Umushumba wa Kiriziya Gatolika Papa Francis yakiriwe Perezida Uhuru Kenyatta ku isaha ya saa kumi n’iminota 50 zo muri Kenya.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubushakashatsi kuri gahunda za Leta (IPAR), kiratangaza ko Leta zikibangamirwa n’ubuke bw’abashakashatsi bayunganira muri iki gice.
Mu rugendoshuri bagiriye mu Karere ka Nyanza, abadepite bagize Komisiyo ishinzwe imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu cya Ghana bashimye uko umutungo wa Leta ukoreshwa.
Lt Col Habamungu Desire wari ushinzwe umutekano muri FDLR yageze mu Rwanda n’umuryango we kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2015 abifashijwemo na Monusco.
Kubwimana Emmanuel ushinzwe ubuhinzi mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro afunzwe akekwaho kunyereza ifumbire.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buranyomoza ibyatangajwe na Bloomberg ko haba hari umusirikare w’u Rwanda waguye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo.
Ikipe ya FC Barcelone yerekanye ko ishaka kwisubiza igikombe gihatanirwa n’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’I Burayi,ubwo yanyagiraga AS Roma
Ababyeyi bafite abana mu kigo ngororamuco cya Nyagatare barasabwa kubasura kuko bibarinda kwigunga no kwiyumva bameze nk’ibicibwa.
Bamwe mu bayoboke b’Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana, PL, barasaba ubuyobozi bw’iryo shyaka kubabwira amaherezo y’umutungo waryo wanyerejwe.
Kuri uyu wa gatau nibwo irushanwa ryateguwe na Rayon Sports na Startimes riza gutangira aho Rayon Sports iza gukina na Gicumbi kuri Stade ya Kicukiro
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abafite amasambu bahingamo mu mujyi wa Musanze kubireka kuko biteza akajagari n’isuku nke.
Mu karere ka Rulindo hatashywe umushinga w’ubuhinzi butandukanye wifashisha ikoranabuhanga mu buhinzi bwa kijyambere buzwi nka Green House.
Abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko abaturage bahora babasaba kubakorera ubuvugizi, abana bakuru bakariha mituweri ku giti cyabo.
Abanyanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari bashyikirijwe terefoni zo mu bwoko bwa “smartphones”, bahamya ko zizabafasha kwihutisha gutanga amakuru ajyanye n’akazi.
Abahuguriwe gukora imishinga na BDF bahabwa umwanya wo gusobanura iyo bikoreye imbere y’ubuyobozi bw’iki kigo n’abanyamabanki, abisobanuye neza bakemererwa inguzanyo.
Umuryango mpuzamahanga nterankunga VSO uvuga ko urimo gutegura kunganira Leta y’u Rwanda mu burezi budaheza, hibandwa ku bafite ubumuga.
Umuhanzi Munyangango Audace uzwi nka Auddy Kelly yashyize hanze amashusho y’indirimbo “Sinkakubure” yari yarifashishijwemo Miss Mutoni Balbine mu kuyamamaza.
Manzi James uzwi ku izina rya Humble Gizzo wo mu itsinda Urban boys aritegura kurushinga n’umunyamereka kazi Amy Blauman mu minsi iri imbere.
Bamwe mu baturage barema isoko rya Rwikiniro mu murenge wa Rwimbogo, bavuga ko iryo isoko ritabyazwa umusaruro nk’uko byakagombye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko muri Miliyoni 280 zanyerejwe muri gahunda ya VUP hamaze kugaruzwa izigera kuri ebyiri.
Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2015, Umutwe w’Abadepite washyikirije Guverinoma Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuguruye usaba Kamarampaka.
Abakozi b’Ibitaro bya Rwinkwavu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wari wagiye kubyarira muri ibyo bitaro baburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Rusizi bamaze imyaka itatu bishyuza umurenge amafaranga yabo ariko amaso yaheze mu kirere.
Ibirindiro by’umutwe wa FDLR byari Rusamambo byafashwe n’ingabo za Congo zifatanyije na Mai Mai Cheka, abayobozi barimo Gen Rumuri barahunga.
Minisiteri y’Umutungo Kamere n’Ibidukikije iratangaza ko igihembwe cyo gutera ibiti kizatangira mu mpera z’uku kwezi kizasiga hegitare ibihumbi 7 na 818 zitewe ibiti.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyabihu barasabwa gukorera hamwe mu guhanga imirimo mishya 5500 itari ubuhinzi, bityo akarere kabo kakarushaho gutera imbere.
Nikuze Vestine wigisha ku rwunge rw’amashuri rwa Murama mu murenge wa Musasa mu karere Rutsiro arwaye impyiko 2 ubu agiye kuzivuriza mu Buhinde.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera burasaba abaguze ubutaka kwihutira gukora ihererekanya bubasha kugirango hirindwe amakimbirane hagati y’abaturage.
Nyuma y’aho bigaragariye ko hari abaturage bakorewe akarengane mu kubimura ku bw’inyungu rusange, mu karere ka Nyaruguru hashyizweho itsinda ryo gusuzuma ako karengane.
Abakozi ba Entreprise Seburikoko banze gutanga ibikoresho byayo byatejwe cyamunara n’urukiko ahubwo bahitamo gufatira abari baje kubitwara.
Hakizimana Tharcisse uyobora urwunge rw’amashuri rwa Mungote mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro yatawe muri yombi akekwaho kunyereza ibikoresho by’ishuri.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Nyanza rwafunguye by’agateganyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Kayijuka John, ukurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kunyereza umutungo w’Akarere.
Abaturage bo mu murenge wa Kitabi, basanga iyo ubuyobozi bubakemuriye ibibazo ari nk’umuti, kuberako haba hari ibibazo byinshi biba byarananiranye.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Rwamagana barasabwa gufasha abaturage kurwanya amakimbirane mu miryango kandi bagatanga amakuru kare mbere y’uko bigeza ku bwicanyi.
Nangwahafi Consolée wo mu kagari ka Muhamba umurenge wa Gahara ababazwa n’ubumuga bw’umwana amaranye imyaka 10 bukaba bwarananiye n’abavuzi.
Ghana yahagaritse gusaba Abanyarwanda viza batemberera muri icyo gihugu, kugira ngo yubahirize igikorwa Leta y’u Rwanda yakoze yo gukuriraho visa Abanyafurika.
Kuva tariki 16 kugeza 22 Ugushyingo 2015, mu ifasi y’ikigo nderabuzima cya Tabagwe muri Nyagatare, mu barwayi 1816, 1258 basazwemo Malariya.
Umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC”, urasaba ababyeyi guhagurukira ikibazo cyugarije urubyiruko cyo kutamenya imyororokere yabo, kuko kenshi bipfira hasi.
Nyuma y’imyaka ibiri yibwe ihene eshanu hakabura uwizijyanye, Umukecuru Nikuze Esperance arasaba ubuyobozi gukurikirana uwo akeka ko yazibye ariko bwamushumbushije inka.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke barasabwa kugendana n’igihe, bakareka imigenzereze ya kera, bakava mu bujiji, bihatira kugira isuku kandi bizigamira.
Bamwe mu bahinzi muri Kamonyi batangaza ko batinya kugura inyongeramusaruro zo guhinga mu mirima y’imusozi kubera impungenge z’uko icyirere cyabatenguha bakarumbya.
Abapolisi bakuru 60 bo muri bimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2015 batangiye icyiciro cya kane cy’amahugurwa yo kubungabunga amahoro ku isi.
Abaturage batuye mu murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro barashinja abayobozi b’imidugudu kutabahesha inguzanyo batse muri Sacco ya Gihango.
Bamwe mu bahinzi ba kawa mu Karere ka Ngoma barinubira ko batabona umuti wo gutera imyaka ikaba ishize ari itatu.
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye mu murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, yasambuye amashuri inasenyera abaturage 13.
Ihuriro ry’imiryango y’abahinzi bo mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAFF), ryateguye umushinga w’itegeko rizorohereza imikorere yayo mu karere.
Inkuba yakubise mu rugo rw’umuryango wa Nzitibanje Theoneste, tariki ya 21/11/2015, umugore we Mukandayisenga Jeannette ahita yitaba Imana, abana barahungabana.
Ambasaderi Fatuma Ndangiza akaba n’umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere RGB aratangaza ko ukwezi kw’imiyoborere kuzibanda ku bibazo by’abaturage bamburwa ibyabo.