Abaturage badafite ubushobozi bagenewe ubufasha bwo kunganirwa mu mategeko imbere y’ubutabera n’abanyamategeko bo mu nzu z’ubufasha mu by’amategeko bazwi nka MAJ bakorera buri turere tw’Igihugu.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Huye bemeza ko Perezida Paul Kagame akwiye gukomeza kuyobora igihugu, bashinigiye ku ijambo yigeze kuvuga ko nta wuhindura ikipe itsinda bakemeza ko nawe nk’umutoza wayo adakwiye guhinduka.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon avuga ko mu gihe mu Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu karere ayoboye barimo gukemura ibibazo by’abarokotse bitarakemuka, kugira ngo babafashe kurushaho kwiyubaka.
Umugabo witwa Nziyumvira Jean d’Amour utuye mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, yaburiwe irengero nyuma yo gutema umwana we w’imyaka itatu agapfa ndetse akanakomeretsa umugore we, ubu akaba ari mu bitaro bya Ruhengeri.
Eng. Protais Musoni ushinzwe iterambere ry’ubuyobozi mu Muryango wa RPF-Inkotanyi, yasabye Inteko rusange y’uyu muryango mu Mudugudu wa Gacuriro 2020, Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, gutanga inama zafasha indi midugudu n’utugari mu gihugu hose, kwitabira gukora uko babisabwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda muri gahunda yayo y’umurimo unoze yashyizeho abajyanama mu by’ubucuruzi bafasha by’umwihariko abagore n’urubyiruko mu gutegura imishinga yo gusaba inguzanyo mu bigo by’imari. Ngo ibi bizafasha gukangurira Abanyarwanda gukora ubucuruzi byunganire Leta guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka.
Abacuruza inyama mu isoko rya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe baravuga ko babuze abakiriya, bagakeka ko biterwa no kuba ari ku wa Gatanu Mutagatifu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB), kuri uyu wa 02 Mata 2015, cyasuye uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’imyumbati n’ibigori mu Karere ka Ngororero nyuma y’aho rusuriwe n’abadepite bakanenga imashini zarwo zikozwe mu byuma bigaragara ko zatangiye kurwara umugese.
Nyirandirabika Judith umubyeyi w’abana bane, asaba abantu kudaha akato abarwaye indwara yo Kujojoba (Fistula). Ni nyuma y’uko yayirwaye akayimarana imyaka itandatu yarahawe akato, ariko ubu akaba yarivuje agakira.
Polisi y’igihugu iri kongerera ubumenyi abakozi bakora muri ISANGE One Stop Center muri serivisi zo gufasha abagore n’abakobwa bahuye n’ihohoterwa, ku buryo bahuza imikorere n’ubumenyi mu kongera ubunararibonye mu kazi.
Mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’imiyoborere myiza cyiswe “Umurenge Kagame Cup”, ikipe ya Rukoma mu bakobwa yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda iya Nyamiyaga. Naho ikipe y’Umurenge wa Musambira mu bahungu itsinda iy’Umurenge wa Karama.
Inama y’Umutekano yaguye y’Akarere ka Gakenke yo kuri uyu wa 02 Mata 2015 yagaragaraje ko umubare w’ibyaha bihungabanya umutekano wiyongereye ukava ku byaha 13 ukagera kuri 18 mu kwezi kwa Werurwe 2015.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze busaba abagore baharitswe kwirinda amakimbirane bakemera gusangira umugabo mu ituze, ariko abakobwa batarashaka bakabuzwa guharikwa abagore bagenzi babo.
Ubuyobozi bwa Pariki y’igihugu y’Ibirunga butangaza ko mu rwego rwo kuyibungabunga birushijeho bafite intego yo kongera ihanahanamakuru ajyanye n’umutekano wayo, ndetse no gusobanurira byimazeyo abayituriye akamaro kayo kuri bo ndetse no ku gihugu muri rusange.
Abarema isoko rya Nkoto riherereye mu Kagari ka Sheri ho mu Murenge wa Rugarika bibaza impamvu ritubakiye ntirigire n’ubwiherero,kandi rimaze igihe ryinjiza amafaranga ava mu misoro y’abaricururizamo.
Sosiyete sivile iriga k’uburyo umuturage yarushaho gusobanukirwa n’amaterasi y’indinganire, akamaro kayo n’uko yahindura imibereho ye bishingiye ku buhinzi ndetse n’imbogamizi zirimo zigashakirwa umuti.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwafashe icyemezo cy’uko abarimu bazajya bahembwa mbere y’abandi bakozi b’akarere.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa aravuga ko ikibazo cy’ihohoterwa mu muryango nyarwanda gikwiye kurandurwa kugeza ubwo gihinduka amateka.
Rayon Sports yakoreye imyitozo ya mbere kuri Stade Amahoro mu rwego rwo kwitegura ikipe ya Zamalek mu mukino wo kwishyura uzaba kuri iki cyumweru.
Mu gihe hari abayobozi binubira kuba hari abanyamakuru bagirana ikiganiro (interview) hanyuma bagatangaza agace batari biteze, Aimé Kajangana, umukozi w’urwego rw’Umuvunyi avuga ko abayobozi baha abanyamakuru amakuru baba bari bukoremo inkuru batabaha inkuru.
Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu rwemeje ko uwari umuyobozi w’akarere ka Rubavu Bahame Hassan n’umunyamategeko w’akarere Kayitesi Judith, bafungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo ubushinjacyaha bushobore gukora iperereza ku byaha bya ruswa bakurikiranyweho buvuga ko ari ibyaha bikomeye.
Leta ifite icyizere ko gahunda yo guha abafundi impamyabushobozi bataciye mu mashuri izagabanya akajagari kagaragaraga muri uyu mwuga bikanongerera agaciro abawukora, nk’uko biri muri gahunda ya leta yo guhanga imirimo itari iy’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda.
Inama y’ubuyobozi bw’Ikigo cy’imari ZIGAMA CSS cy’abagize inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda, yateranye ku wa kane tariki 02 Mata 2015 yemeza ko igiye kugabanya igipimo cy’inyungu yakwa abanyamuryango mu gihe cyo kwishyura inguzanyo bafata.
Uhagarariye igihugu cy’u Burundi mu Rwanda, Ntukamazina Aléxis aravuga ko agiye kuvuganira impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda bityo bakareka gukomeza guhunga, kuko imbonerakure bahunga zitari hejuru y’amategeko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ngo muri we si umunyapolitiki nubwo ayikora. Ibi yabitangaje kuri uyu wa 2 Mata 2014, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru muri village Urugwiro.
Ubuyobozi bw’Ikigo cyongerera ubumenyi abafite ubumuga kirabibutsa ko badakwiye kubera umutwaro abakoresha cyangwa ngo abakoresha babafate nk’abadashoboye byabadindiriza imirimo ngo bitumen babima akazi cyangwa babima agaciro ku isoko ry’umurimo.
Karimunda René, umwe mu bakiniye ikipe ya Rayon sports akaza no kuyibera umutoza mu bihe bitandukanye, avuga ko icyatumye ikomera mu myaka ya kera na n’ubu ikaba ari ikipe igifite izina rihambaye, ari ugutegura ikipe y’igihe kirekire, aho yakinishaga abenegihugu benshi kandi ikagira uburyo ibategura hakiri kare.
Abagiraga ibibazo by’ihungabana cyane cyane mu gihe cyo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, nyuma yo gufashwa ndetse no guhugurwa ngo nabo biteguye gutanga ubufasha mu gihe cy’icyunamo ku bantu bazagira ihungabana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko ahari imiyoborere myiza, ibikorwa byigaragaza binyuze mu kugeza ku baturage serivisi nziza kandi inoze.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Mugisha Honoré avuga ko bitangaje kuba mu Mujyi wa Gisenyi hari abafite amavunja bita ay’ubukire mu gihe amavunja aterwa n’umwanda.
Imvugo “ Amasaha y’abirabura” imaze gusakara mu mvugo yacu y’Ikinyarwanda ku buryo urahura n’umuntu wategereje undi akamubura ati “Iby’amasaha y’abirabura ntawabishobora”, wahura n’undi wakererewe akazi ati ”Dukora mu masaha y’abirabura”.
Serivise ishinzwe kwakira abana bakivuka (néonatologie) mu Bitaro bya Kirehe irashimirwa imikorere myiza iyiranga ku rwego rw’igihugu mu kurwanya impfu za hato na hato z’abana bakivuka.
