Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr Mbonimana Gamariel, yeguye ku mwanya we, wo kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko. Mu ibaruwa y’ubwegure bwe yagejeje kuri Perezida w’Umutwe w’Abadepite, yavugaga ko amaze gusoma, kumva no gushishoza ku byo amategeko ateganya, akanabihuza n’umutimanama we, yeguye ku (…)
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abakene, wizihizwa ku nshuro ya gatandatu, ku itariki ya 13 Ugushyingo 2022, Papa Francisco yagaragaye asangira ifunguro n’abakene batuye i Roma, mu rwego rwo kwisanisha nabo.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau Umaro Sissoco Embaló, baganira ku mubano w’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubuzima bwe bw’ubuhunzi na n’ubu akibwibazaho, kandi hari icyo bwamwigishije cyanabera abandi urugero, n’ubwo kidashimishije ariko bukaba ari inyigisho ikomeye cyane buri wese akwiye guhora yibazaho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera hamwe n’ubw’Ishuri ribanza rya Ngeruka, bashimira abafatanyabikorwa barimo Banki ya Kigali kubera inkunga batanze yo kubaka icyumba cy’umukobwa cyatumye abana batongera gusiba ishuri.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Guverinoma ya nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yashatse kuzana amacakubiri n’akagambane ko gusenya ibyo Umuryango RPF Inkotanyi n’ingabo zawo bari bamaze kugeraho.
Imiryango 33 igizwe n’abantu 89 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahungiye mu Rwanda nyuma y’uko imirwano ihuje abarwayi ba M23 n’ingabo za Congo (FARDC) ikomeje gufata indi ntera.
Umuryango GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside, woroje abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bageze mu zabukuru batuye mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, aho wabahaye inkoko mu rwego rwo kugira ngo bashobore kuzamura imibereho myiza binyuze mu bworozi bw’ayo matungo magufi.
Kujya mu mihango ku bakobwa si indwara. Umukobwa agomba kwitabira ishuri, gukina, kurya, kunywa no gukora ibindi, atabangamiwe n’uko yabuze ibikoresho by’isuku igihe yagiye mu mihango.
Perezida Paul Kagame yibukije abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri icyo uwo muryango uvuze, kuko ari ikintu gifite agaciro gakomeye. Yabigarutseho mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 uyu muryango umaze ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 12 Ugushyingo 2022, byari bihuriwemo n’abanyamuryango ba Unity Club (…)
Perezida Paul Kagame yanenze ubudahangarwa buhabwa abayobozi mu gihe bafatiwe mu makosa, atanga urugero kuri umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko uhora afatwa na Polisi atwaye imodoka yanyweye ibisindisha ntahanwe.
Kuri uyu wa Gatandatu hakinwe imikino itandatu ya shampiyona yabonetsemo intsinzi eshanu amakipe amwe na mwe ajya mu mibare igoye mu gihe andi yakomeje inzira igana aheza.
Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Valentine, yagarutse ku byashingiweho hafatwa icyemezo cyo guhindura amasaha abanyeshuri batangiriragaho, bakanasoza amasomo, avuga ko hagendewe ku bushakashatsi bwakoze, hagamijwe kunoza ireme ry’uburezi.
Amakuru akomeje guhererekanywa ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Ugushyingo 2022 aravuga ko abarwanyi ba M23 bafashe santeri ya Kibumba iri ku birometero 20 hafi y’Umujyi wa Goma.
Kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2022, Musenyeri Filipo Rukamba yizihije yubile y’imyaka 25 agizwe umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare. Hari ku itariki ya 12 Mata 1997 ubwo Musenyeri Yozefu Sibomana, akikijwe na Musenyeri Yohani Batisita Gahamanyi na Ferederiko Rubwejanga yamuhaga ubwepiskopi muri Katedarali ya Butare.
Mu isiganwa ry’amagare ryabereye mu bice by’akarere ka Nyaruguru na Huye, Mugisha Moise na Mukashema Josiane ni bi bo begukanye imyanya ya mbere mu byiciro by’abakuru.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Ibizamini no Gutanga Impushya zo gutwara ibinyabiziga, ryatangaje ko kwiyandikisha gukorera uruhushya rw’agateganyo (permis provisoire) bizajya bikorwa mu mpera z’icyumweru guhera kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru.
Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri uhuriza hamwe abagize Guverinoma, abigeze kuyibamo ndetse n’abo bashakanye, aravuga ko amahitamo yabo ari yo yatumye mu myaka 28 ishize bashobora kongera gusana umuryango nyarwanda no guteza imbere Igihugu.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana yasobanuye ko kwimura amasaha yo gutangira umurimo akava saa mbili (08h00’) akagera saa tatu (09h00’) za mu gitondo bigamije kongera umusaruro aho korora ubunebwe.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri Gatolika ndetse n’ibigo bifitanye amasezerano y’imikoranire na Kiliziya Gatolika bagize icyo bavuga ku nkunga y’amafaranga basabwe yo kwizihiza Yubile ya Musenyeri wa Diyosezi ya Butare Philippe Rukamba yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2022.
Abantu 10 barimo abanyamahanga batandatu n’Abanyarwanda bane ni bo basabirwa kugirwa Abarinzi b’Igihango bo muri 2022. Barindwi muri aba bitabye Imana, harimo umwe wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umwe amakuru ye ya vuba ntiyabashije kumenyekana, mu gihe abandi babiri bakiriho.
Perezida wa Angola, Manuel Gonçalves João Lourenço, akaba ari n’umuhuza mu biganiro bireba umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yakiriwe na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.
Itsinda ry’abayobozi baturutse mu Burundi n’abaturutse mu Rwanda, ubwo baheruka guhurira mu biganiro ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Uburasirazuba, baganiriye ku byakomeza kunozwa mu rwego rwo kugira ngo ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi bukomeze kuba bwiza.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022, yemeje amasaha y’amasomo mu mashuri n’amasaha y’akazi ku bakozi bo mu Rwanda, hagamijwe guteza imbere ireme ry’uburezi.
Ikipe ya Rayon Sporys yujuje imyaka itatu idatsinda Kiyovu Sports nyuma yo gutsindwa umukino wahuje amakipe yombi kuri uyu wa gatanu ibitego 2-1.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu mugoroba tariki ya 11 Ugushyingo 2022 ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga ku ngamba na Politiki zinyuranye.
Kuvukira mu rugo rw’Abapasiteri ntibyabujije Byiringiro kujya mu biyobyabwenge, ariko ubu yishimira ko ubu yabivuyemo. Ababyeyi ba Byiringiro Épaphrodite, bavuga ko umwana wabo yabyirutse ari umwana usanzwe, warezwe nk’uko abandi barerwa, ndetse bamutoza gusenga, binagaragara ko abikunda, nyuma ageze mu mashuri yisumbuye, (…)
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda (Traffic Police), SSP Réné Irere, yatangaje ko mu byumweru bibiri biri imbere ubukangurambaga bwiswe ’Gerayo Amahoro’, bugiye gutangira gukorwa hirya no hino mu Gihugu.
Umuryango witwa ‘Kina Rwanda’ ukangurira ababyeyi n’abarezi gukina n’abana, wasohoye igitabo kirimo imikino 21 abana n’ababyeyi bazajya basoma ku buntu, bagisanze mu masomero yose mu Gihugu.
Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro ya Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, amwibutsa ko inshingano ze zikwiye kuba zishyigikira ibikorwa biteza imbere umuturage.
Abayobozi mu nzego z’ibanze ku rwego rw’Uturere n’Intara y’Amajyaruguru, abahagarariye amadini n’amatorero, baremeza ko bagiye kurushaho gufatanya, mu kugabanya umubare w’ingo zibana mu makimbirane n’ababana batarasezeranye, n’ibindi bibazo bikibangamiye imibereho y’abaturage.
Ibihugu bya Kenya na Afurika y’Epfo byemeranyijwe gukuriranaho ‘visa’ guhera muri Mutarama 2023. Ibyo byatangarijwe mu ruzindiko rw’akazi Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yakoreye muri Kenya.
Abagore bagera ku 100 bibumbiye mu itsinda ‘Abesamihigo’ bo mu Kagari ka Buramira, Umurenge wa Kamonyi muri Musanze, barishimira gahunda yo kuzigama bishyiriyeho bihesha buri muryango matola ihagaze 55,000Frw, binyuze muri gahunda ya Dusasirane.
Umuhanzi David Adeleke uzwi cyane nka Davido, nyuma yo gupfusha umwana w’umuhungu we w’imyaka itatu, yatangaje ko ibitaramo yagombaga gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byasubitswe.
Hari abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda bajya bitabira amarushanwa y’imivugo, indirimbo n’ubundi buhanzi bushingiye ku muco nyarwanda, bavuga ko kwishyura udufaranga dukeya abatsinze bakabambura uburenganzira ku bihangano byabo, bidakwiye.
Kayitesi w’imyaka 17 wo mu Karere ka Nyanza, avuga ko ababazwa no kuba yaremeye kuryamana n’umusore bakundanaga kuko ngo yari yamubwiye ko namwangira apfa.
Umunyakameruni Samuel Eto’o wamamaye mu mupira w’amaguru, yavuze ko bwa mbere mu mateka ikipe z’ibihugu bya Afurika zizahura mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar, aho ngo ikipe y’igihugu ya Cameroon izatsinda iya Morocco.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), rwujuje Ishuri ry’Imyuga yo kudoda no gusudira mu cyari Gereza ya Rilima mu Karere ka Bugesera, muri gahunda yo gufasha abarangiza ibihano kubona akazi ubwo bazaba bafunguwe.
Uwahoze ari mu mitwe yitwara gisirikare yemereye urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye, ko Félicien Kabuga ukekwaho ibyaha bya Jenoside, yaguze imbunda za Kalashnikov (AK47) kugira ngo zikoreshwe mu kurimbura Abatutsi muri Jenoside mu 1994, yahitanye abarenga miliyoni mu mezi atatu.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda na Barbados ari ibihugu bito, ariko bifite icyerekezo cyagutse, cyo kuzamura urwego rw’imibereho y’abaturage.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 20,1% mu kwezi kw’Ukwakira 2022 ugereranyije n’Ukwakira 2021.
Ikipe y’igihugu Amavubi izakinira mu Rwanda na Sudan imikino ibiri ya gicuti tariki ya 17 na 19 Ugushyingo 2022.
Kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, nibwo Perezida Paul Kagame yagize Bwana Jean Claude Musabyimana, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu asimbuye kuri uwo mwanya Gatabazi Jean Marie Vianney.
Mu gihe habura iminsi itatu gusa ngo shampiyona y’icyiciro cya kabiri itangire, ingengabihe y’uko amakipe azahura guhera kuri uyu wa Gatandatu yashyizwe hanze
Eng. Jean Claude Musabyimana agizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, asimbura Gatabazi Jean Marie Vianney.
Ku bufatanye na Leta, Umuryango Mpuzamahanga ukorera mu Rwanda witwa Humanity&Inclusion watangije ku mugaragaro umushinga ugamije guteza imbere imikurire iboneye y’umwana na serivisi zidaheza.
Ku wa Gatatu tariki ya 9 Ugushyingo 2022, itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda babiherewe amahugurwa rya gatatu (FPU-3), rigizwe n’abapolisi 180 ryahagurutse ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali ryerekeza mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Santrafurika (MINUSCA).
Kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Ugushyingo 2022, Antoine Cardinal Kambanda yizihije isabukuru y’imyaka 64 y’amavuko.
Senegal ni igihugu cya gatatu twahisemo kubagezaho mu bihugu bitanu bya Afurika bizitabira igikombe cy’isi.
Kugeza ubu, agaciro k’ifaranga rya Ghana ngo kamaze kugabanukaho 40% muri uyu mwaka wa 2022, ibyo bikaba ari byo byatumye abaturage amagana bajya mu mihanda yo mu Murwa mukuru Accra, basaba ko Perezida Nana Akufo-Addo yakwegura, kubera icyo kibazo cyatumye n’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’ibiribwa bizamuka ku (…)