Muhire Kevin ashobora kuba yitegura kuva muri Rayon Sports

Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports Muhire Kevin, ashobora gusohoka muri iyi kipe mu isoko ryo muri Mutarama 2025.

Muri Mutarama 2025 Muhire ashobora gusohoka muri Rayon Sports
Muri Mutarama 2025 Muhire ashobora gusohoka muri Rayon Sports

Amakuru yizewe agera kuri Kigali Today ahamya ko uyu musore yamaze kumenyesha Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddé, ko muri Mutarama 2025 ashobora gusohoka muri iyi kipe akajya gushakishiriza hanze y’u Rwanda, aho havugwa mu bihugu by’Abarabu.

Iyi nkuru ihura no kuba Rayon Sports yaratangiye gushaka Umunya-Santara Afurika, Malipangu Theodore wakiniraga Gasogi United, yewe wanayisezeye mu kwezi k’Ugushyingo 2024 nubwo yo ivuga ko akiri umukinnyi wayo, ariko muri Rayon Sports bakaba bafite ikizere ko uko byagenda kose azatangira kuyikinira mu gice cy’imikino yo kwishyura ya shampiyona 2024-2025, aho na we akina inyuma ya ba rutahizamu.

Muhire Kevin yagarutse muri Rayon Sports mu kwezi k’Ukwakira 2023, arangizanya n’umwaka w’imikino 2023-2024, yongera amasezerano y’umwaka umwe mu mpeshyi ya 2024 yagombaga kurangirana na shampiyona 2024-2025.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Uru rutonde murokosore rurimo amakosa

Vedaste yanditse ku itariki ya: 19-12-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka