Abagize ihuriro ryo kuzamura imirire mu Karere ka Gicumbi SUN (Scaling Up Nutrition) bafashe ingamba zo kwigisha ababyeyi gutegura indyo yuzuye.
Abarokoye abatutsi mu gihe cya Jenoside bituye inka abo barokoye nyuma y’uko abarokotse Jenoside babanje kubagabira babashimira ibyo babakoreye.
Umuhanzi Queen Cha yasobanuye ko izina akoresha mu muziki rikomoka ku mazina y’ababyeyi be yafashe akayahuza mu rwego rwo kubashimira.
Kuri uyu wa 15 Ugushyingo abagabo 3 bo mu murenge wa Karama Akarere ka Nyagatare bafunzwe bakekwaho kugaburira abaturage inyama z’imbwa.
Uruganda rushya rw’amazi rwubakwa mu Nzove ndetse no kongerera ubushobozi urwari ruhasanzwe bigiye gukemura burundu ikibazo cy’amazi mu mujyi wa Kigali.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibyoherezwa hanze biva ku buhinzi(NAEB), cyafatiriye Toni 10 za kawa tariki 16/11/2015, zari zijyanywe muri Uganda.
Ku munsi wa kabiri wa Tour du Rwanda,umunya Eritrea Debesay Mekseb ukinira Bike Aid yo mu Budage niwe wegukanye umwanya wa mbere
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, aratangaza ko abatuye uyu mujyi badakwiye guhangayikishwa n’impinduka zihagaragara kuko biri mu biranga iterambere.
Mu gusoza icyumweru cyo kumenyekanisha amahirwe yo kuba muri EAC, abaturiye umupaka wa Rusumo basabwe kuwugirira isuku batera ibiti banabungabunga ibikorwa remezo.
Abaturage baturiye umupaka wa Rusizi ya mbere na Bukavu bakomeje kwibaza impamvu ikiraro gishya gihuza ibihugu byombi kidakoreshwa kandi cyaruzuye.
Kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 mu ma saa mbeli n’igice, mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umuntu ariko ntibamenya uwo ari we.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko abana babo barwara bwaki kubera kutitwabwaho n’ababyeyi bombi.
Abayobozi n’abaturage b’Akarere ka Bugesera barasabwa kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda kuko ari byo bizatuma igera ku ntego zayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ko abafite umuriro muri aka karere umwaka urangira bageze ku kigero cya 17,5%.
Ribambere Diel w’imyaka 35 y’amavuko wo mu Murenge wa Mbuye, yafashwe n’abanyerondo ku wa 14 Ugushyingo 2015, ngo agiye kwiba imyumbati baramukubita kugeza apfuye.
Abanyamuryango b’ishyaka PL mu Ntara y’Iburengerazuba bibukijwe ko ntawe ukira atakoze, basabwa kugira umuco wo gukunda umurimo ndetse n’igihugu.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi batangaza ko kutagira amazi meza byabateye kurwara indwara ziterwa n’umwanda.
Nyampinga w’Umurage, Keza Joannah, yabaye uwa kane mu marushanwa y’Ubwiza bushingiye k’Umurage ku Isi mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, kuko gisize abantu umunani batishoboye bubakirwa amazu.
Abanyamuryango ba koperative COCELERU y’abafite Virusi itera SIDA n’abafite ubumuga mu murenge wa Rukomo barishimira ko batakishyurirwa Mitiweli nk’uko byahoze.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi batangaza ko ubukene ari bwo bubatera kutubaka ubwiherero bwujuje ibisabwa ngo bongere isuku yo mu ngo.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abajura babiri yafatiye i Gikondo ku mugoroba wo kuwa Gatanu, bibisha imbunda yo mu bwoko bwa Pistolet.
Bibiliya yahoze yanditse mu Kilatini ariko inyandiko "Dei Verbum", yatumye iki gitabo gishyirwa mu zindi ndimi, n’Ikinyarwanda kiboneraho mu 1990.
Kuwa 13 Ugushyingo, imiryango itandukanye n’amatorero bikorera muri Ngororero batangije umushinga witwa SUN ugamije kurwanya imirire mibi muri aka karere.