Uwamahoro Alphonsine w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Kavumu mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza aravuga ko yataye umugabo we ku buryo budasubirwaho ahunga ihohoterwa yari amazemo imyaka irindwi, dore ko babanaga ariko batarasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yabwiye abavuga ko bashaka ko akomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017 ko bagifite akazi gakomeye ko kubimwumvisha bakanabyemeza Abanyarwanda, kuko Itegeko Nshinga risanzweho ribimubuza kandi akaba we ntawe yasabye kurihindura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bugaragaza ko ibyaha bishingiye ku rugomo bikunze kugaragara hirya no hino mu mirenge itandukane y’Akarere ka Gatsibo, biba bifitanye isano ya hafi n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Abaturage bo mu Tugari twa Hehu, Rusiza na Mutovu two mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu bahangayikishinjwe n’amazi ava muri pariki y’igihugu y’ibirunga agasenyera abaturage ndetse agatwara n’ubuzima bw’abantu.
Kuri uyu wa 01 Mata 2015 umugore witwa Izandinda Honorine wo mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro yaburiwe irengero baza kumusanga yaguye mu mugezi wa Sebeya yitabye Imana.
Umugabo witwa Uwimana Prosper utuye mu Kagari ka Karambi mu Murenge wa Kivumu ho mu Karere ka Rutsiro ari gushakishwa kuko yatemye umuntu ahita aburirwa irengero.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riravuga ko nta kirego cy’ikipe y’Amagaju FC ryigeze ryakira, mu gihe ubuyobozi bw’Amagaju buvuga ko bwatanze ikirego FERWAFA ikabusaba gutegereza igisubizo binyuze mu nyandiko ariko n’ubu butarasubizwa.
Bamwe mu bakozi bakoraga isuku mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare n’inkiko z’ibanze 4 zirushamikiye bakoreshwaga na Kompanyi Shine Rwanda Ltd barasaba ababifitiye ubushobozi kubishyuriza kuko rwiyemezamirimo bamubuze bityo bakaba badahembwa.
Mu mwaka wa 2013 ahenshi mu Turere tw’Intara y’Uburengerazuba hatanzwe Televiziyo zo gushyirwa mu tugari no mu mirenge kugira ngo zifashe abaturage kumenya amakuru y’ibibera mu gihugu, no kubarinda kurambirwa mu gihe bagiye gushaka serivisi.
Imiryango 123 y’Abanyarwanda batishoboye yatahutse kuva 2009 kugera 2015 mu mu Murenge wa Mudende kuri uyu wa 01Mata 2015 yashyikirijwe imbuto y’ibirayi ingana n’ibiro 9840, ibiro 1180 by’ifumbire ya NPK 17 17 17 ingana n’ibiro 1180, ibiro 99 by’umuti wica udukoko Mancozeb hamwe n’ibyuma bitera umuti mu myaka 21.
Abantu 138 bize gusoma, kwandika no kubara bakuze babifashijwemo n’itorero ADEPER Byimana bashyikirijwe impamyabushobozi tariki ya 01 Mata 2015, bavuga ko bagiye kugana inzira y’iterambere kuko kutamenya gusoma no kwandika byari inzitizi kuri bo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo bwegukanye igikombe cy’ishimwe gitangwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kubera intambwe iba imaze guterwa mu mitangire y’amasoko aba yakozwe mu buryo bunyuze mu mucyo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr Alivera Mukabaramba yasabye abatuye Akarere ka Rubavu kuba hafi y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu gihe cy’icyunamo, cyane cyane inshike n’abandi batishoboye baba bakeneye ababafata mu mugongo.
Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Rwamagana bashyigikiye ko umunsi wo kubeshya uba tariki ya 1 Mata washinga imizi ngo kuko ufasha abantu kuruhuka babeshya kugira ngo bishimishe ariko abandi bakavuga ko kubeshya ari icyaha kandi biteza ingaruka mbi zirimo igihombo n’ihungabana.
Mu Karere ka Bugesera hashyizweho inkambi iri kwakira Abarundi barimo guhunga ku bwinshi, bavuga ko baterwa ubwoba n’abashaka kubica.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryateguye irushanwa ngarukakwezi ryiswe “Rwanda Cycling Cup” rigizwe n’amarushanwa icumi azajya aba buri kwezi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nyakarenzo baravuga ko bababajwe n’amafaranga yabo batanze kuri biyogaze ariko hakaba hashize imyaka 2 zidakora.