Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera batangaza ko ingeso y’ubuharike ikunze kumvikana muri ako karere ituruka ahanini ku bwumvikane buke hagati y’abashakanye bukurura amakimbirane, abagabo bagahitamo kuzana abandi bagore.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko ingoma zose zagiye ziyobora u Rwanda nta n’imwe yigeze ibageza ku iterambere nk’iryo bagezeho ubu, bakifuza ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakomeza kuyobora u Rwanda kugeza igihe azaba atakibashije kuyobora.
Abaturage amagana n’amagana baturutse mu mirenge yose y’Akarere ka Nyanza ku mugoroba wo ku wa 25 Gucurasi 2015 bakiye bidasanzwe intore z’Abadahingwa bo muri aka karere bari bakubutse mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda mu gusaba ko Itegeko Nshinga rihinduka rikemerera Perezida Paul Kagame kongera kwiyamamaza.
Abashinzwe gucunga imitungo yasizwe na bene yo mu turere tw’icyaro baravuga ko bakomerewe n’ikibazo cy’amikoro akiri make bigatuma batuzuza neza ibyo basabwa, bagasaba ko bakongererwa ubushobozi ngo babashe kuzuza neza inshingano zabo.
Mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, hari abarokotse Jenoside bangirijwe imitungo mu gihe cya jJnoside ariko bakaba barayobewe uwo bazayishyuza.
Umunyezamu usanzwe ufatira ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi ariwwe Ndayishimiye Eric uzwi ku izina rya Bakame aratangaza ko mu gihe cy’icyumweru kimwe aba yamenye niba aguma mu ikipe ya Rayon Sports nyuma y’aho amasezerano ye arangirana n’uyu mwaka w’imikino
Imvura yaguye ijoro ryose cyane cyane mu bice by’ibirunga yateye umwuzure mu Mujyi wa Musanze amazi afunga umuhanda wa Musanze-Rubavu hafi ya Hoteli Faraja abagenzi n’imodoka bavaga i Rubavu n’ab’i Kigali bari bahagaze bategereje ko agabanuka bagakomeza urugendo. Aya mazi kandi aturuka mu birunga ngo yatwaye umwana (…)
Abaturage 17 bo Karere ka Musanze bafashe amafaranga y’urunguze izwi nka Banki Lambert, ubu baricuza nyuma y’uko bagize ikibazo gikomeye cyo kubona ubwishyu, bamwe ibyabo bikaba byaratejwe n’abandi bikaba ari ko bigiye kubagendekera.
Abapolisi 30 barimo Abanyarwanda ndetse n’Abagande, kuva ku Cyumweru, tariki ya 24 Gicurasi 2015, bateraniye mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi i Gishari mu Karere ka Rwamagana, mu mahugurwa y’ iminsi ine agamije kongerera ubushobozi Polisi zombi mu bijyanye n’ubufatanye bwo kwitegura ndetse no guhangana n’ibiza.
Minisitiri w’ubutabera mu Rwanda, Busingye Johnston, arasaba abaturage gukurikiza imyanzuro inkiko ziba zategetse kandi hakagaragazwa uwatsinze n’uwatsinzwe, bityo ubutabera bukagerwaho uwarenganye akarenganurwa.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yasabye inama y’abafatanyabikorwa mu guteza imbere umurimo ibera i Kigali kuva tariki 25-26 Gicurasi 2015 gushakira ibisubizo ikibazo cy’ubushomeri, bugeze aho gutuma abantu benshi bava muri Afurika bakomeje kurohama mu nyanja ya Meditarane, bazira kujya gushaka imirimo i Burayi.
Abagize koperative “Twiteze imbere Kitabi”, KOTEKI y’abahinzi bo mu Karere ka Nyamagabe bakorera Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, barasaba iki kigo kubahemba amafaranga bamaze amezi agera ku munani bakorera ariko badahembwa kandi ngo bakeneye kwikenura no gutunga imiryango yabo.
Ku wa mbere tariki ya 25 Gicurasi 2015, abaturage bahagarariye abandi mu byiciro bitandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo bashyikirije inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, ubusabe bw’abantu basaga 1 000 000 basaba ko ingingo yo mu itegeko nshinga igena umubare wa manda z’umukuru w’igihugu yavugururwa.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, avuga ko nubwo abagore bahawe ijambo badakwiye kwirengagiza nkana inshingano bafite mu miryango ngo bitume bahora bahanganye n’abagabo babo.
Impunzi zisaga 2000 zari zarahungiye mu gihugu cya Namibia ntizigaragara mu nkambi zari zaracumbikiwemo, hakaba hari impungenge ko zaba zaratorotse.
Mu muhango wo kwibuka no kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu byahoze ari amakomini ya Kigoma na Tambwe, mu cyahoze ari Perefegitura ya Gitarama, wabaye kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, abaturage bo mu Karere ka Ruhango bibukijwe ko bagomba gufata iya mbere mu kurwanya abapfobya Jenoside.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza aravuga ko nyuma y’uko Umurenge wa Nkombo wo mu Karere ka Rusizi wari waribagiranye, ubu ugaragaza impinduka nyinshi zikomeye mu iterambere haba mu bikorwaremezo birimo amashuri, ibigo nderabuzima, amashanyarazi n’ibindi, ibyo kandi bikaba bigaragara no mu mibereho y’abaturage.
Oda Paccy uri kuvugwaho gusubiza Lick Lick mu ndirimbo ari gukora yise “Ntabwo mbyicuza”, aravuga ko atayikoreye Lick Lick ahubwo ko yayikoze abwira abantu bose bibwira ko umuntu yabeshwaho na bo.
Umunyamerika Floyd Mayweather Jr, ukina umukino w’iteramokofe, niwe uyoboye urutonde rw’abakinnyi b’imikino itandukanye ku isi, bafite amafaranga menshi, nyuma yo gutsinda umuteramakofe mugenzi we, Manny Pacquiao wo muri Filipine.
Umuryango w’ivugabutumwa USEI Ministries (Unite, Save and Evangelize International Ministries) wafashe mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo mu Murenge wa Remera, Akarere ka Ngoma iboroza amatungo magufi ndetse ibaha n’ibiribwa mu gihe bibuka ababo bazize Jenoside.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ruhango buravuga ko bugaya cyane abaganga basebeje umwuga wabo bagira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, bukavuga ko hamaze gufatwa ingamba z’uko nta muganga uzongera kuvutsa ubuzima umuntu, ahubwo ko agomba kubusigasira nk’uko yabyigishijwe.
Ihuriro ry’abagore bo mu Karere ka Kayonza ryasabye ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda ivugururwa kugira ngo umukuru w’igihugu, Paul Kagame, azabashe kwiyamamariza indi manda.
Mu isiganwa mpuzamahanga ku maguru rizwi ku izina rya Kigali International Peace Marathon ryabereye mu Rwanda kuri iki cyumweru taliki ya 24 Gicurasi 2015 ryarangiye Kenya yihariye imyanya ya mbere mu gihe Eric Sebahire yabaye uwa gatatu muri Kilometero 21 naho Ruvubi Jean Baptiste aba uwa kabiri muri kilometero 42.
Bamwe mu baturage batishoboye bo mu Karere ka Rulindo bahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP baravuga ko yabafashije kwiteza imbere.
Abantu barindwi bo mu muryango umwe bari mu maboko ya polisi guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, bakurikiranyweho iterwa rya grenade yahitanywe uwitwa Theoneste Ntigurirwa w’imyaka 33 y’amavuko.
Kuri uyu wa 23 Gicurasi 2015, mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Rwabicuma bibutse abari abaforomo, abarwayi n’abarwaza biciwe mu Kigo Nderabuzima cya Cyaratsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara batujwe ku midugudu mu mirenge itandukanye barahamya ko bimaze guhindura imibereho yabo ku buryo batatekerezaga, aho bamaze kunguka byinshi mu bijyanye n’imibereho, ndetse bakaba banazamuka mu iterambere.
Amakipe y’abakobwa ya Muhanga na Kamonyi yaraye ashyamiranye hafi no kurwana nyuma y’uko ikipe ya Muhanga izamuye ikibazo cy’uko Kamonyi yakinishije abakinnyi batabyemerewe kandi basabwa kwigaragaza ntibikorwe bagahita bitahira.
Mu gihe mu Rwanda bimenyerewe ko Inkware ari inyoni z’agasozi ziba mu mashyamba ndetse zikaba zitangiye gucika, ikigo “Eden Business Center”, giherereye mu Kagari ka Ruyenzi, mu Murenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi cyorora inkware zo mu rugo kandi abayobozi bacyo bahamya ko zitanga umusaruro.
Abakora umwuga w’ubukanishi bwa moto mu Mujyi wa Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare wo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bafite amahirwe menshi yo kubona akazi kurusha abize amashuri asanzwe kuko bahorana impapuro zisaba akazi.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Muhanga baranenga uburyo hari zimwe mu nyongeramusaruro zibageraho zipfunyitse mu buryo butujuje ubuziranenge.
Abayobozi mu nzego zigira uruhare mu igenamigambi mu Rwanda bumvikanye ko bagiye gushyira mu igenamigambi bakora umuhigo wo guhanga imirimo mishya, kugira ngo gahunda yo guhanga imirimo mishya ibihumbi 200 buri mwaka igerweho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien, avuga ko umwana w’umunyarwanda akwiye kuba yigira ahantu hamufasha kwiga neza, agakura afite imishinga izubaka igihugu cyamubyaye.
Bamwe mu baturage bagize itsinda “Ubuzima ni ingenzi” ry’ubwisungane mu kwivuza mu Mudugudu wa Kayigiro, Akagari ka Gitengure, Umurenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, barasaba ko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza batanze mu mwaka wa 2014-2015 wakwimurirwa muri 2015-2016, kuko batigeze bayivurizaho.
Abanyamuryango b’ihuriro ry’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 barangije amasomo ya Kaminuza n’amashuri makuru (GAERG), baravuga ko bababajwe cyane no kuba ubutabera ntacyo bukora ngo Abarundi bagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe abatutsi mu gace k’Amayaga mu Karere ka Ruhango ndetse n’ahandi bahanwe, (…)
Abayobozi b’Umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe bamurikiye abaturage ibibakorerwa bagiramo uruhare, babagaragariza ibyo bateganya gukora mu gihe kiri imbere, kandi banabashishikariza kurushaho kugira uruhare mu bibakorerwa batanga ibitekerezo kubikenewe kurusha ibindi.
Umuryango AVEGA uhuza abapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 wijeje abagizwe incike n’iyo Jenoside bo mu mirenge igize iyari Komini Rukara ko batazigera baba bonyine.
Mu biganiro byahuje Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame n’urubyiruko rw’abanyarwanda baba mu mahanga, ibiganiro bibera i Dallas muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Perezida Kagame yarusabye kwigira ku iterambere ry’ibihugu rubamo na rwo rukazabasha kwiteza imbere no guteza imbere u Rwanda.
Perezida Kagame mu biganiro n’urubyiruko ruri i Dallas muri Texas, kuri uyu mugoroba tariki 23 Gicurasi 2015 yatangaje ko kwishyurira amashuri abana b’Abanyarwanda bakajya kwiga hanze nta gihombo kirimo kabone nubwo bamwe muri bo bagenda barangiza amashuri ntibahite batahe mu gihugu cyabo.
Perezida wa Repubulika,Paul Kagame, yashubije urubyiruko rwamubajije icyakorwa kugira ngo abanyarwanda benshi bari ku bucucike bwo hejuru babashe kubona imirimo, ko bagifite amahirwe menshi mu mirimo itarabona abayikora mu Rwanda, ndetse ko bajya gukorera no mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) n’ahandi.
Twabahitiyemo amwe mu mafoto yagize ibihe by’ingenzi mu biganiro mu matsinda hagati ya Perezida Kagame n’urubyiruko, aho twamubajije ibibazo bitandukanye bari bafite.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu biganiro n’urubyiruko rw’abanyarwanda ruba hirya no hino ku isi, i Dallas muri Texas muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 23 Gicurasi 2015, yabibukije ko aho baba bari hoseku isi bagomba kumenya ko ari Abanyarwanda kandi bagaharanira icyateza imbere “igihugu bahaweho umurage”.
Ba Ministiri Louise Mushikiwabo w’ububanyi n’amahanga hamwe na Francis Kaboneka w’ubutegetsi bw’igihugu basabye urubyiruko ruhuriye muri Rwanda Youth Forum ibera i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatandatu tariki 23/5/2015, ko rugomba kwamagana ibibera mu Burundi, rukoresheje uburyo bunyuranye burimo (…)
Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame arakangurira urubyiruko rw’u Rwanda kurangwa n’ibitekerezo bitanga ibisubizo kandi rukareba kure aho rwifuza ko igihugu kigera, baba abari mu Rwanda cyangwa abari hanze yarwo.
Abayobozi batandukanye bamenyesheje urubyiruko ruteraniye i Texas muri Amerika mu ihuriro ryitwa Youth for Rwanda, ko u Rwanda rubakeneye mu gukemura ibibazo bijyanye n’ingufu ndetse n’ubumwe n’ubwiyunge.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 yatsindiwe imbere y’abafana bayo kuri uyu wa gatandatu n’ikipe ya Uganda y’abatarengeje imyaka 23 mu mukino ubanza wo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afrika cy’abatarengeje imyaka 23 kizabera muri Senegal
Ministiri Mushikiwabo ushinzwe ububanyi n’amahanga na Francis Kaboneka w’Ubutegetsi bw’Igihugu, bamenyesheje rubyiruko rugera kuri 700 ruturutse hirya no hino ku isi, ruteraniye muri Kaminuza ya Texas Christian University muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ko u Rwanda rukeneye imbaraga zabo kandi rushaka kubatega amatwi.
Bamwe mu bagabo batuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke baravuga ko kuva gahunda y’umugoroba w’ababyeyi yatangira hari byinshi imaze kugenda ihindura mu miryango yabo, kuko henshi batakibana mu makimbirane nkayo babagamo mbere.
Urubyiruko rubarirwa mu magana rw’Abanyarwanda baturutse hirya no hino ku isi bateraniriye i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika, aho rugiye kuganirizwa byinshi bikubiye mu mateka u Rwanda ruvuyemo mu myaka 20 ishize, aho rugeze rwiyubaka n’aho rugana, baratangaza ko bamaze kumenya ayo mateka neza.