Impanuka yabereye mu mudugudu wa Karama mu Kagali ka Butansinda mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 03/01/2014 ahagana saa moya za mu gitondo umugabo witwa Habakurama Epimaque wari kuri moto yagonze Ndayisaba Aron wari utwaye igare bajyanwa kwa muganga basa nk’abataye ubwenge.
Niyigena Béatha w’imyaka 18 y’amavuko waru utuye mu mudugudu wa Mweya mu Kagali ka Gahunga ko mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 2/01/2014 ngo azize ibiryo yagaburiwe na mugenzi we yamusuye ku munsi mukuru wa Bonane.
Mu rugo rwa Uwimana Eric w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza havumbuwe igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade kiri munsi y’igitanda nyuma y’uko hari hashize iminsi mike ikindi nacyo cyari iwe mu cyumba gihitanye abana be babiri.
Nyuma y’igisasu cyaturikiye mu rugo rwa Uwimana Eric utuye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ndetse kigahitana abana be babiri tariki 30/12/2013 ubu yatawe muri yombi nyuma yo kuba yashakishwaga.
Abana babiri b’abahungu umwe afite imyaka 11 n’undi ufite imyaka 9 y’amavuko bo mu mudugudu wa Musenyi mu kagali ka Migina mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ahagana saa kumi z’umugoroba tariki 30/12/2013 baturikanwe na grenade bari mu nzu y’iwabo bahita bapfa.
Nyuma y’imfu zitandukanye n’uburwayi bw’ibisazi bikomoka ku mbwa byafashe abantu mu mirenge inyuranye yo mu karere ka Nyanza mu minsi mike ishize ubu imbwa zigera kuri 17 zimaze gupfa zihawe umuti wo kuzica.
Amakamyo abiri yagonganye n’indi modoka mu ikoni riri hirya gato y’ahitwa i Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza maze iyo ibirunduka munsi y’umuhanda batatu barakomeraka.
Bizimana Dieudonnée w’imyaka 40 y’amavuko umurambo we watoraguwe mu gitondo cya tariki 25 Ukuboza 2013 mu mudugudu wa Kimfizi mu kagali ka Gati ko mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yatewe ibyuma n’abantu batabashije kumenyekana.
Abakozi b’ibitaro by’Akarere ka Nyanza bifurije Noheri n’umwaka mushya wa 2014 abantu bose babirwariyemo babagenera impano zitandukanye mu rwego rwo gusabana nabo.
Urubanza rw’umucuruzi ukomeye wo mu karere ka Nyamagabe, Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere, ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro rwasubitswe bibanje kutavugwaho rumwe.
Nyuma yo kubona ko ba rwiyemezamirimo bakiri bato bagorwa no kubona ingwate maze bikabavutsa uburenganzira bwo kubona inguzanyo umuryango GVEP International wahuguye abayobozi b’imirenge SACCOs yo mu karere ka Nyanza basabwa kutagira uruhare mu kubaheza.
Polisi y’igihugu yakoze umukwabo mu duce tunyuranye two mu Kagari ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza ihafatira abakora inzoga zitemewe bita “Ibikwangari” maze nabyo bimenerwa imbere y’abaturage nyuma yo kugaragarizwa ububi bwabyo.
Ishuri rikuru ry’Abadivantisiti b’Abalayiki rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza ku nshuro ya mbere ryahaye impamyabushobozi z’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza abanyeshuli bagera kuri 223 barangije muri iri shuli mu mwaka wa 2013.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 11 wo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza umaze iminsi arumwe n’imbwa ubu aragaragaza ibimenyetso nk’iby’inyamaswa aho yemera kurya gusa ibyo bataye hasi akabitoza umunwa ndetse hakiyongeraho no kumoka nk’imbwa.
Habimana Samuel w’imyaka 17 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 11/12/2013 agwiriwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye imbaho mu mudugudu wa Gatoki mu kagali ka Kabuga mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.
Ngo Abanyarwanda bakwiye kumenya no kujya bahora bazirikana ko icyo bahuriyeho atari ubwoko ahubwo ari igihugu gituma bose bitwa Abanyarwanda kandi bikaba bikwiye kubafasha kuba bamwe no guharanira imibereho myiza n’iterambere rusange nk’Abanyarwanda.
Kamanzi Damien wamamaye cyane mu mujyi wa Nyanza ku izina rya “Murundi” kubera ibikorwa by’urugomo ndetse akaba akekwaho kuba inyuma yo gufata abagore n’abakobwa ku ngufu n’ubujura bukoresheje ingufu yatawe muri yombi polisi y’igihugu tariki ya 9/12/2013 ahagana saa tanu z’amanywa.
Abaturage bo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza bafite amasambu atarahingwaga akaba yahawe abandi bantu ngo bayahinge barizezwa ko bazajya bahabwa icyatamurima.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyanza rurasabwa kwipimisha igituntu kandi abamaze kwandura iyo ndwara bakwiriye kwivuza kandi bakirinda kwanduza bagenzi babo kuko indwara y’igituntu ari indwara ikira.
Mukanyandwi Eugènie wari utuye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 5/12/2013 nyuma yo kurumwa n’umwana we w’imyaka ine nawe wari warumwe n’imbwa yasaze.
Muhawenimana Josée w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yafashwe tariki 3/12/2013 ahagana saa tanu z’amanywa arimo guta ku munigo umwana w’umuhungu yabyaye w’imyaka itatu ashaka kumuhotora.
Mu birori by’umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga byizihirijwe mu karere ka Huye ku rwego rw’igihugu tariki 3/12/2013 akarere ka Nyanza kabyegukanyemo igikombe cyo kuba korohereza abafite ubumuga mu kukabonamo akazi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, yatangije ku mugaragaro itorero ry’abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye mu mwaka w’amashuli wa 2013 baturuka mu mirenge itandukanye y’akarere ka Nyanza.
Mushabizi Jean Marie Vianney w’imyaka 64 wamenyekanaye cyane mu kinanga cyakoreshwaga mu makuru ya Radio Rwanda kuva mu mwaka w’1987 kugeza mu w’1994 yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we nyuma y’imyaka isaga 25 bari bamaranye nta sezerano ry’abashyingiranwe.
Mu ruzinduko Intumwa z’umuryango w’abibumbye zagiriye muri gereza ya Nyanza tariki 27/11/2013 zatangajwe n’uburyo abayifungiyemo bafashwemo ngo kuko bafunzwe mu buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Umugore witwa Ingabire Florence yatewe ibyuma apfira mu nzira ataragezwa mu bitaro bya Nyanza nyuma y’uko yari atabaye umubyeyi wakubitwaga n’umuhungu we Rutagengwa bakunze kwita Rutambi wahise atoroka ako kanya akimara gukora ubwo bugizi bwa nabi.
Umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko uvuga ko avuka mu mudugudu wa Kamabare, Akagali ka Ruhuha mu murenge wa Rugenge mu karere ka Bugesera yafashe urugendo rw’amaguru arinda agera mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza ahunga induru n’intonganya by’iwabo bishingiye ku nda y’umwana atwite.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana rwemeje ko Hitiyaremye Aphrodice wari umuyobozi wa sosiyete y’ubwubatsi ya “Just Size” yubatse isoko rya Kijyambere ry’akarere ka Nyanza afungirwa by’agateganyo kugira ngo ubutabera buzajye bumubonera igihe bumushakiye ku byaha akurikiranweho birimo gutanga Sheki zitazigamiwe.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza yakoze umukwabo mu gice cy’umujyi w’aka karere urangira utaye muri yombi indaya n’inzererezi zahabonekaga zizwiho guhungabanya umutekano w’abantu n’ibyabo mu gihe cy’amasaha y’ijoro.
Mu karere ka Nyanza hashyizweho uburyo bushya bwo kunoza serivisi z’abakorewe ihohoterwa hifashishijwe ikarita nsuzuma mikorere, mu rwego rwo kurwanya serivisi mbi zahabwaga rimwe na rimwe abakorewe ihohoterwa.