Ntigurirwa Ferdinand w’imyaka 50 y’amavuko wari utuye mu kagali ka Munyinya mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 09/05/2014 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba aguye mu mirwano y’abagabo babiri yaraje gukiza barimo barwana.
Mu rwego rwo gufasha ba mukerarugendo basura akarere ka Nyanza bakurikiye ahantu ndangamateka y’u Rwanda aherereye ahitwa mu Rukali muri aka karere imwe mu ihoteri izwi ku zina rya “Dayenu” tariki 9/5/2014, yatashye inyubako igaragaza mu buryo bw’ibishushanyo ubukerarugendo bushingiye ku muco wagiye uranga abanyarwanda bo (…)
Kuwa gatandatu tariki 03/05/2014 mu karere ka Nyanza habereye umuhango wo kwibuka no gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 basaga ibihumbi 20 bakaba bashyinguwe mu rwubutso rushya rw’aka karere.
Imfungwa n’abagororwa basaga ibihumbi bitandatu bafungiye muri gereza y’Akarere ka Nyanza tariki 01 Gicurasi 2014 bifatanyije n’abandi mu kwizihiza umunsi mpuzamhanga w’umurimo banahemba bamwe muri bo babaye indashyikirwa mu kuwitaho mu gihe bagifungiye muri iyi gereza.
Umwana w’umukobwa witwa Byukusenge Divine wari ufite imyaka umunani y’amavuko yapfuye arohamye mu mugezi w’Akanyaru umurambo we uburirwa irengero.
Icyegereranyo cy’ibyaha byakozwe mu karere ka Nyanza muri uku kwezi kwa Mata 2014 cyerekana ko ibyahungabanyije umutekano ari 17 harimo bine birebana n’ingengabitekerezo ya Jenoside byakozwe mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ikoraniro ry’idini ryiyise “Isoko imara inyota” ryarimo risenga risakuza ryahagaritswe maze abayoboke baryo bakwira imishwaro nyuma y’uko ryikomwe n’abaturage barishinja guhungabanya umutuzo wabo ku manywa na nijoro.
Ikibazo cy’amazi meza mu karere ka Nyanza gihangayikishije umubare munini w’abaturage b’ako, ku buryo abangana na 44% bategerwaho nayo hafi yabo kandi asukuye ibyo ngo bikaba ari imbogamizi ku mibereho myiza y’abaturage bahatuye.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bafashe mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 babatera inkunga ya miliyoni 8.5 muri gahunda yo kuvugurura umushinga wabo batangije w’ubworozi bw’ingurube.
Umusore witwa Ngabonziza Jérôme ukomoka mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yafatiwe mu mujyi wa Nyanza afite udupfunyika 32 tw’urumogi ndetse n’uducupa 4 tw’inzoga itemewe ya Kanyanga arimo ashakira abakiriya ibi biyobyabwenge.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza buratangaza ko tariki 13/04/204 ahagana saa saba z’amanywa muri uwo murenge hari abana wambuwe igisasu cya gerenade barimo bagikinisha ariko ku bw’amahirwe kitagize uwo gihitana.
Benshi mu bantu bari kwitabira ibiganiro byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda bo mu karere ka Nyanza, biganjemo ahanini urubyiruko, baratangaza ko kutitabira ibi biganiro nta mpamvu bisa no kuyipfobya.
Umugore witwa Kampororo Jeannette w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Karukoranya B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana tariki 09/04/2014 yabwiye mugenzi we witwa Mukahirwa Claudine amagambo yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside bimuviramo kugira ihungabana.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bwikomye utubari mu kuba tutari kubahiriza amabwiriza arebana n’imyitwarire ihwitse igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe twibukamo ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage bo mu karere ka Nyanza basabwe kudaha icyuho umuntu wese waza ashaka kubasubiza mu icuraburindi rya Jenoside nk’iyabaye mu Rwanda muri Mata 1994.
Ururbyiruko rw’abasore n’inkumi bibumbiye mu ihuriro ryiswe The Bright Way rifite icyicaro mu karere ka Nyanza ryahurije hamwe urubyiruko rusanga 300 rirwibutsa ko rutirinze icyorezo cya SIDA cyahitana benshi muri rwo.
Mu gihe mu Rwanda bitegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, bamwe mu bayirokotse bo mu karere ka Nyanza barasaba ko bafashwa kwifasha kubona uburyo bwo kwiyubaka mu buryo burambye.
Imibiri ibihumbi 60 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itari ishyinguye mu cyubahiro mu karere ka Nyanza yatangiye kwimurirwa mu rwibutso rushya rw’akarere ka Nyanza ngo ishyingurwe neza ahantu habereye.
Abanyeshuri bakoraga umuhanda mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza batoraguye igisasu ahagana saa yine za mu gitondo kuwa 28/03/2014, kikaba kibaye igisasu cya gatatu gitoraguwe mu karere ka Nyanza mu byumweru bibiri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bwatwitse amasiteri y’ibiti bizwi ku izina ry’imisheshe cyangwa imishikiri byari byarafatanywe abaturage bakunze kubyiba, hanatangwa ubutumwa buhamagarira abaturage kwirinda kwangiza ibidukikije.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kwimuka aho yakoreraga mu ntara y’Amajyepfo, ikaba yimukiye mu nyubako yahoze ari iy’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA, Rwanda Revenue Authority mu karere ka Nyanza kugira ngo yegere kandi yorohereze abaturage uburyo bwo kubaha serivisi nziza z’umutekano n’ubundi bufasha (…)
Akantu bita “akawudu” benshi bifashisha mu kwirukana imibu mu nzu ndetse no kuzanamo impumuro nziza kari gateje akaga mu gice cy’umujyi wa Nyanza ubwo inzu icururizwamo yafatwaga n’umuriro ariko ku bw’amahirwe abaturage n’inzego z’umutekano bakihutira kuwuzimya.
Ibisasu bibiri bya gerenade yo mu bwoko bwa Totasi na Stick byatoraguwe mu mudugudu wa Nyagasambu mu kagali ka Gitovu mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza tariki 18/03/2014 hafi y’urusengero rw’Abadivantiste b’umunsi wa karindwi.
Habiyaremye Schadrack w’imyaka 31 na nyina Nyirabashongore Thabea w’imyaka 55 y’amavuko batuye mu mudugudu wa Muturirwa mu kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza baketsweho kwiba ihene babasatse banabasangana ibiti by’urumogi 20 bihinzwe iwabo mu rugo.
Amwe mu makoperative ntangarugero y’abahinzi b’inyanya akorera mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza aravuga ko ubu atakivunishwa n’imirimo yakoreraga ubuhinzi bw’inyanya nyuma yaho bamenyeye uburyo bwa kijyambere bwo kuzihingira mu nzu buzwi ku izina rya Green House, bavuga ko bworoshya imirimo cyane.
Ishuri ryisumbuye rya Groupe Scolaire Mater Dei ryegamiye kuri diyosezi Gatulika ya Butare riyoborwa n’ababikira bo mu muryango w’Abenebikira riherereye mu karere ka Nyanza ryatashye inzu mberabyombi yuzuye itwaye asaga miliyoni 132 z’amafaranga y’u Rwanda.
Burura Abdou w’imyaka 54 y’amavuko hamwe na Kigingi we witwa Sentamu Abdoul w’imyaka 37 y’amavuko bafatanwe imodoka ipakiye ibiti by’imisheshe byari byibwe mu kagali ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza.
Abasenateri bari muri komisiyo y’imibereho myiza, uburengazira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage baganiriye n’abayobozi b’ibigo by’amashuli abanza n’ayisumbuye yo mu karere ka Nyanza kuwa 13/03/2014, biga ku kibazo cyo kuzamura ireme ry’uburezi no gushakira umuti imbogamizi zose zibubangamiye.
Abarimu bo mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo basoje amahugurwa ku kwimika amahoro arambye mu Rwanda, baratangaza ko biyemeje kuba abigisha b’amahoro bahereye ku bana basanzwe barera.
Nyuma y’uko tariki 5/03/2013 mu masaha y’umugoroba inkongi y’umuriro itwitse kwa Mukamusoni Damarce utuye mu kagali ka Munyinya mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza umukobwa we witwa Kasine Janet yitabye Imana azize ubushye bw’uwo muriro.