Nyuma y’imyaka ibiri gare yo mu Mujyi wa Butare itangiye kubakwa, ku itariki ya 9 Mata 2015 yatangiye gukoreshwa.
Hotel Serena ya Kigali iraza kwerekana filimi yiswe “Intore” iza kuba yerekanywe ubwa mbere ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 10 Mata 2015, kandi igakoreshwa mu buryo bwo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994.
Mu rwego rwo gufata no gukoresha neza amazi y’imvura,umushinga wo gufata no gukoresha neza amazi y’imvura wo mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere, urateganya kubakira inyubako rusange 70 ibigega binini bifata amazi.
Umuyobozi wa East Land Motel yo mu Karere ka Kayonza, Nkurunziza Jean de Dieu yarekuwe by’agateganyo, abo bareganwa bakomeza gufungwa mu gihe cy’iminsi 30 mbere y’uko urubanza baregwamo rutangira kuburanishwa mu mizi.
Umupolisi witwa Safari Gilbert yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana ku wa 09 Mata 2015 aregwa ubujura bw’ibyuma by’imodoka y’ikamyo yari yafashwe na Polisi kubera amakosa yari iyikurikiranyeho.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ruhengeri bumurika indirimbo y’amashusho ikubiyemo amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri ibyo bitaro, kuri uyu wa 09 Mata 2015, bwatangaje ko buzakora ibishoboka byose kugira ngo ayo mateka atazibagirana.
Nyuma y’uko mu Karere ka Ngororero inama y’umutekano yemeje ko hari amakosa mu gutanga inka muri gahunda ya “Gira inka” nk’uko byari byaragaragajwe n’abadepite, abafite uruhare mu kunyereza inka za “Gira inka”, cyangwa abazifta ku buryo bunyuranyijwe n’amategeko batangiye kwishyura cyangwa gusubiza inka bahawe.
Akarere ka Ngororero ni kamwe mu twazahajwe cyane na Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994. Aka karere ubu gafite inzibutso 7 zose hamwe, zibitse imibiri y’abantu ibihumbi 42 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri aka karere, abatutsi 2200 ni bo bonyine babashije kurokoka.
Igihugu cya Tanzaniya cyamanuye amabendera kugera hagati kandi cyifatanya n’Abanyarwanda batuyeyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, mu gikorwa cyabereye ahitwa Mlimani City Centre muri kaminuza ya Dar-Es-Salaam, ku gicamunsi cyo ku wa 08 Mata 2015.
Ingabo z’u Rwanda zikorera mu muryango w’abibumbye ziri i Darfur muri Sudan (UNAMID), umuryango mugari w’abanyarwanda bahakorera, hamwe n’inshuti z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bibutse ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, igikorwa cyabereye mu Mujyi mukuru wa Darfur, ahitwa El Fashir tariki ya 7 Mata (…)
Kayihura Pierre Céléstin wiganye na Dr Léon Mugesera mu kigo cyitiriwe Kristu Umwami kiri mu Karere ka Nyanza, avuga ko yahize n’ubundi yanga abatutsi ndetse ngo yagiye ashoza imvuru mu kigo akabakubitisha abandi banyeshuri.
Ikigo k’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) kiratangaza ko inzira imwe yo guteza itangazamakuru ryo mu Rwanda imbere ari uko abanyamakuru bakwihuriza hamwe, bikabafasha kwiyongera mu bunyamwuga no kwiteza imbere.
Dr Nkubana Théoneste, Umuganga akaba n’umuturage w’Akarere ka Kamonyi avuga ko mu gihe mu bindi bihugu inyeshyamba zihutira gufata umujyi, abahoze iri ingabo za RPA bo bihutiye kurokora abatutsi bicwaga hirya no hino mu gihugu.
Bamwe mu bakozi b’Akarere ka Nyamasheke bandikiye ubuyobozi bw’akarere babusaba kurenganurwa nyuma y’uko basanze umushahara wabo waramaze kugabanurwa nyuma y’ivugururwa ry’inzego z’imirimo riherutse mu Karere ka Nyamasheke.
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 08 Mata 2015, ku biro by’Akagari ka Kabere mu Murenge wa Nyabimata, Akarere ka Nyaruguru haraye hibwe ibendera.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke bagize uruhare mu kurokora abatutsi bahigwaga muri Jenoside ngo banga ko babashimira mu ruhame, bakavuga ko ibyo bakoze bazabishimirwa n’Imana.
Dr Rutangarwamaboko Modeste , Umuyobozi w’ Ikigo Nyarwanda cy’ubuzima bushingiye ku muco akaba ari n’ inzobere mu muco, amateka n’ubuzima bwa muntu by’umwihariko ubushingiye ku myumvire, imyitwarire, imitekerereze ndetse n’imyitwarire, muri iki gihe cy’iminsi ijana twibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi , (…)
Urubyiruko rw’abasaveri bo mu Karere ka Ngoma ruvuga ko rufite ubushake bwo kurwanya Jenoside n’abayipfobya, ndetse ko rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu guhangana n’ingaruka Jenoside yasize mu Rwanda rutanga umusanzu uko rubishoboye.
Munyandamutsa Hamada, akaba nyirarume wa Jean Paul Akayesu wari Burugumesitiri wa Komini Taba, yanze gushyigikira akarengane kakorerwaga abatutsi maze yirengagiza amabwiriza yo kwica abatutsi yatangwaga n’ubuyobozi, ahisha abamuhungiyeho barindwi kandi bose bararokoka.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze bamaze gusobanukirwa n’akamaro k’uburezi bw’abana babo, aho bakorera abandi baturage bifite kugira ngo babashe kwishyurira abana amafaranga y’ishuri ibihumbi 25 ku gihembwe mu mashuri y’incuke.
Abantu batandatu bo mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Muhanga bamaze kugezwa imbere y’inzego z’umutekano bakurikiranweho gutanga no kugurisha mu buryo butemewe, inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Impunzi z’Abarundi zamaze umunsi umwe mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe zivuga ko zahunze intambara itutumba mu gihugu cyazo, ngo zishimiye uburyo zakiriwe mu Rwanda zigasaba ko bishobotse zahaguma zigatuzwa.
Umukecuru witwa Nikuze Edite wo mu Kagari ka Muganza mu murenge wa Gatore kuwa 07 Mata 2015 mu ma saa tanu bamusanze mu rutoki rwe aho yakoraga yapfuye, umuryango we ukaba uvuga ko asanzwe arwara umutima.
Nahabahire Anastase, Umuhuzabikorwa w’Urwego rw’Ubutabera muri Minisiteri y’Ubutabera, arasaba ko ababyeyi bafata iya mbere mu gutoza abana babo ubupfura bakiri bato kugira ngo batazakurana ubunyamaswa nk’ubw’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Bamwe mu batuye mu Kagari ka Bitare ho mu murenge wa ngera mu Karere ka Nyaruguru barokotse jenoside yakorewe abatutsi, bavuga ko kugeza tariki ya 20 Mata 1994 ubwo bahungiraga mu gihugu cy’Uburundi ngo nta mututsi wari utuye kuri uwo musozi wari wakishwe.
Imiryango y’urubyiruko rw’i Burayi rurwanya ivangura (EGAM), hamwe n’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi (AERG) na bakuru babo barangije kwiga (GAERG), batangarije Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ko n’ubwo Leta y’u Bufaransa yemeye kugaragaza zimwe mu nyandiko zivuga amateka ya Jenoside yakorewe (…)
Nyuma y’uko umugore witwa Mukangwije Vérène warokotse Jenoside yaraye atwikiwe ikiraro cy’inka ubwo abandi bari mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi hongeye kuboneka ikindi gikorwa gihohotera uwarokotse Jenoside, ubwo ahagana saa cyenda (…)
Mu rwego rwo gushyigikira no gufasha imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Karere ka Gicumbi ubu muri iki gihe k’icyunamo abaturage bagenda batanga inkunga zitandukanye zo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye.
Abanyarwanda batuye mu Buholandi baravuga ko amateka mabi y’igihugu cyabo yabigishije kumenya ikiza n’ikibi, bakaba biyemeje kubaka u Rwanda mu cyerecyezo cy’iterambere bashaka kandi ngo nta we bazemerera ko agoreka amateka y’igihugu cyabo ukundi, haba mu kuyavuga cyangwa kuyaha umurongo.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, mu ishami y’Ubumenyi n’ikoranabuhanga (CST) n’iry’ubuvuzi (CMHS) barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 bavuga ko bagira gahunda yo gusura inzibutso kugira ngo bamenye amateka abafasha guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe abatutsi.
Umugore witwa Sempfa Gratia w’imyaka 41, ni umwe mu barokokeye Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu rusengero rwa Ruhanga ubu ruri mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, ariko uburyo yarokotse ngo bimutera kudashaka kubyibuka kuko bishobora kumuhungabanya.
Ku bw’amateka mabi yaranze umurenge wa Save mu karere ka Gisagara ndetse n’urwango rwabibwe mu baturage rukabibwa n’abakurambere bahakomokaga, abatuye Save barasabwa guhindura amateka n’imyumvire.
Mbere gato y’uko Abanyarwanda batangira igihe cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakore Abatutsi, mu mirenge ibiri y’ Akarere ka Ruhango ngo hagaragaye ingengabitekerezo ya Jenoside ariko ubuyobozi burahumuriza abturage ko buri maso akaba nta kizabahungabanya.
Urubyiruko rwibumbiye mu itsinda rya Sick City Entertainment, rubicishije mu gikorwa ngarukamwaka rwise ’’OUR PAST’’, ruratangaza ko rwahagurukiye gukangurira bagenzi babo kumenya ukuri ku mateka yaranze Jenoside yakorewe abatutsi, bagakuramo amasomo yo kuyirwanya bivuye inyuma.
Nshimyumukiza Vénuste w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu Kagari ka Gitisi, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, aravuga ko nyuma yo gusurwa n’abantu barimo n’abakuze, agiye gushaka umugore kuko yabonyeko atazabura umusabira.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Burera, barishimira ko Ikigo Nderabuzima begerejwe cyatangiye kubaha serivisi z’ubuvuzi nyuma y’igihe kibarirwa mu mezi atandatu cyuzuye ariko kidakora.
Mu gihe impunzi z’Abarundi zikomeje kwiyongera ku butaka bw’u Rwanda, by’umwihariko mu Ntara y’Iburasirazuba, ubuyobozi bw’iyi ntara burasaba ko habaho ubufatanye bw’inzego zose, zaba iz’ubuyobozi, iz’umutekano ndetse n’abaturage kugira ngo ubuzima n’umutekano by’aba Barundi bahungira mu Rwanda bibashe kwitabwaho uko bikwiye.
Umukozi wo mu rugo witwa Nsabimana Jean de Dieu w’imyaka 20 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera akekwaho gusambanya abana b’abahungu batatu.
Dr. Emmanuel Havugimana, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko abaturage bari batuye mu Bufundu yahoze ari Komini Karama yo muri Perefegitura ya Gikongoro bagiye babibwamo urwango buhoro buhoro, kuko ibikorwaga bakoraga babikoreshwaga ku gahato n’abayobozi ba leta yari ho icyo gihe.
Muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abaturage ko bajya bazana n’abana babo bafite hejuru y’imyaka 7 mu biganiro kugira ngo abana basobanukirwe neza amateka yaranze u Rwanda.
Abayobozi b’amadini yo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye gukusanya inkunga zitandukanye mu bakirisitu bayoboye zo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye muri ibi bihe byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Musenyri wa mbere wayoboye Diyosezi Gatolika ya Kibungo, Joseph Sibomana, kuva mu 1968-1992 y ashimiwe ko yarwanije politike y’iringaniza mu mashuri rishingiye ku moko n’uturere aho yanze kuyishyira mu bikorwa mu mwaka wa 1973 muri Seminar into ya Zaza ndetse no mu itangwa ry’akazi muri econamat Jeneral ya Diyosezi ya (…)
Padiri Rutinduka Laurent, impuguke ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 arasaba abanyamadini kwerura bakaganira ku mateka ya Jenoside mu rwego rwo gukura abayoboke bayo mu rujijo.
Emily Philips, umwarimu wacyuye igihe muri Florida, USA yiyanditse ubutumwa bw’akababaro bwagombaga gusomwa ku rupfu rwe, ariko abwandika mbere gato y’uko yitaba Imana azize canseri y’urwagashya.
Abantu 3 bari mu Bitaro ku Kigo Nderabuzima cya Byumba abandi 7 barwariye ku Kigo Nderabuzima cya Cyumba mu Karere ka Gicumbi nyuma yo kunywa ikigage mu birori byabaye kuri Pasika mu rugo rw’umuturanyi.
Umuhanzi Senderi International Hit arahamagarira urubyiruko rw’abahanzi guhanga byimbitse ibihangano bifasha ubyumvise wese kumenya uburemere bwa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Abantu bataramenyekana batswitse ikiraro cy’umukecuru warokotse Jenoside yakorewe abatutsi witwa Mukangwije Vérène wo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Bugarama mu Kagari ka Ryankana, ubwo yari yagiye mu bikorwa byo kwibuka ku shuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Perezida wa Ibuka (umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi) mu Murenge wa Tumba wo mu Karere ka Huye, Théodat Siboyintore avuga ko kurwanya by’ukuri abapfobya Jenoside ari ukubima amatwi.
Ishyaka PARMEHUTU rya Gregoire Kayibanda ryavutse mu w’1957 ngo riza ku isonga mu kubiba amacakubiri mu banyarwanda.