Ikibuga Rayon Sports yitorezagaho cyafunzwe

Ikibuga cyo mu Nzove gisanzwe gikoreshwa n’ikipe ya Rayon Sports mu myitozo, cyafunzwe kugira ngo kivugururwe gishyirwe ku rwego rwiza bityo biyifashe kujya yitegura neza.

Ikibuga cyo mu Nzove cyafunzwe ngo kivugururwe
Ikibuga cyo mu Nzove cyafunzwe ngo kivugururwe

Mu minsi ishize Ikipe ya Rayon Sports n’umuterankunga mukuru wayo, Skol, nibwo batangaje ko hateganywa ko mu gihe cya vuba ikibuga cy’imyitozo iyi kipe ikoresha giherereye mu Nzove, kizavugururwa kugira ngo cyongererwe ubushobozi ndetse kinatunganywe neza.

Kuri ubu iki kibuga guhera tariki 24 Kanama 2022 cyamaze gufungwa mu gihe kingana n’amezi abiri kidakoreshwa, ikipe ya Rayon Sports kuri ubu irajya ikorera imyitozo ku kibuga cya Runda (ku Ruyenzi) mu karere ka Kamonyi, ndetse iyi kipe ikaba ikiri no gushakisha ikindi kibuga gishobora kuyifasha mu gihe byaba ngombwa.

Ikibuga cya Nzove gifunzwe kugira ngo gitunganywe mu buryo butandukanye, harimo no kucyongerera ubushobozi ku buryo nibura kizakira abafana 1000, iki kibuga kandi cyari gisanzwe kirimo ubwatsi busanzwe kizashyirwamo tapi ndetse n’amatara byose bizafasha ikipe y’abagabo ndetse n’ikipe y’abagore kujya zitegura neza.

Uyu mushinga wari mu byumvikanyweho ubwo ikipe ya Rayon Sports n’umuterankunga wayo mukuru bavugururaga amasezerano yabo muri Nyakanga 2022.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka