Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kigiye kumara ibyumweru bibiri birenga mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza cyigisha urubyiruko rwo muri iki gice cy’icyaro ikoranabuhanga ryifashisha mudasobwa.
Ubwo tariki 15/07/2014 abaturage b’umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bamurikaga bimwe mu bikorwa byagezweho mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye babyishimiye batangaza ko ibyo byose babikesha umukuru w’igihugu Paul Kagame ngo niyo mpamvu nta muntu n’umwe bazaha urwaho rwo kubisenya.
Ndikuryayo Samuel w’imyaka 26 y’amavuko uvuka mu mudugudu wa Sholi mu Kagali ka Gasoro mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza kuri iki cyumweru tariki 13/07/2014 saa moya n’igice z’umugoroba yishe se umubyara amuteye umusumali mu rubavu bitewe n’amakimbirane bari bamaranye iminsi ashingiye ku nzu bari batuyemo.
Ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK), ishami rya Nyanza tariki 10/07/2014 ryatangije itorero ry’igihugu mu rwego rwa za kaminuza n’amashuli makuru.
Mu mpanuka y’imodoka yabaye tariki 10/07/2014 ahagana saa tatu n’igice z’ijoro mu mudugudu wa Runyanzige mu kagali ka Gasoro mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza umwe yahise yitaba Imana abandi batanu barahakomerekera ku buryo bukabije.
Umwana w’imyaka 7 uvuka mu mudugudu Kankima mu kagali ka Cyotamakara mu murenge Ntyazo mu karere ka Nyanza yarumwe n’imbwa imukomeretsa ku itama, ku bibero ndetse no ku maboko ye yombi nyirayo arangije aratoroka.
Mu birori byo kwizihiza imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye ku rwego rw’akarere ka Nyanza haturikijwe inzoga yo mu bwoko bwa champagne ndetse hanakatwa umugati w’iyi sabukuru mu birori byabereye kuri Stade y’aka karere tariki 04/07/2014.
Urubanza ubushinjacyaha bw’urukiko rukuru bwajuririyemo Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere uregwa uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 rwasomwe igice izindi ngingo zarwo zirasubikwa.
Visi perezidante wa Sena y’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanne d’Arc Gakuba, tariki 28/06/2014, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Nyanza mu muganda wo kubakira umusaza Gakunzi Abdou w’imyaka 81 y’amavuko wirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya.
Abakozi b’akarere ka Nyanza bibutse abakozi 15 bahoze ari abakozi b’amakomini ya Ntyazo, Muyira na Nyabisindu (yabyaye akarere ka Nyanza) bakaba barazize jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) cyatangijwe kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014 na gereza ya Nyanza ngo kizarangira hubakiwe abatishoboye amazu 10 yo kubamo nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’iyo gereza.
Ambulance y’ibitaro bya Nyanza yo mu bwoko bwa Nissan Patrol yakoreye impanuka mu kagali ka Karama mu murenge wa Ruhashya mu karere ka Huye ihagonga umwana w’imyaka 6 y’amavuko umushoferi wayo witwa Niyomugabo Anastase w’imyaka 39 y’amavuko ahita atoroka.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza rukomeje gukangurirwa ko kwihangira imirimo uko bikwiye ariyo nzira yo kurufasha kwiteza imbere hanifashishijwe ibigo by’imali byo kuzigama no gutanga inguzanyo.
Abarimu bahoze bigisha muri Koleji ya Kigoma iherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza baravuga ko bari mu nzira zigana inkiko basaba kurenganurwa nyuma y’uko iri shuli ryigenga ryisumbuye ryabambuye imishahara y’amezi atatu ndetse n’uduhimbazamusyi tw’amezi icyenda tw’umwaka ushize wa 2013.
Dushimimana Claudine w’imyaka 20 y’amavuko uvuga ko akomoka mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Gitega mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza akekwaho icyaha cyo kwiba umwana ngo amwiyitirire ko ari uwo yabyaranye n’umugabo wamuteye inda.
