Miss Rwanda 2016 iratangira iri joro

Ku bufatanye na Cogebank habaye inama itegura Miss Rwanda 2016, ku gikorwa gitegurwa Rwanda Inspiration Back Up cyatangijwe ku mugaragaro.

Tariki ya 9 Mutarama 2016 nibwo icyo gikorwa kizatangtira kikazahera Musanze bagakomereza mu ntara zitandukanye z’u Rwanda.

Momfort Mujyambere Umuyobozi w'ubucuruzi muri Cogebank ufite Micro
Momfort Mujyambere Umuyobozi w’ubucuruzi muri Cogebank ufite Micro

Igikorwa cyo kwiyandikisha biratangira saa sita z’ijoro kuri uyu wa 23 Ukuboza ku rubuga rwa Miss Rwanda (www.missrwanda.rw ).

Imodoka Miss Rwanda 2016 azahembwa
Imodoka Miss Rwanda 2016 azahembwa

Uzatwara ikamba muri uyu mwaka azahabwa imodoka yo mu bwoko bwa Suzuki Swift hamwe n’igihembo cy’amafaranga ibihumbi 800 ku kwezi.

Umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up Ishimwe Dieudonne
Umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up Ishimwe Dieudonne

Umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up Ishimwe Dieudonne uzwi ku izina rya Prince Kid mu buhanzi akaba ari we ukuriye abazategura icyo gikorwa yatangaje ko Miss Rwanda 2016 izaba ifite akarusho.

Aha ni mu nama itegura Miss Rwanda
Aha ni mu nama itegura Miss Rwanda

Bashaka ko itandukana n’izindi zagiye zibaho aho bazimika indangagaciro z’umuco Nyarwanda kandi abakobwa 15 bazajya basinya imihigo y’aho bazaba bahagarariye hazibanwa kugaragaza umuco Nyarwanda. Ikindi ni uko Miss Rwanda 2016 ifite ibirango bishya.

Imodoka Miss Rwanda 2016 azahembwa
Imodoka Miss Rwanda 2016 azahembwa

Iki gikorwa kikazaba ku bufatanye bwa RALC, COGEBANK, Tigo, EAP(East African Promotors) bigategurwa na tariki ya 9 Mutarama bazahera Musanze bagakomereza mu ntara zitandukanye z’u Rwanda.

Uko imodoka imeze
Uko imodoka imeze

Miss uvuyeho icyo bamushima ni uko yitwaye neza. Ibyo yasezeranyije Abanyarwanda babona yarabigezeho kuko atigeze yangiza isura ya ba nyampinga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

HI,,
umuntu waba ushaka kuba umu model mwamufasha gute?

Cyiza vanessa yanditse ku itariki ya: 16-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka