Ingabire Jules w’imyaka 27 y’amavuko ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka itanu ndetse akanatanga ihazabu y’amafaranga miliyoni eshanu kubera ngo yibye moto umumotari akanamuniga.
Dr Guillain Lwesso wari umuyobozi w’agateganyo mu bitaro by’akarere ka Nyanza aravugwaho kuba yarataye akazi kuva tariki 14/09/2014 ku mpamvu ze bwite atabimenyesheje ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bumushinzwe.
Umukozi ushinzwe ahabikwa inyandiko n’amadosiye muri gereza ya Nyanza yafatishije imfungwa ebyiri zashakaga kumuha ruswa ngo azifashe kugera kuri dosiye y’umwe muri bo, bahindure ibisanzwe biyanditswemo, nyir’iyo dosiye afungurwe atarangije igihano.
Mukanyangezi Claudine na Uwimana Rachel basanzwe ari abakeba bakaba batuye mu mudugudu wa Gihisi A mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bakozanyijeho mu mirwano yabereye hafi y’ingo zabo nyirabukwe wabo abatabaye kugira ngo abakize umwe muri bo aramwadukira amukubita igiti mu rubavu yitaba Imana (…)
Ishuli ryisumbuye rya Islam riri i Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ryungutse umubano n’igihugu cy’Ubudage rinaterwa inkunga yo kuzubakirwa laboratwari izatwara amafaranga asaga miliyoni icumi mu rwego rwo gufasha imyigishirize myiza y’amasomo ya siyansi ahatangirwa.
Abakobwa basaga 60 bavuga ko babyariye iwabo bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza nyuma y’uko ngo bashutswe n’abahungu bakabatera inda kandi ntibanabagire abagore mu buryo buzwi, bihangiye imirimo kugira ngo babone ikintu cyabafasha kwifasha badateze amaboko abo babyaranye.
Ikigo cy’imali iciriritse cya DUTERIMBERE IMF Ltd cyadukanye uburyo bushya bwo gufasha abanyamuryango bacyo kubona inguzanyo nta nyungu basabwe ahubwo bakungukirwa amafaranga angana na 6% mu gihe cy’umwaka.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Madamu Oda Gasinzigwa, ushinzwe akarere ka Nyanza by’umwihariko muri Guverinema yifatanyije n’abaturage b’ako karere mu gikorwa cyo gutangiza igihembwe cy’ihinga cya 2015 A abashishikariza kongera amasaha y’akazi nk’uburyo bwo kubafasha kugera ku musaruro ufatika mu byo (…)
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyanza basaga 300 bahuriye mu nteko rusange yabo yateranye kuri iki cyumweru tariki 07 Nzeri 2014 bongera kwihwitura ari nako bishimira ibikorwa byabaye indashyikirwa muri uyu mwaka wa 2013-2014 muri gahunda zinyuranye zo kwihutisha iterambere ryaho batuye ndetse n’iry’igihugu (…)
Mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana hatashwe ishuri ry’inshuke ryo mu rwego rwo hejuru ryubatswe n’umuryango “Gira Impuhwe” ku nkunga y’ambasade y’Ubuyapani mu Rwanda.
Umugore w’imyaka 44 y’amavuko uvuga ko atuye mu kagari ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, yariwe amafaranga ibihumbi mirongo ine na Magana atanu y’u Rwanda n’abantu biyita abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda nyamara bagambiriye kumurya utwe.
Kuva tariki 05/09/2014, imwe mu myanya y’ubuyobozi mu tugari n’imirenge byo mu karere ka Nyanza iraba ikorerwamo n’abantu bashya kubera guhinduranya abayobozi kwabayeho.
Polisi y’igihugu iratangaza ko mu mezi hafi abiri mu karere ka Nyanza habaye impanuka 28 abantu 8 bakaziburiramo ubuzima. Aya makuru yashyizwe ahagaragara tariki 26/08/2014 ubwo polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza yifatanyaga n’ubuyobozi bw’akarere mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kwahariwe kurwanya impanuka zo mu (…)
Abakozi ba komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta (PSC) bari mu karere ka Nyanza mu gihe cy’iminsi itanu bakora imenyekanisha ry’amategeko mashya agenga imicungire y’abakozi ba leta, aho basaba ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza kwigengesera mu birebana n’imicungire y’abakozi bako.
Abagize urugaga rw’abikorera ku giti cyabo mu karere ka Nyanza bizihije isabukuru y’imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye ndetse banatera inkunga isaga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 600 abamugariye ku rugamba bo muri aka karere ishyikirizwa ubuyobozi bw’akarere.
Mu nkengero z’umuyi wa Nyanza mu karere ka Nyanza hadutse itsida ry’abagore bamaze kwishora mu mukino utemewe w’urusimbi aho bacyuza abantu utwabo bakoresheje uburyo bw’amanyanga akunze kuranga uwo mukino bita ko ari uw’amahirwe ariko mu by’ukuri wihishemo ubushukanyi.
Umubyeyi witwa Mujawamariya Virginie w’imyaka 26 utuye mu murenge wa Busoro wibarutse abana batatu ku itariki ya 12/08/2014 bikaba bigaragara ko nta bushobozi afite bwo kubarera, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwahise bwiyemeza kumubonera ubufasha ndetse no kuzamuba hafi mu buryo bwose bushoboka.
Gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi yiswe “Twigire Extension Model” yatangijwe ku mugaragaro n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) mu karere ka Nyanza yishimiwe n’abahinzi n’aborozi muri aka karere bemeza ko buzatuma umusaruro wabo urushaho kwiyongera.
Umurambo w’umugabo witwa Ndagijimana Ananias w’imyaka 49 y’amavuko watoraguwe mu cyuzi cya Nyamagana kiri mu mudugudu wa Nyamagana A mu Kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuri iki cyumweru tariki 10/08/2014 ahagana saa tatu za mu gitondo.
Abasore babiri bombi bakomoka mu karere ka Gisagara ku isaha ya saa tanu z’ijoro tariki 08/08/2014 barwaniye mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza barakomeretsanya bikomeye bapfa umukobwa ukora ingeso y’uburaya.
Mu ntara y’amajyepfo hatashywe amazu atandatu yubatswe n’ibigo byigisha imyuga byaho, agenewe abarokotse Jenoside batishoboye. Ibi ngo biri muri gahunda ya Minisiteri y’uburezi y’uko ibigo by’imyuga n’ubumenyingiro bikora ibikorwa by’ingirakamaro ku baturarwanda.
Nyabyenda Jean Baptiste uzwiho gukora imirimo y’ubupfumu mu mudugudu wa Mugandamure B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yateye undi inkota aramukomeretsa bikomeye mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 04/08/2014 arangije amusiga mu ishyamba aratoroka.
Mu gihe kuri uyu wa gatanu tariki 01/08/2014 hizihizwa umunsi w’umuganura ku rwego rw’igihugu, mu karere ka Nyanza mu Rukari ho haraye hamuritswe inka z’inyambo nazo zagaragazwaga imbere y’umwami igihe cy’umuganura.
Urubyiruko rutandukanye rwo mu karere ka Nyanza 433 rurahamya ko amahugurwa rwahawe mu gihe cy’amezi atatu gusa atabaye impfabusa, kuko hafi ya rwose rwamaze kwihangira imirimo yo kuruteza imbere rudategereje gusabiriza akazi.
Itsinda ry’abakozi b’ikigo The Institute of Policy Analysis and Research (IPAR) bari mu karere ka Nyanza kuva tariki 29 kugeza ku ya 30/07/2014 mu rwego rwo gukora ubushakashatsi bwimbitse ku ruhare imihigo igira mu iterambere ry’abaturage.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi wabaye tariki 26/07/2014 umuyobozi w’akarere ka Nyanza Bwana Murenzi Abdallah yabwiye abari muri uyu muganda ko bagomba kwita ku iterambere ry’igihugu ngo kuko nta wundi rireba usibye Abanyarwanda ubwabo.
Nzabandora Ariel w’imyaka 30 y’amavuko uvuka mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza mu ijoro rya tariki 25/07/2014 ahagana saa tatu z’ijoro yishe mukuru we witwa Tubisabimana Eliya amukebye ijosi.
Abakora umwuga w’itangazamakuru n’abayobozi batandukanye bo ku rwego rw’Intara y’Amajyejyepfo biyemeje gushyiraho uburyo buhamye bwo kunoza imikoranire hagati y’izi nzego zombi.
Umuryango utabara imbabare wa Croix Rouge y’u Rwanda (CRR) n’abakorerabushake b’uyu muryango mu mirenge inyuranye y’akarere ka Nyanza ntibavuga rumwe ku iyongera ry’umusanzu urimo gusabwa abanyamuryango.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko itorero ry’igihugu asanga ari urufunguzo rufungura imyumvire y’Abanyarwanda kugira ngo bashobore kwitoza ndetse no gutoza abazabakomokaho kuba inyangamugayo no gukorera mu mucyo.