DYNAMITE Brands (R) Ltd bivugwa ko ari isosiyete ishinzwe gukwirakwiza ibikoresho bya electronike irakemangwa na bamwe mu baturage aho bavuga ko imikorere yayo idahwitse ndetse bakaba basaba ko ibyayo byasuzumwa amazi atararenga inkombe.
Uzabakiriho Yahaya utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bita rasita kubera ko afite imisatsi iboshye ku mutwe we avuga ko abenshi bakomeje kumwibeshyaho bavuga ko guhinga bitamubereye nyamara ngo we nta cyamutandukanya n’uwo murimo kuko umutungiye umuryango.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu murenge wa Mukingo bamamaje abakandida-depite b’ishyaka ryabo tariki 11/09/2013 barangije banashyiraho umwihariko wo guha abana amata, koroza inka n’ihene abatazifite ndetse banishyurira abatishoboye ubwisungane mu kwivuza.
Umwana w’imyaka itandatu wo mu mudugudu wa Kirwa mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza wishwe n’umukozi wo mu rugo rw’iwabo yasezeweho bwa nyuma ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 10/09/2013.
Muri gahunda Banki y’Amajyambere y’u Rwanda BRD, Banque Rwandaise de Développement ifite yo gusura abo yahaye inguzanyo bakaganira uko bayibyaza inyungu nini, abayobozi ba BRD basuye abanyamishinga bo mu ntara y’Amajyepfo bagirana ibiganiro byabereye mu karere ka Nyanza kuwa 09/09/2013.
Nyuma y’ubugizi bwa nabi bumaze iminsi bugaragara mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, polisi y’igihugu muri ako karere iratangaza ko ifite amakuru ahagije ko ibyo bikorwa bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Umugaba mukuru w’Inkeragutabara RDF Reserve Force yaraye atangiye igikorwa cyo gushyikiriza by’agateganyo imiryango y’abarokotse Jenoside yo mu 1994 amacumbi Inkeragutabara zabasaniye, igikorwa cyatangiriye mu karere ka Nyanza ejo kuwa 05/09/2013.
Ku nshuro ya mbere ubwo abaturage b’umurenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bamurikirwaga abakandida FPR yamamaza ku mwanya w’ubudepite kuwa 03/09/2013 bagaragaje ko gutora umuryango wa FPR Inkotanyi ngo bikomeza kubahesha icyizere cy’ubuzima bwiza bw’ejo hazaza.
Mu tugali twa Mubuga, Mushirarungu na Runga two mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza haravugwa ubugizi bwa nabi bumaze gufata indi ntera aho mu masaha y’ijoro abantu batambuka bagatemeshwa imihoro kandi ababikoze ntibamenyekane.
Ubwo ku gicamunsi cya tariki 29/08/2013 abakandida-depite batanzwe n’umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’akarere ka Nyanza biyerekaga abaturage bo mu murenge wa Muyira muri aka karere mu byishimo byinshi babagaragarije icyizere cyo kuzabatora.
Abanyeshuli b’abahungu bane biga mu kigo cy’ishuli ryisumbuye rya Collège Saint Emmanuel Hanika mu karere ka Nyanza polisi yabafatiye mu rugo rw’umuturage ariho barimo kunywera ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Umurenge wa Busoro ubarizwa mu gice cyitwa icy’amayaga ukaba ari n’umwe mu mirenge 10 igize akarere ka Nyanza waje ku isonga mu kuba imihigo yose wiyemeje yaragezweho mu mwaka wa 2012-2013 hitawe kuri gahunda Guverinema y’u Rwanda igenderaho.
Mu biganiro mpaka ku mikorere y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byahuje amwe mu mashuli y’icyitegererezo yo mu Ntara y’Amajyepfo, GS Mater Dei yo mu karere ka Nyanza yatsinze GS Notre Dame de Lourde yo mu karere ka Ruhango.
Umurundi w’imyaka 20 wabaga mu mudugudu wa Akintare mu Kagali ka Mulinja mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 19/08/2013 ahagana saa tatu z’ijoro yiyahuye yimanitse mu kagozi nyuma yo kubengwa n’umukobwa.
Mu gitaramo cyo kumurika alubumu ya Korale “Abakoze bagororerwe” y’itorero rya ADEPR Nyanza muri paruwasi ya Rukali, tariki 18/08/2013, umukrisitu yaguze CD imwe ku mafaranga ibihumbi 100 mu gihe ubundi yagurwaga amafaranga 1000.
Kuva mu gitondo tariki 16/08/2013 ibikoresho by’ibiro by’Intara y’Amajyepfo byatangiye kwimurwa bivanwa aho yakoreraga bijyanwa mu nyubako y’igorofa nshya iherereye mu marembo y’umujyi wa Nyanza akaba ariho igiye kujya ikorera.
Nibondora Appolinaire utuye mu kagali ka Karama mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza tariki 13/08/2013 ahagana saa tanu z’ijoro yubikiriye uwitwa Ndayisaba Charles nawe utuye muri uwo murenge amutema mu mutwe ku buryo bukomeye amutegeye mu nzira ubwo yatahaga iwe mu rugo.
Mu ijoro rishyira tariki 12/08/2013, Gashugi Charles w’imyaka 42 utuye mu mudugudu wa Gikombe mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatwikiye umugore we n’umwana bareraga mu nzu biturutse ku makimbirane bari bafitanye.
Abagenerwabikorwa b’umuryango w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 (AVEGA) batuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bavuga ko ubuvugizi bakorerwa n’uyu muryango bwabavanye mu kutishobora bukabageza mu kwigira.
Umucungamali w’ikigo Nderabuzima cya Mucubira kiri mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana akurikiranweho kunyereza amafaranga y’abajyanama b’ubuzima ndetse n’ay’ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA asaga ibihumbi 260.
Abakobwa babiri n’umusore umwe bafungiye mu karere ka Nyanza bazira ko indangamuntu , ikarita y’ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ umuganda rusange w’abaturage bifite aho bihuriye n’imibare 666 bivugwa ko ari iya satani.
Abantu batandatu batuye mu mudugudu wa Muturirwa mu Kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo bafatanwe urumogi ndetse n’inzoga itemewe ya Kanyanga mu mukwabo wabaye kuri uyu wa 07/08/2013.
Abaturage batandukanye batuye mu mudugudu wa Bunyeshywa mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza batangaza ko ububoshyi bw’ibiziriko by’amatungo magufi n’amaremare ari nkayo suka ibatunze kuva kera cyane ngo kuko nabo bakomokaho ariwo mwuga bakoraga mu mibereho yabo ya buri munsi.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi (EWSA) ishami rya Nyanza cyibwe moto ebyiri zo mu bwoko bwa Yamaha Ag 100 imwe ifite purake GRM 555 C n’indi yambaye purake GRM 559 C.
Uzarama w’imyaka 28 na Kwibuka w’imyaka 26 batawe muri yombi mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza saa moya n’igice za mu gitondo tariki 28/07/2013 bashinjwa gusambana kuko umugabo afite isezerano n’undi mugore.
Umurambo w’umusore witwa Uwimbabazi Emmanuel w’imyaka 23 y’amavuko ukomoka ahitwa i Ruganda mu karere ka Karongi wabonetse ureremba hejuru y’urugomero rw’amazi ruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza tariki 27/07/2013 ahagana saa kumi z’umugoroba.
Karenga Evariste w’imyaka 28 n’uwitwa Umutoniwase Fauziya w’imyaka 18 y’amavuko batuye mu mudugudu wa Rukandiro mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana bafunzwe bazira ubufatanye mu gukuramo inda no gufatanwa ibikoresho bitandukanye byibwe birimo ibya gisirikare na polisi.
Kamegeri Joseph w’imyaka 63 utuye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yarusimbutse ari ku igare mu mpanuka y’imodoka ebyiri yabereye mu mujyi wa Nyanza ahagana saa kumi n’igice z’umugoroba tariki 26/07/2013.
Kuva saa mbiri z’ijoro tariki 24 kugeza tariki 26/07/2013 amashyamba yo mu midugudu 11 yo mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza akomeje kwibasirwa n’inkongi y’umuriro yatewe n’umuturage witwa Hakizimana Aloys watwikaga amakara rwihishwa nta burenganzira abifitiye.
Abagororwa 109 bo muri gereza ya Nyanza bahawe impamyabumenyi ziri ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’inyigisho y’igitabo cya Bibiliya kugira ngo ubwo bazaba barangije ibihano bakatiwe n’inkiko bazavemo abavugabutumwa, abapasiteri n’abandi bakozi b’Imana.