere.
Mugiraneza Edouard uzwi ku izina rya “Cyozayire”, utuye mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, yamaze imyaka ibiri mu bikorwa by’Abarembetsi byo kurangura no gucuruza kanyanga.
Isuri yatewe n’imvura nyinshi yaguye muri Mata 2015 amazi agaturuka mu birunga no ku yindi misozi iri hafi y’aho Akarere ka Nyabihu kubatse yibasiye imwe mu mirima y’abaturage mu Murenge wa Mukamira, igera no mu busitani bw’akarere irabwangiza bikomeye.
Mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakora mu Karere ka Nyamagabe bishyize hamwe bakusanya inkunga y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni eshatu yo kubakira umwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 utishoboye.
Kalisa Christophe wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gukurwa ku buyobozi n’inama njyanama idasanzwe yateranye ku wa 27 Werurwe 2015 kubera uruhare yagize mu makosa yo kwegurira isoko rya Gisenyi rwiyemezamirimo ABBA Ltd atishyuye ifaranga na rimwe.
Ku wa gatatu tariki 15 Mata 2015 ku isaha ya saa cyenda z’amanywa, urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyamirambo ruzasoma imyanzuro yafashwe ku bujurire bwa Super Level mu rubanza iregamo umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Bruce Melody.
Nyuma y’ibikorwa bibi birimo ingengabitekerezo ya Jenoside no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi byagaragaye mu Murenge wa Bugarama kuva gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda yatangira kugeza ubu, abaturage b’Umurenge wa Bugarama bafatanyije n’inzego z’ubuyobozi zitandukanye, ku wa 14 Mata (…)
Senderi International Hit aranyomoza amakuru yatangajwe n’umuhanzi, Mahoro Christophe, ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Peace up utangaza ko ari umwe mu bagize itsinda ry’abafana rya Tuff Hit ry’umuhanzi Senderi International Hit ariko akaba ababazwa no kuba Senderi ngo nta cyo amumarira kandi ari umufana we.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abakozi bane b’ikigo cy’imari “SAGER Ganza Microfinance Ltd” gikorera mu Mujyi wa Nyamata mu Kagari ka Nyamata Ville mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, nyuma y’uko gifashwe n’inkongi y’umuriro hagahiramo amafaranga y’u Rwanda miliyoni 12 ariko ivu ryayo ntirigaragare ndetse (…)
Mu biganiro abatuye Akarere ka Ngororero bahawe n’abantu batandukanye mu cyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abatuye mu Karere ka Ngororero basabwe kujya bibwiriza kwibuka abazize Jenoside kuko ari inshingano za buri Munyarwanda.
Abagororwa bafungiye muri Gereza ya Nyakiriba iri mu Karere ka Rubavu bibumbiye mu ihuririro ry’ubumwe n’ubwiyunge basaba ko bahabwa umwanya wo gutanga amaboko bagasana ibyo bangije muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Gakenke barasaba ko Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo ya 101 ikumira Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, kongera kwiyamamariza manda ye ya 3 ko ryahinduka bakongera bakamutora bitewe n’uruhare yagize mu gutuma batavutswa ubuzima kandi bakaba basigaye batekanye.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe agaragaza ko ibitero by’umwanzi, amakimbirane n’abaturanyi, ibibazo bijyanye n’ubukungu, ubushomeri, imibereho n’ubwiyongere bw’abaturage; byose bishyizwe ku rutonde mu byibasiye u Rwanda nta na kimwe kirusha ubukana Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Rucogozabahizi Emmanuel ufungiye muri Gereza ya Nyakiriba avuga ko ababajwe no kuba Lt Colonel Nsengiyumva Anatole wamushoye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yarahawe igifungo cy’imyaka 15 n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’Arusha (TPR) mu gihe abo yashoye mu bikorwa by’ubwicanyi bafunzwe imyaka 30.
Umunyeshuri witwa Nowa Nsanzumukiza avuga ko yababajwe n’uko atabashije kugeza ikibazo ahura na cyo mu myigire ye nk’ufite ubumuga kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubwo yagendereraga ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, ku cyumweru tariki ya 12 Mata 2015.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, Paul Rwarakabije, arasaba imfungwa n’abagororwa kugaragaza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi akihanangiriza zimwe mu mfungwa n’abagororwa zishyira igitutu kuri bagenzi bazo zibabuza kuvuga ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umugabo witwa Kanyebeshi wo mu Kagari ka Kiyanzi, Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe yakomerekeje bikomeye mu gitsina umugore we witwa Tuyambaze Diane akoresheje umusumari, mu ma saa tanu z’ijoro rishyira tariki 12 Mata 2015.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga bavuga ko kuba uwari Minisitiri w’Intebe kuri Leta yiyise iy’abatabazi, Jean Kambanda yarashikarije abaturage gukoresha imbunda muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 byatije umurindi ubwicanyi.
Umugabo witwa Claude Nsanzamahoro utuye mu Mudugudu wa Busasamana mu Kagari ka Shangi mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi ku wa mbere tariki ya 13 Mata 2015 akurikiranyweho amagambo ahembera urwango ashingiye ku ngengabtekerezo ya Jenoside yavugiye muri uwo mudugudu.
