Kamonyi: Abacisha amata ku ruhande babangamira amakusanyirizo

Amakusanyirizo yo mu Karere ka Kamonyi ngo ahangayikishwa n’abagemura amata atanyujijwemo ngo apimwe ubuziranenge kuko iyo apfuye byitirirwa aborozi bose bo mu karere.

Mu Karere ka Kamonyi hubatswe amakusanyirizo y’amata ane, aho aborozi basabwa kugemura umukamo kugira ngo upimwe ubuziranenge mbere yo kujyanwa ku isoko, ariko bamwe ngo ntibatabyubahiriza ahubwo bakayakura mu borozi bahita bayajyana ku isoko.

Abacuruza amata batayanyujije mu makusanyirizo ngo apimwe batesha agaciro amata yo mu makusanyirizo.
Abacuruza amata batayanyujije mu makusanyirizo ngo apimwe batesha agaciro amata yo mu makusanyirizo.

Amenshi mu mata y’aborozi bo muri Kamonyi agurishirizwa mu Mujyi wa Kigali, aho usanga buri gitondo abagemura bayatwara ku magare bayambukana, hakaba n’abayagurisha mu duce tw’umujyi tw’akarere.

Amakusanyirizo afite impungenge ku bagemura bagurisha amata atabanje gupima kandi ari gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho yo guteza imbere umworozi , imufasha kongera ubwiza n’ubwinshi bw’umukamo no kubona isoko ryizewe.

Ngendo Alphonse, umworozi ukurikirana isuku n’ubuziranenge bw’amata y’aborozi bakorana n’ikusanyirizo rya Rugobagoba, avuga ko abatwara amata atavuye ku ikusanyirizo babangamira amakusanyirizo kuko iyo bayatanze ari mabi byitirirwa aborozi bose bo mu karere.

Ngo mu gihe ikusanyirizo rifite ubushobozi bwo kwakira litiro 2 na 800 by’amata, ubu ryakira litiro 1200 gusa, andi menshi yatwawe n’abo bayacisha ku ruhande.

Rugobagoba MCC ni imwe mu makusanyirizo yikomye abatwara amata i Kigali ku magare atanyuze mu makusanyirizo ngo apimwe.
Rugobagoba MCC ni imwe mu makusanyirizo yikomye abatwara amata i Kigali ku magare atanyuze mu makusanyirizo ngo apimwe.

Ati “Iyo bayajyanye i Kigali bunguka amafaranga menshi kuko ntaho Leta ibazi, baba batasoze. Kandi n’iyo ari mabi bahyizemo nk’amazi abanyakigali barayagura. Ahubwo babona apfuye bakabyitirira amata yose ava ku Kamonyi”.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi mu Karere ka Kamonyi, Sindayigaya Abdul Madjidi, avuga ko ari itegeko ko amata yose acuruzwa agomba kunyuzwa ku ikusanyirizo akabanza gupimwa.

Ati “Amata yo ku ikusanyirizo akorerwa ibipimo bitandukanye . Apimwa isuku amazi, umubanji. Atahanyuze rero ntushobora kumenya ubwiza bwayo cyangwa ububi bwayo”.

Akomeza avuga ko ari inshingano z’abacuruzi kuza gufata amata ku ikusanyirizo, ariko bamwe mu bacuruzi n’abandi bakenera amata bo mu karere batangaza ko impamvu bagurira abayacisha ku ruhande ari uko bayabazanira.

Basaba n’amakusanyirizo kubegereza aho bakura amata hafi kuko bose badafite ubushobozi bwo kujya kuyizinira.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka