Ku bufatanye n’umuryango Dufatanye, mu Karere ka Nyanza hizihijwe umunsi wahariwe ku kuzirikana ku kwezi k’umugore (imihango), ku itariki 1 Kamena 2024.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko dosiye iregwamo Jean Baptiste Habineza, uyobora Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yashyinguwe by’agateganyo. Gitifu Habineza yashinjwaga ibyaha birimo guhisha amakuru ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kunyereza imibiri y’abazize Jenoside.
Protais Habanabakize ushinzwe porogaramu mu Muryango ushinzwe kubungabunga ibidukikije, kuzamura iterambere ry’ubuhinzi ndetse no kurwanya ubukene uhereye ku muturage wo hasi (APEFA) avuga ko guhinga udacokoza ubutaka ari bumwe mu buryo bwo kugabanya ibyuka byangiza ikirere.
Tariki ya 16 Gicurasi 2024, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Ntarindwa Emmanuel w’imyaka 51 y’amavuko akekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 na Mukamana Eugenie w’imyaka 53 ukekwaho kuba ikitso cy’ukekwaho icyaha aho yamuhishe mu mwobo wacukuwe mu nzu yari amazemo imyaka 23.
Christine Ingabire ukomoka i Nyanza, hafi y’icyuzi cya Nyamagana, avuga ko mu gihe cya Jenoside yihishe, bikagera igihe acika intege agashaka no kwishyira abamwica, ariko ko uwaje gutuma abona aho aba ari uruhinja rwakuwe mu mugongo wa nyina wari wapfuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko hari hakwiye gushyirwaho umwihariko wo kwibuka Abatutsi bishwe mu buryo bwihariye, muri bo hakabamo n’abishwe bataragira izina.
Ambasaderi Isaï Murashi, yagaragaje ko Inkotanyi zahagaritse Jenoside mu mwaka w’1994 kandi ko bitari ubwa mbere kuko hari n’iyo zahagaritse mu mwaka w’1988.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwamurikiwe urubuga rwa interineti rwa "CyberRwanda" ruzajya rukuraho amakuru arufasha mu kwirinda inda zitateganyijwe ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Mu masaha ya saa saba z’ijoro tariki 26 Mata 2024 imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yavaga mu Karere ka Huye yerekeza i Muhanga yageze mu Karere ka Nyanza ahitwa i Mugandamure mu Mudugudu wa Karukoranya, mu Kagari ka Kavumu, mu Murenge wa Busasamana ikora impanuka abantu batatu bahasiga ubuzima, undi umwe arakomereka.
Ibitaro bya nyanza byatangije gahunda yiswe Agaseke k’urukundo igamije gufasha abarwayi batishoboye bagana ibitaro, bakabura ubushobozi bwo kwishyura imiti n’ibindi bikenerwa kwa muganga.
Minisiteri y’Ubutabera iratangaza ko hagiye kurebwa uko Kaminuza yigisha iby’amategko mu Rwanda, ILPD, yanatangira kwigisha hifashishijwe iya kure (Online) kugira ngo serivisi itanga zirusheho kugera kuri benshi babyifuza.
Inka z’Inyambo zaturutse hirya no hino mu Rwanda, tariki 23 Werurwe 2024 zahurijwe i Nyanza mu iserukiramuco. Iri serukiramuco ryahurijwemo Inyambo zaturutse i Nyagatare, Kirehe, Gicumbi, Gasabo na Bugesera. Hari n’izisanzwe mu Ngoro y’Amateka y’Abami iherereye mu Rukari mu Karere ka Nyanza.
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye kuva tariki 23 kugeza ku ya 24 Mutarama 2024, urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwagaragaje ko rwifuza ikigo cy’urubyiruko, mu gace k’Amayaga.
Umunyeshuri witwa Umuraza Germaine wigaga mu Kigo cy’Amashuri cya ESPANYA Nyanza, yashyinguwe iwabo mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Byimana, nyuma yo kuremba mu buryo butunguranye agahita yitaba Imana aguye kwa muganga.
Abantu bane bapfiriye mu kigega cy’amazi cy’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ubwo bari bagiye kugikorera isuku.
Telefone zigezweho za (Smart Phones) zatangiye guhabwa Abanyarwanda hirya no hino mu Gihugu, aho izigera kuri Miliyoni n’ibihumbi 200, ari zo zizahabwa abazifuza bishyuye ikiguzi gito.
Abanyeshuri biga ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya G.S. Mater Dei mu Karere ka Nyanza, batangiye kugaruka ku ishuri baherekejwe n’ababyeyi babo. Ni nyuma yo kwirukanwa ku wa Gatandatu tariki 21 Ukwakira 2023 kubera guhishira mugenzi wabo wari wakubise umunyeshuri wo mu mwaka wa mbere.
Abatuye mu Karere ka Nyanza by’umwihariko mu Murenge wa Kibilizi, bavuga ko ubusanzwe ubuhinzi bw’imyumbati buri mu bibafasha kubona ibyo kurya bihagije, ariko ubu ngo bahangayikishijwe no kuba nta mbuto nziza bafite.
Mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, hari abishimira kuba na bo baragabiwe inka, kuko bazitezeho amata n’ifumbire ihagije babonaga bibahenze, bityo bakaba bazitezeho ubukungu.
Abibumbiye muri Nyanza Investment Group Ltd (NIG) bashyizeho uruganda rukora imyenda y’ubwoko butandukanye rukorera i Nyanza, rukaba rumaze guha akazi abiganjemo urubyiruko 70.
Ikipe ya Rayon Sports ubwo yasusurutsaga abatuye i Nyanza mu Majyepfo ihakinira n’ikipe ya Al-Merrikh SC yo muri Sudan tariki ya 3 Nzeri 2023, abakunzi ba Rayon Sports bahabwa umukoro wo kurwanya ihohoterwa mu miryango n’irikorerwa abangavu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko uyu mwaka wa 2023 usiga umuhanda Nyanza-Bugesera warashyizwemo kaburimbo uko wakabaye.
Igitaramo i Nyanza Twataramye Abanyenyanza bamaze kumenyera, kizaba ku munsi w’umuganura n’ubundi, tariki 4 Kanama 2023, kandi noneho kizabera muri Stade ya Nyanza, aho kubera mu Rukari nk’uko byari bimenyerewe.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko tariki 12 Nyakanga 2023, ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, bafatiye mu cyuho abarimu bane (4) barimo gukuriramo inda umunyeshuri bigishaga, mu Kigo cy’amashuri ya Sainte Trinity de Nyanza, giherereye mu Murenge wa Kigoma, Akagali ka Butansinda, umudugudu wa Butansinda.
Abakunze guhamagara kuri KT Radio bahagarariye abandi, kuri uyu wa 2 Nyakanga 2023 basuye uwarokotse Jenoside utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, banamushyira impano zirimo ihene ebyiri zavuye mu bushobozi begeranyije.
Nyuma y’i Nyanza Twataramye na Gikundiro ku ivuko byajyaga bisusurutsa abanyenyanza, hagiye kwiyongeraho Iserukiramuco (Nyanza Cultural Hub), noneho riizajya rigaragarizwamo imico y’ibihugu binyuranye.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari ku gasozi ka Nyamiyaga, bavuga ko bahahungiye bakurikiyeyo amaboko yabakiza abicanyi, gusa ngo ntibyabahiriye.
Mu gihe hasigaye umwaka umwe gusa ngo harebwe ibyagezweho muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST1), ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buvuga ko mu bikiri kure yo kugerwaho harimo gukura abaturage mu bukene, bityo bugasaba abafatanyabikorwa kubafasha muri uru rugamba.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, arashishikariza Abanyarwanda guhindura imyumvire mu guteka ibishyimbo, by’umwihariko abatekera abantu benshi nko mu bigo by’amashuri, mu rwego rwo kugabanya ibiti bitemwa no kubungabunga ibidukikije, aho abasaba kubanza kubitumbika mu mazi.
Dr. Delphine Abijuru, komiseri mu Muryango utoza abagore kujya mu myanya ifata ibyemezo (Leadership women network), avuga ko umuntu ubaho nta ntego akenshi yisanga arimo gufasha abandi kugera ku zabo.