Umuhanda Kagitumba-Kayonza-Rusumo ugiye gukorwa

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje abaturage b’Uburasirazuba ko umuhanda uva Kagitumba ukagera i Kayonza ugakomeza ku Rusumo ugiye gukorwa.

Yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abaturage b’Akarere ka Kayonza tariki 30 Mata 2016, asoza uruzinduko yakoreraga mu Ntara y’Iburasirazuba.

Perezida Kagame arizeza ko umuhanda Kagitumba-Kayonza-Rusumo ugiye gukorwa (Photo Plaisir Muzogeye)
Perezida Kagame arizeza ko umuhanda Kagitumba-Kayonza-Rusumo ugiye gukorwa (Photo Plaisir Muzogeye)

Yagize ati “Umuhanda munini uva ku mupaka wa Uganda ukanyura hano ugakomeza ujya Rusumo uri mu nzira zo gukorwa bundi bushya. Iby’ibanze, ibyangombwa byose ubu biri ku murongo byagiye biboneka. Turawukorera kugira ngo muwurinde kandi muwukoreshe neza ubagire akamaro.”

Abashoferi bwukoresha bari bamaze igihe binubira ko washaje, by’umwihariko utari ukirangwaho ibyapa, ku buryo byagonganishaga abashoferi na polisi igihe bahagagaze bashyira abagenzi mu modoka cyangwa babakuramo.

Abaturage bakiranye ibyishimo inkuru y'uko umuhanda Kagitumba-Kayonza-Rusumo ugiye gusanwa (Photo Plaisir Muzogeye)
Abaturage bakiranye ibyishimo inkuru y’uko umuhanda Kagitumba-Kayonza-Rusumo ugiye gusanwa (Photo Plaisir Muzogeye)

Umwe ati “Nta cyapa na kimwe gihari kuva hano (Kayonza) kugera Rusumo. Aho uhagaze hose iyo waramutse nabi hari igihe umupolisi akwandikira ngo ntiwemerewe kuhahagarara kandi nta byapa biri ku muhanda.”

Akomeza agira ati “Hari aho uba ubona guparika ku ruhande utabangamiye imikoreshereze y’umuhanda ukahahagarara uvana umugenzi mu modoka, polisi yakubona ikaba irakwandikiye, bimaze kumbaho kenshi.”

Umuhanda ugiye gukorwa bundi bushya wari warabaye muto ku buryo hari aho bigora imodoka kubisikana bigatera impanuka.
Umuhanda ugiye gukorwa bundi bushya wari warabaye muto ku buryo hari aho bigora imodoka kubisikana bigatera impanuka.

Perezida Kagame yasabye abaturage kujya bafata neza ibikorwa remezo nk’ibyo kugira ngo bibagirire akamaro. Yavuze ko hari abaturage usanga bahinga kugeza mu muhanda, cyangwa bajya kubaka bakavogera umuhanda ku buryo biwangiza.

Ati “[Umuhanda] uva hano (Kayonza) ujya i Kigali wo warakozwe, turabasaba kuwurinda neza. Ntabwo dushaka ko hari uwo tuzasenyera yubatse mu muhanda, umuhanda ntabwo ari uwo kubakamo. Iyo abantu bafite kwitonda ntabwo bakora ibintu ngo ejo abandi bagaruke babisenye.”

Umukuru w’igihugu yibubikije abaturage b’Akarere ka Kayonza ko kuba akarere ka bo gahuriramo imihanda iva muri Uganda na Tanzaniya ari amahirwe bafite. Yabasabye kuyabyaza umusaruro mu buryo bw’ubucuruzi bakorana n’abakoresha iyo mihanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Uwadutera ingabo mubitugu hagakorwa numuhanda wa KAYONZA NYAWERA MWIRI KIGARAMA AKAGERA

NYAMUHIRWA Bernard yanditse ku itariki ya: 22-08-2016  →  Musubize

ariko Mana yeeeee!!! ubuse umuhanda Huye-Nyaruguru wageze he? igihe bawemereye ubu ntuba wararangiye ariko niyihere abandi Nyaruguru mwihangane

rudacogora yanditse ku itariki ya: 2-05-2016  →  Musubize

Nibyiza kd birakwiye

Danny from nyamirambo yanditse ku itariki ya: 2-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka