Kung-FU: Hagiye gushyirwaho amakipe y’Igihugu y’u Rwanda

Mu mukino wa Kung Fu mu Rwanda hagiye gushyirwaho amakipe y’igihugu (Club National) ahoraho, yaba mu mirwanire ndetse n’imyiyereko mu byiciro bitandukanye, abagabo ndetse n’abagore.

Hagiye gushyirwaho amakipe y'igihugu ahoraho
Hagiye gushyirwaho amakipe y’igihugu ahoraho

Ibi byagarutsweho n’umuyobozi mushya w’ishyirahmwe ry’umukino wa Kung-Fu mu Rwanda, Valens Ishimwe, ubwo hasozwaga shampiyona ya Kung Fu mu Rwanda mu mwaka wa 2024.

Ni shampiyona yashyizweho akadoko mu ntangiriro z’iki cyumweru, nyuma yo kuzenguruka Igihugu, bityo imikino ya nyuma igakinirwa ikigali. Ni imikino ya nyuma yitabiriwe n’amakipe (Club) 28 mu bagore n’abagabo, ndetse initabirwa na Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda Wang Xuekun.

Mu makipe azashingwa harimo n'ay'abana
Mu makipe azashingwa harimo n’ay’abana

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na Kigali Today Valens Ishimwe, yashimangiye ko muri gahunda bafite harimo gushyiraho amakipe y’Igihugu ahoraho, azajya anitabira amarushanwa mpuzamahanga.

Ati “Muri gahunda dufite ni uko tugiye gushyiraho amakipe y’Igihugu atatu mu byiciro byose. Ikipe ya mbere izaba igizwe n’ikiciro kijyanye n’imirwanire cyangwa ‘Sanda’, ikipe ya kabiri ni iyo mu cyiciro cya ‘Tauru’ cyangwa se abiyerekana mu gihe ikipe ya gatatu izaba igizwe n’ikipe y’abana nibura guhera ku myaka 4 kuzamura, ibyo bikazadufasha kwitegura imikino itandukanye mpuzamahanga”.

Ishimwe yongeyeho kandi ko aya makipe azabafasha kwitegura imikino y’Isi u Rwanda rwatumiwemo mu mwaka wa 2026, ndetse rikaba rizabera muri Afurika i Dakar mu gihugu cya Senegal.

Perezida wa federasiyo ya Kung FU mu Rwanda Valens Ishimwe yakira Ambasaderi w'Ubushinwa mu Rwanda, Wang Xuengun
Perezida wa federasiyo ya Kung FU mu Rwanda Valens Ishimwe yakira Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Wang Xuengun
Ambasaderi w'Ubushinwa mu Rwanda Wang Xuekun yambika imidari abitwaye neza
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda Wang Xuekun yambika imidari abitwaye neza
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mbanje kubashimira kubwamakuru meza mutugezaho,gusa uzanga mubitangazamakuru Hari imikini myinshi tutamenya amakuru yayo cyane cyane jyarugamba,igitekerezo cyange nuko mwakomerezaho mujajya mutugezaho amakuru nkayo,kung fu ,karate,box, taekondo nizindi murakoze

[email protected] yanditse ku itariki ya: 18-12-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka