Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), yatangaje ko ku Kabiri tariki ya 03 Gicurasi 2022, ari umunsi w’akazi nta kiruhuko gihari, nk’uko benshi babitekerezaga nyuma y’uko iminsi ibiri y’ikiruhuko ihuriranye.
Abaturage batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bananiwe gukura munsi y’ubutaka abana babiri bagwiriwe n’inkangu, kubera ko n’ubu ubutaka bukomeje kuriduka, ubuyobozi bukaba bwabagiriye inama yo kuba babihagaritse hakazabnza kumuka.
Ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Tauabo, yasuye Ingabo z’u Rwanda ku biro by’ubuyobozi biri mu karere ka Chai.
Ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, mu Karere ka Bugesera by’umwihariko mu Murenge wa Ntarama, hibutswe Abatutsi batazwi umubare bapfuye bamizwe n’isayo mu rufunzo ruzwi nka CND.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022 mu Rwanda habonetse abantu barindwi banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 8,602. Abo bantu barindwi barimo batatu babonetse i Burera, babiri boneka i Rutsiro, umwe i mu Mujyi wa Kigali n’umwe i Gicumbi. Nta muntu witabye Imana mu (…)
Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, yanenze abakomeje kwangiza umubiri wabo bakoresha amavuta yangiza uruhu, aho yagaragaje ko bakomeje kuyakura mu buhugu bihana imbibi n’u Rwanda, bayinjiza mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, yitabiriye Kongere Nkuru y’uwo muryango yabereye muri Kigali Arena, akaba yavuze ko Abanyarwanda bahaganye no kubaho, kandi ko bagomba kubaho byanze bikunze.
Kuri uyu wa Gatandatu hakomeje imikino y’umunsi wa 25 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-2022, aho ikipe ya Mukura VS yigeze kumara imikino 11 idatsindwa yujuje itatu itabona intsinzi, Gicumbi FC igakomeza kwegera umuryango w’icyiciro cya kabiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye kurangiza ikibazo cy’ihohoterwa ry’abana, binyuze mu biganiro n’abaturage bizakorwa biciye mu cyumweru cyahariwe Umujyanama.
Ikipe ya Rayon Sports na Police FC zanganyije igitego 1-1 mu mukino wa shampiyona wabereye i Nyamirambo, abarayons baririmba Bugesera bibutsa abakinnyi ko bagomba kuyitsinda.
Mu gihe Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko Ingabo z’icyo gihugu zirimo gukiza amaragara yazo, Umuryango OTAN n’ibitwaro biremereye wasatiriye umupaka w’u Burusiya wose aho witegura kurasana na bwo.
Abana ibihumbi 237 bo mu Ntara y’Amajyepfo bari mu kigero cy’imyaka itatu kugeza ku icyenda, bashyiriweho gahunda yo kubigisha gusoma, nyuma y’uko bigaragaye ko hari icyuho mu burezi bw’abana by’umwihariko mu kumenya gusoma.
Abakinnyi b’ibyamamare mu ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), Sergio Ramos, Keylor Navas na Julian Draxler, bageze i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, aho baje gusura u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.
Tariki ya 28 Mata 2022, Ambasade y’u Rwanda muri Senegal inashinzwe ibihugu bya Mali, Gambia, Cap-Vert na Guinea Bissau, ifatanyije na Kaminuza ya Gaston Berger iri mu Karere (Region) ka Saint Louis, gaherereye mu Majyaruguru ya Senegal mu bilometero 287 uvuye mu murwa mukuru Dakar, bateguye gahunda yo kwibuka ku nshuro ya (…)
Ku wa Kane tariki ya 28 Mata 2022, abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha (ASOC), bafashe uwitwa Ndayishimiye Theophile na Murengera Narcisse, bafashwe bacuruza amavuta yangiza uruhu azwi ku izina rya Mukorogo.
Ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Urwego rw’Igihugu rw’ubwiteganyirize (RSSB), rwibutse ku nshuro ya 28 abari abakoze ba Caisse Sociale, yaje guhinduka RSSB, bishwe urupfu rw’agashinyaguro muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bazira ubwoko bwabo.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida Kagame, mu muhango wo gushyingura uwahoze ari Perezida wa Kenya, Mwai Kibaki, umuhango wabaye ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022.
Abatuye mu Mujyi wa Kigali, inshuti n’imiryango bibutse abazize Jenoside biciwe ku musozi wa Nyiraruhinga uzwi ku izina rya Ruzirabatutsi (hafi y’uruganda rwa Ruliba kuri Nyabarongo).
Abasirikari, Abapolisi n’Abasivili 29 baturutse mu bihugu 9, bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (Eastern African Standby Force-EASF), ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, basoje amahugurwa, bungukiyemo ubumenyi mu birebana n’igenamigambi rihuriweho.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022 mu Rwanda habonetse abantu cumi na bane banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 7,640.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Ambasaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’u Bwongereza, Johnston Busingye, yashyikirije nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bagifite intimba ku mutima y’ababo biciwe mu rusengero rwa EAR Paruwasi ya Midiho bataboneka ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Mu nama yahuje Guverinoma n’inzego z’abanyamakuru n’abayobozi b’ibitangazamakuru, kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatangaje ko bifuza kuvugurura Politiki y’itangazamakuru, ndetse agasaba abayobozi kubigiramo uruhare.
Ikipe ya AS Kigali yongeye gutsinda Gasogi United bwa kabiri yikurikiranya, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abanyamahirwe batatu ari bo Makuza Patrick, Mukundente Fiona, na Nahasoni Innocent, baherutse gutsindira amatike abemerera kwerekeza mu Bwongereza kureba umukino wa shampiyona wahuje amakip ya Arsenal na Manchester United.
Banki ya Kigali (BK Plc) yashyiriyeho Abanyarwanda baba mu mahanga uburyo babona serivisi za Banki z’Igihugu cyabo, binyuze mu gufunguza konti yitwa ‘BK Diaspora Banking’ izajya ibagezaho serivisi zose bakeneye.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, kuru uyu wa Gatanu tariki 29 mata 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Botswana, Dr. Lemogang Kwape hamwe n’itsinda rimuherekeje.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, basanga gusura ibice ndangamateka biri ahantu hatandukanye mu gihugu, ari kimwe mu bizatuma barushaho gusobanukirwa byimbitse, ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ingaruka zayo n’icyo bakora ngo baharanire ko itazongera ukundi.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Mpandu, Akagari ka Karama, Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma, Habihirwe Libere, avuga ko mu rwego rwo gukemura amakimbirane mu miryango no kugirana inama hagati y’ababyeyi, mu nzu y’ibiro by’Umudugudu wabo bashyizemo icyumba kitwa Akarago k’ababyeyi, aho bagira inama umugore wateshutse ku (…)
Madamu Jeannette Kagame, yakiriye ba Nyampinga b’u Rwanda, ibisonga byabo ndetse n’abandi bakobwa bose bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye, abagaragariza ko ashishikajwe n’imibereho n’umutekano wabo.
Ikigo cy’itumanaho cya MTN Rwanda cyamuritse umunshinga wo gukoresha imirasire y’izuba, uzagifasha gukomeza kurushaho kurengera ibidukikije, birinda ingaruka zituruka ku guhumanya ikirere, ukaba ari umushinga washimwe cyane na Minisiteri y’Ibidukikije.
Ikipe ya sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG BBC) iri mu irushanwa rya BAL (Basketball Africa League) yamaze guhabwa ikiruhuko muri shampiyona mu rwego rwo kwitegura iyi mikino izabera i Kigali.
Abahagarariye u Rwanda n’igihugu cya Botswana, ku wa Kane tariki 28 Mata 2022, basoje inama y’iminsi itatu yaberaga i Kigali, ari na yo yasinyiwemo ayo masezerano ndetse ifatirwamo n’ibindi byemezo.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), yamuritse ku mugaragaro intego yihaye y’uko mu mwaka wa 2030, ababoneza urubyaro bakoresheje uburyo bugezweho bagomba kuba bageze kuri 65% bavuye kuri 58%.
