Ingabo za Senegal zavuze ko abasirikare babiri b’icyo gihugu bishwe abandi icyenda baburirwa irengero kandi bikavugwa ko baba bafashwe bugwate, mu gihe barwanaga n’inyeshyamba zo mu muri Gambia.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yabwiye urubyiruko rugororerwa ku Iwawa ko abatamitse u Rwanda kandi uwatamitswe u Rwanda adatamira itabi, abasaba ko batagomba kongera gutamira ibiyobyabwenge.
Kuri uyu wa Kane taliki 27 Mutarama 2022, Nyiricyubahiro Arikiyepiskopi Antoine Cardinal Kambanda yizihije isabukuru y’imyaka itatu amaze ari umushumba wa Arikidiyosezi ya Kigali.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihigu gishinzwe igororamuco (NRS), Fred Mufulukye, yatangaje ko nta muntu wagororewe muri icyo kigo kizongera kwakira, ahubwo azajya akurikiranwa mu nkiko.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), ku bufatanye na Imbuto Foundation, UNDP ndetse na Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, bateguye amahugurwa agamije kumenyekanisha ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe, kuko cyugarije isi, nyamara ugasanga abenshi nta makuru bagifiteho, cyangwa hari (…)
Ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Perezida azamura mu ntera abofisiye bakuru ndetse n’abapolisi bato bose hamwe 4592.
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY), kubufatanye n’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), ryateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’Intwari rizaba ku itariki ya 30 Mutarama 2022, kuri stade Amahoro i Remera.
Kugeza ubu mu mujyi wa Musanze n’ubwo hagaragara isuku, mu duce tw’icyaro tw’ako karere haracyagaragara umwanda kuri bamwe, abenshi bakitwaza ikibazo cyo kutegerezwa amazi.
Minisiteri ya Siporo imaze gutangaza amabwiriza mashya ajyanye n’imikino ndetse n’abafana ku kibuga, aho hatagaragaramo kwipimisha kuri buri mukino
Abaturage bimuwe mu manegeka bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegerezo wa Horezo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, barasaba ko bafashwa kubaka ibikoni n’ubwiherero hanze y’amazu batujwemo.
Vinaigre de cidre de pomme ni ubwoko bwihariye bwa vinaigre, butandukanye n’ubusanzwe, kuko isanzwe ikorwa muri alukoro nyuma yo gutunganywa igahinduka acetic acid, mu gihe vinaigre de cidre ( apple cider vinegar) yo nkuko izina ribigaragaza, ikorwa mu mbuto za pomme.
Bamwe mu baturage bafite inzuri zagenewe ubworozi ntibakozwa ibyo gusinyana andi masezerano y’imikoreshereze yazo, mu gihe basanzwe bayafitanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.
Uko imyaka igenda itambuka ni ko ibiro by’umuntu bigenda byiyongera, hanyuma n’umubyimba we ugahinduka. Ibi bamwe babifata nk’ihame, bakibwira ko ntacyo babihinduraho.
Ku wa Kabiri tariki ya 25 Mutarama 2022, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana ari kumwe n’abayobozi b’Intara ya Kagera (Tanzaniya), iya Kirundo na Muyinga (Burundi), basuye imirimo yo kubaka urugomero rwa Rusumo bishimira aho igeze.
Umusaza w’imyaka 87 w’Umunya-Iran, amaze imyaka myinshi atagira aho aba yibera ku muhanda, ubu ngo akaba amaze imyaka hafi 70 atoga, ariko abahanga mu bya Siyansi batangazwa n’ukuntu ngo afite ubuzima bwiza.
Ikipe ya Kiyovu Sports mu rwego rwo kongera imbaraga yitegura imikino ya shampiyona yo kwishyura, yatangiranye impinduka yinjiza rutahizamu ariko itandukana na myugariro.
Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, yemeje imyanzuro irimo ko abafana bemererwa kongera kureba imikino ku bibuga bitandukanye
Mu Karere ka Musanze, Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, ku bufatanye na Leta y’u Buyapani ibinyujije mu kigo cyayo gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA), hafunguwe ikigo kigamije guhanga udushya hifashishijwe ikoranabuhanga (Musanze Innovation Hub).
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje ko Prof. Claude Mambo Muvunyi, ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 131, bakaba babonetse mu bipimo 12,773.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu gihugu cya Lesotho aho yagiye gusura Polisi y’iki gihugu. Ni uruzinduko yatangiye tariki ya 26 Mutarama 2022 rukazageza tariki ya 29 z’uku kwezi. Yagiye muri uru ruzinduko ku butumire bwa mugenzi we uyobora Polisi ya Lesotho, (…)
Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr. Augustin Iyamuremye, yagendereye abaturage b’i Save muri Gisagara baherutse kugwiririrwa n’ibiza, abagezaho n’ubufasha bagenewe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu biro bye (Village Urugwiro).
Kuri uyu wa kane tariki ya 27 Mutarama 2022, abagore babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’imyaka itanu, Akeza Elsie Rutiyomba, bazagezwa imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro aho biteganyijwe ko bazaburanishwa ku byaha bakekwaho.
Nyuma yo kwirukanwa muri Mukura VS, umutoza Ruremesha Emmanuel wavugwaga mu ikipe ya Etoile de l’Est idafite umutoza mukuru kugeza ubu, ariko impande zombi zanyomoje aya makuru.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), ryatangaje ko ritazakora ibyasabwe na Ethiopia byo gukora iperereza ku muyobozi waryo, Tedros Adhanom Gebreyesus, ku byo icyo gihugu kimushinja ko yaba akorana n’abarwanya ubutegetsi buriho, bo mu Ntara ya Tigray.
Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye basaga ibihumbi 12 mu Ntara y’Amajyepfo bari barakererewe kugera ku bigo bigagaho, bamaze kugaruka ku ishuri mu cyumweru kimwe.
Abahagarariye Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU) baganiriye na Guverinoma y’u Rwanda ku birebana n’ubufatanye bw’impande zombi mu kuzahura ubukungu bw’u Rwanda.
Urubanza mu Rukiko rw’Ubujurire rukomeje kuburanishwa ku cyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru mu mwaka ushize wa 2021 cyo gufunga abahoze muri MRCD-FLN ya Rusesabagina, aho Ubushinjacyaha buvuga ko ibihano bakatiwe ari bito mu gihe abaregwa barimo Nsabimana Callixte (Sankara) bo basaba kurekurwa.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, ari kumwe na Minisitiri w’umutekano, Alfred Gasana, yakiriye mu biro bye mugenzi we wa Somalia, Abdisaid Muse Ali, uri i Kigali mu ruzinduko rw’akazi.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, Perezida wa Republika Paul Kagame, azitabira ibiganiro mpaka bitegurwa na Fondasiyo ya Afurika n’u Burayi, bizagaruka ku kibazo cy’abimukira gihangayikishije imigabane yombi, bikazitabirwa kandi na Minisitiri w’Intebe w’u Bugereki, Kyriakos Mitsotakis.
Binyuze muri Tombola umunyamahirwe umwe ni we watsindite itike yo kuzajya kureba umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika kiri kubera muri Cameroun
Ku wa Kabiri tariki 25 Mutarama 2022, abaturage bakoze imyigaragambyo yo gushyigikira agatsiko k’abasirikare kafashe ubutegetsi muri Burkina Faso, mu gihe Umuryango w’Abibumbye (UN), Ubufaransa hamwe n’ibihugu bituranyi byo mu karere ka Sahel, bikomeje kunenga iyo Coup d’état.
Rutahizamu Musa Esenu yasinyiye ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri, ahita anahabwa numero 7 zirindwi zambarwaga n’umunya-Maroc Rharb Youssef uheruka kuva muri iyi kipe
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kumenyesha amakipe y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ko ubu bemerewe kongeramo abandi
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) igaragaza ko abantu 15 bamaze guhitanwa n’ibiza mu minsi 25 kuva umwaka wa 2022 utangiye. Ishusho y’ibiza mu Rwanda mu gihe cy’Urugaryi igaragaza ko ibiza biboneka byakomerekeje abantu 37, inzu zasenyutse 130, imyaka ihinze kuri hegitari 132 yarangiritse.
Umunyarwanda witwa Mugisha Emmy w’imyaka 19 ukina Tennis, yabonye umwanya mu ishuri ry’umukino wa Tennis (Academy) aho azamaramo amezi atandatu
Ubushakashatsi bwakozwe kuva mu 1990 buherutse gutangazwa n’Ikigo cy’Abanyamerika cyiga ibijyanye n’ubumenyi bw’umutima (ACC), bugaragaza ko kunywa igice cy’ikiyiko kinini cy’amavuta ya Elayo (huile d’olive/Olive oil) buri munsi bigabanya ibyago byo kwicwa n’indwara z’umutima, Kanseri (cancer), ndetse n’indwara zifata (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 25 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 173, bakaba babonetse mu bipimo 13,158.
Muri IPRC-Tumba hatangijwe inyubako z’amashuri zizatwara miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda, ku nkunga ya Leta y’u Bufaransa mu rwego rwo gutangiza ishami rya Mechatronics ryitezweho kongerera ubumenyi bwo mu nganda abiga mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Mutarama 2022, abapolisi bakorera mu ishami rishinzwe ibizamini no gutanga impushya zo gutwara ibinyabiziga, bafashe Niyongoma Alphonse w’imyaka 44 na Muhoza Dieudonné w’imyaka 38. Bafatanywe ubutumwa bugufi bw’ubuhimbano bugaragaza ko bipimishije Covid-19, bafatiwe mu Karere ka (…)
Federasiyo y’umukino wa basketball mu Rwanda (FERWABA), yibukije amakipe azitabira irushanwa ribanziriza shampiyona (Pre-season tournament) ko agomba kuba yatanze urutonde rw’abakinnyi azakoresha bitarenze kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Mutarama 2022.
Nyuma y’umwaka bagororerwa mu kigo ngororamuco cya Nyamagabe, abasore n’abagabo 899 bari barabaswe n’ibiyobyabwenge basezerewe kuri uyu wa 25 Mutarama 2022.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Mutarama 2022, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), nibwo ryamenyesheje amakipe igihe azatangirira gukina imikino yo kwishyura ya shampiyona, ikazatangira muri Gashyantare 2022.
Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe imikoranire n’abaturage n’izindi nzego, Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, tariki ya 25 Mutarama 2022, yasuye abagororerwa mu kigo cya Iwawa giherereye mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Boneza. Yabasabye kubyaza umusaruro amasomo bamazemo amezi 9. Yabasabye ko ayo masomo (…)
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko ubushobozi buke mu bijyanye n’indege butuma ingabo za Afurika zirwanira mu kirere zidatabara mu buryo bwihuse ahagaragaye ibibazo by’umutekano.
Umunya-Uganda Musa Esenu usanzwe ukina mu ikipe ya BUL yo muri Uganda, ategerejwe muri Rayon Sports ngo azifashishwe mu mikino yo kwishyura
Nyuma yo kwakira indahiro y’Umucamanza mushya mu Rukiko rw’Ubujurire, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Ubutabera n’izindi nzego kutihanganira kurebera akarengane gakorwa, hatitawe ku wo kaba gakorerwa uwo ari we wese.