Nyuma y’imyaka ibiri n’igice ari mu bucuruzi bw’isombe, Uramukiwe Immaculee ahamya bwamugejeje kuri byinshi birimo inzu ya Miliyoni eshanu.
Muri Tombola yabereye muri Serena Hotel ikanitabirwa na Nyakubahwa Perezida wa Republika,u Rwanda rwatomboye bizwi mu mupira w"amaguru muri Afrika
Ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda Nsengimana Bosco wa Team Kalisimbi ashyizeho agahigo ko gukoresha igihe gito mu mateka ya Tour du Rwanda mpuzamahanga
Abanyamakuru b’abagore mu Rwanda batangaza ko ubumenyi bungukiye mu mahugurwa bahawe buzabafasha mu kwihangira imirimo no kunoza akazi mu itangazamakuru.
Abatuye mu Karere ka Ngoma bifuza ko buri Munyarwanda akwiye kuba umurinzi w’igihango mu gushimangira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare buvuga ko kutagira sitasiyo ya Polisi aribyo bikurura abajura biganjemo ab’amatungo magufi.
Minisiteri y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba yijeje abaturiye umupaka wa Rusumo kuzabakorera ubuvugizi, kugira ngo bakurirweho imisoro ku biribwa bagura muri Tanzania.
Abayobozi b’ishyaka PL mu Rwanda baributsa abayoboke baryo ko umuco wo gukunda igihugu ari inshingano atari amahitamo nk’uko bamwe babitekereza.
Iperereza ku bagabye i bitero by’iterabwoba i Paris ryatangiye, abashinzwe umutekano banatangira gufata bamwe mu bakekwaho kugababa ibi bitero.
Urubyiruko ruhuriye mu rugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba rwiyemeje kuba umusemburo w’iterambere.
Abakinnyi bose bazasiganwa muri Tour du Rwanda 2015 bamaze guhabwa nomero bazaba bakoresha
Kuri iki cyumweru haratangira Tour du Rwanda mu Rwanda,isiganwa rigiye gukinwa ku nshuro ya 7 kuva ribaye mpuzamahanga mu mwaka wa 2009.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yihanganishije imiryango n’inshuti baburiye ababo mu bitero by’ibyihebe byagabwe i Paris mu Bufaransa.
Perezida w’Ubufaransa François Hollande aratangaza ko igihugu cye kinjiye mu cyunama cy’iminsi itatu kubera ibitero byabereye i Paris bagahitana abantu babarirwa mu 120.
Mu gusoza icyumweru cyahariwe Ubumwe n’Ubwiyunge mu Karere ka Ngoma bishimiye ko nta mbogamizi na nke bafite zatuma Abanyarwanda batabana neza.
BDF ikomeje kongera umubare w’abahuguriwe kwihangira umurimo kugira ngo babe ari bo bazatanga akazi mu rwego rwo kunganira Leta.
U Rwanda rwakiriye Komisiyo yitwa EASTECO y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EAC) tariki 13 Ugushyingo 2015, ikaba ishinzwe guteza imbere ubumenyi(siyansi), ikoranabuhanga n’ubuvumbuzi.
Kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2015, muri IPRC-South hatangijwe ku mugaragaro kwigisha guhingisha imashini no kuhira imyaka, mu buryo bw’igihe gitoya cy’amezi atatu.
Tuyisenge Odette umukobwa w’imyaka 21 nyuma yo kubyara mbere y’iminsi itatu ngo ibizamini bya Leta bitangire ashimishijwe no kwemererwa gukora ibizamini ifite uruhinja.
Pasteri Nirere Clémentine avuga ko politiki yo gutubura ibyo kurya igomba gutandukana no kwigisha “Ndi umunyarwanda” hagamijwe komora ibikomere.
Abaturage bo mu karere ka Burera batangaza ko kuba hari imiryango isigaye ibana neza kandi yararangwana n’amakimbirane ibikesha Abarinzi b’Igihango.
Kuri uyu wa gatanu abakinnyi 15 bari mu makipe atatu azahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda nibwo basesekaye i Kigali bavuye mu mwiherero i Musanze