Mu gihe Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ikomeje gukwirakwiza amashanyarazi hose mu gihugu, irasaba buri wese kwitwararika, kuko hari aho bigenda bigaragara ko ahitana abantu ndetse akanangiza ibintu iyo akoreshejwe nabi ariko kandi izi mpanuka zakwirindwa mu gihe amashanyarazi akoreshejwe neza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 28 Mata 2022 mu Rwanda habonetse abantu barindwi banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 6,310.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi(RAB) cyakiriye Ihuriro mpuzamahanga ry’Ibigo bikora ubushakashatsi mu by’ubuhinzi(CGIAR), rikaba ririmo guhuza imikorere kugira ngo izabe imwe ku Isi yose.
Dr. Habumuremyi Pierre Damien akomeje gushimira Perezida Paul Kagame, nyuma y’uko amuhaye imbabazi aho muri 2021 yari yakatiwe imyaka itatu y’igifungo. Yabigaragaje mu butumwa yanditse kuri Twitter mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 28 Mata 2022 bugira buti “Mu muco, uwakugabiye uramwirahira. Guhabwa imbabazi na Perezida wa (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 28 Mata 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Sheikh Shakhboot Bin Nahyan Al Nahyan n’intumwa ayoboye.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, akomeje gushishikariza ababyeyi kugira uruhare mu kugaburira abana ku ishuri, aho abibutsa ko udafite ubushobozi bw’amafaranga yemerewe kuzana n’ibiribwa, udafite byose akaba yajya no gukora imirimo inyuranye ku ishuri.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta na Hon. Dr. Lemogang Kwape, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Botswana, bayoboye intumwa z’ibihugu byombi mu nama ya mbere y’akanama gashinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na Botswana, inama imaze iminsi 3 ibera i Kigali.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buri muri gahunda yo gusura ibikorwa remezo, cyane cyane imihanda n’ibiraro byangiritse mu bihe bya Covid-19, mu rwego rwo gushaka uko bisanwa, ibirenze ubushobozi bw’Akarere bigakorerwa ubuvugizi mu nzego nkuru.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative ihinga ibireti mu Murenge wa Kabatwa (KOAIKA), barishimira uburyo icyo gihingwa gikomeje kugira uruhare rufatika mu bukungu, bwaba ubwabo n’ubw’igihugu.
Umujyi wa Gisenyi wagiye kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi hashyingurwe umubiri w’umuntu umwe wabonetse ahitwa Muhira mu Murenge wa Rugerero.
Abaturage batuye mu Kagari ka Nyundo mu Murenge wa Nyundo, Akarere ka Rubavu batunguwe n’inkangu y’umusozi wacitse saa moya za gitondo, ihitana abana babiri bari bagiye kuvoma.
Abafite ubumuga harimo n’abafite ubwo kutumva no kutavuga bo mu karere ka Musanze, bishimiye amahugurwa bahawe ku buzima bw’imyororokere yatumye bamenya byinshi batari bazi
Mu gihe habura iminsi itari myinshi kugira ngo muri Kamena hatangire imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, irimo gushakirwa imikino ya gicuti kugira ngo iyifashe kwitegura.
Guhera kuri uyu wa Gatanu harakinwa imikino y’umunsi wa 25 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho abakinnyi 13 batemerewe gukina kubera amakarita
Mu turere twa Gatsibo na Kayonza hadutse udusimba turya ubwatsi bw’amatungo ndetse n’imyaka, ku buryo umurima tugezemo nta musaruro uba witezweho.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yabwiye ibihugu by’Uburengerazuba (Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burayi), ko uzagerageza kwitambika icyo yise ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine azatungurwa n’igisubizo cyihuse cyane (umurabyo).