Ikigo cy’imfubyi cyitiriwe Mutagatifu Antoine giherereye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza cyizihije isabukuru y’imyaka 25 kimaze gishinzwe n’abapadiri bo mu muryango w’abalogasiyonisite.
Mu murenge wa Kibilizi uherereye mu karere ka Nyanza, tariki 07/06/2014, hibutswe abagore basaga 350 biciwe muri uyu murenge bazira Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda; umuhango ukaba wabibumriwe na Misa yo kubasabira.
Abahoze ari abarwanyi muri FDLR n’abagore babo bakomoka mu turere twa Nyanza, Ruhango, Muhanga na Kamonyi bahuguriwe ku kwihangira imirimo banasabwa kugira uruhare mu gushishikariza bagenzi babo bakiri mu mashyamba ya Kongo gutaha ku neza bakaza gufatanya n’abandi kubaka igihugu.
Abakozi b’ikigo cy’ubwiteganyirize bw’abakozi cy’u Rwanda (RSSB) baremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batujwe mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza banatera inkunga urwibutso rwa Jenoside rw’aka karere kuri uyu wa kane tariki 05/06/2014.
Imihigo y’Akarere ka Nyanza yahizwe mu mwaka wa 2013-2014 ngo yeshejwe ku gipimo cya 95% nk’uko isuzuma ryakozwe n’Intara y’Amajyepfo ryabigaragaje ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 3/06/2014.
Ishuli rikuru ry’abalayiki b’abadivantitse rya Kigali ( INILAK) ishami rya Nyanza ryibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda hanatahwa ikimenyetso cyo kuyamagana ku bantu bose biga ndetse n’abazagera aho iri shuli ryubatse mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Ibigo by’amashuli y’incuke, abanza n’ayisumbuye byo mu mirenge inyuranye y’Akarere ka Nyanza kuwa 28/05/2014 byibutse abana n’abarimu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda.
Mukandutiye Elina w’imyaka 52 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyamivumu A mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yatwikiwe urugo rwe n’umuntu utazwi yifashishije lisansi.
Akarere ka Nyanza kegukanye itike yo kuzahagarira Intara y’Amajyepfo ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’imivugo n’indirimbo yateguwe mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 14 polisi y’igihugu imaze ishinzwe.
Mu rwego rwo kurushaho kumenya u Rwanda ndetse n’amateka ashingiye ku muco warwo kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2014 abaje baherekeje abafasha b’abayobozi bitabiriye inama za Banki Nyafurika Itsura Amajyambere zirimo kubera i Kigali basuye ingoro yo mu Rukali iri mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Ikigo nderabuzima cya Cyaratsi cyubatse mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza tariki 16/05/2014 cyibutse ku nshuro ya kane abari abakozi bacyo batatu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda.
Mu masaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wa tariki 15/05/2014 mu muyi wa Nyanza hafi gato y’ibitaro by’Akarere ka Nyanza aho abatwara moto bakunze guparika habereye rwaserera ikomeye hagati y’umukobwa n’umumotari watabazaga asaba kurenganurwa nyuma y’uko yari amaze gukoreshwa ibirometero bisaga 20 ntiyishyurwe.
Umusore witwa Rurangirwa Byiringiro Joel wari watorotse nyuma yo gutera undi icyuma akamuvanamo amara yatawe muri yombi ashyikirizwa polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza mu ijoro rishyira kuri uyu wa kane tariki 14/05/2014.
Umuryango w’uwitwa Mutambuka Yussuf w’imyaka 87 y’amavuko utuye mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza wibasiwe n’inkongi y’umuriro asigara iheruheru nyuma yo guhisha inzu ye n’ibikoresho yari atunze.
Hakizimana Froduald w’imyaka 30 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Rugali B mu kagali ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yapfuye yiyahuriye iwe mu nzu nyuma y’uko umugore we yari amaze hafi ukwezi yahukaniye iwabo.