Mu muhango wo gusoza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuhamya bwatanzwe bwibanze ku kwirinda guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umusaza witwa Karemera Yohani utuye i Nyawera mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza arashimirwa ubutwari yagize bwo guhisha bamwe mu Batutsi bahigwaga muri Jenoside, akemera akabizira kugeza n’ubwo interahamwe zica ababyeyi be.
Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera bakurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi.
Minisitiri w’Ubutabera, Joshnston Busingye, aratangaza ko Jenoside ari ikimenyetso kigaragaza ko ubutegetsi buriho bujegajega bitewe n’uko amategeko ariho aba atacyubahirizwa, hakabaho umuco wo kudahana aribyo biganisha ku bwicanyi kuko ababukora baba bumva bashyigikiwe.
Nyuma y’uko amazi atwaye umugore kuri uyu 12 Mata 2015, imvura yaguye mu bice by’ibirunga yatumye amazi amanuka ari menshi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 13 Mata 2015 inzu eshanu zirarengerwa.
Mugiraneza Gaspard, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyagasozi mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, yatawe muri yombi ku wa gatandatu tariki 11 Mata 2014, amaze kubwira abari bitabiriye ibikorwa byo kwibuka ati “Kwibuka bizageraho binarangire, maze twigire mu iterambere”.
Urutonde ngarukakwezi rukorwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Umaguru ku Isi (FIFA) rwashyizwe ahagaragara kuri uyu 9 Mata 2015 rurerekana ko u Rwanda rwasubiye inyuma ho imyanya 10 ruhita ruza ku mwanya wa 74 ruvuye ku wa 64.
Nyuma y’imyaka irenga icumi ikipe y’igihugu Amavubi ihuriye mu itsinda rimwe n’ikipe y’igihugu ya Ghana "Black Stars", byongeye guhurira mu itsinda rimwe muri Tombola yabereye i Cairo mu Misiri mu cyumeru gishize
Ku bufatanye n’uruganda rukora amarangi rwa Crown Paints, abahanzi bakorera mu nzu itunganya muzika yitwa Super Level bahaye inkunga y’ibiribwa imiryango 19 yarokotse Jenoside itishoboye iba mu Mudugudu wa Rutobotobo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza banenze bagenzi babo bagaragayeho gupfobya Jenoside muri iki gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994.
Abaturage batuye mu Mudugudu wa Gatyazo mu Kagari ka Rugari mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko hakwiye gushyirwa ingufu nyinshi mu kwigisha urubyiruko ububi n’ingaruka Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ku gihugu cy’u Rwanda kugira ngo haboneke icyizere ko u Rwanda rutazongera kurangwamo Jenoside ukundi.
Umugabo witwa Nshimiyimana Theophile utuye mu Kagari ka Nyarutarama mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi yishimira ko “Abubatsi b’Amahoro” bamufashije gusubirana n’umugore we yari yarirukanye amuhoye ubwoko bwe.
Umuyobozi wa Brigade ya 305 ikorera mu Karere ka Musanze n’igice cya Burera, Brig. Gen. Hodari Johnson arakangurira Abanyarwanda gufatira urugero rwiza rw’ubumwe n’ubwiyunge ku ngabo z’igihugu aho abari bahanganye babaye abavandimwe bakaba batahiriza umugozi umwe.
Umusaza Bartazar Munyentwali w’imyaka 70 y’amavuko atangaza ko yababariye umugabo wahoze ari umuyobozi wa Selire (akagari k’ubu) wishe abo mu muryango we basaga 80 kubera umurongo wa Bibiliya yari amaze gusoma.
Ubwo hakorwaga umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri 21 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyabihu kuri uyu wa 13 Mata 2015, hatangajwe ko ugereranije n’abatutsi baguye muri ako karere hakiri imibiri myinshi itarashyingurwa mu cyubahiro.
Ahagana mu ma saa kumi z’igitondo cyo ku wa 13 Mata 2015, mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Bugarama mu Kagari ka Pera mu Mudugudu wa Kinamba, umugore warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 witwa Solina Mukantagozera yasohotse ajyanye umwana we kwiherera ahura n’abantu babiri bahita bamufata bamuzirika amaguru (…)
Umugore w’imyaka 45 witwa Kampire Faina utuye mu Kagari ka Bumba mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro yarokoye umugabo we witwa Kanyoni Melane w’imyaka 60, ariko ngo yahuye n’ibigeragezo kuko ise umubyara yashakaga kumwicisha.
Abagize amatsinda y’ubutwari bwo kubaho ahuje abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 n’abayigizemo uruhare akorera mu Murenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru barahamya ko ubu biyunze, basigaye bahuriza hamwe ibitekerezo bigamije kubaka.
Ku cyumweru tariki 12 Mata 2015 ku biro bya Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatanzwe ibikoresho binyuranye polisi yafatanye abantu ikurikiranyeho ubujura buciye icyuho bwakorewe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Nyanza mu minsi mike ishize.
Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston avuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari ishoramari rikomeye bityo ntawe ukwiye kwemera ko buhungabanywa.
Umuhanzi Sebanani André yavukiye mu yahoze ari Komini Kigoma, Perefegitura ya Gitarama mu mwaka w’1952, ubu ni mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.